Nate Ament, Umunyarwanda ubaye uwa mbere ugiye gukina shampiyona ya basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (NBA), akaba umwe mu bakinnyi bakiri bato bari kuzamuka neza muri uyu mukino, yagarutse ku rugendo rwe yatangiye akiri umwana, agaragaza ko rutari rworoshye ariko yarufashijwemo n’inkunga idasanzwe ya Maman we.
Mu gihe umuziki nyarwanda ukomeje kwaguka no kugera ku rwego mpuzamahanga, abahanzi batandukanye bakomeje kuzana ibikorwa bishya, aho umuhanzi Mishou yashyize hanze indirimbo nshya yise “Angelina”, ishimangira ubwiza n’agaciro k’umukobwa w’Umunyarwandakazi.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), Dr Damascene Bizimana yagaragaje ubugome bwaranze abateguye bakanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, by’umwihariko Perefe Bagambiki Emmanuel wayoboraga icyahoze ari Perefegitura ya Cyangugu.
Umutoza w’ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa (Les Bleus), Didier Deschamps, ntazatoza umukino wa nyuma wo mu itsinda mu gikombe cy’Isi, buzahuramo na Norway, nyuma yo gusubira mu Bufaransa kujya gushyingura nyina witabye Imana.
Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Colonel Pacifique Kayigamba Kabanda, yakiriye Bwana Abdoul Aziz Aguissa, Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta muri Mali, n’itsinda ayoboye mu ruzinduko rw’akazi agirira mu Rwanda.
Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Gao Wenqi, yavuze ko umushinga wo kubaka no kuvugurura umuhanda wa Prince House – Masaka ari umwe mu mishinga y’ingenzi mu iterambere ry’u Rwanda kuko uhuza Umujyi wa Kigali n’Intara y’Iburasirazuba.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen Mubarakh Muganga, kuri uyu wa Kabiri yayoboye umuhango wo gusoza amahugurwa yahawe Brigade y’abasirikare barwanira ku butaka Icyiciro cya 08, yabereye mu Kigo cy’Amahugurwa ya gisirikare i Nasho, mu Karere ka Kirehe.
Umubyeyi warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, Uzamukunda Leocadia, umwe mu batuye mu Rugo rw’Impinganzima rwa Rusizi, yatanze ubuhamya bukomeye ku bugome ndengakamere yakorewe n’umuryango we muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Guverinoma y’u Rwanda yiyemeje kuzakomeza gutanga umusanzu wayo mu rugamba rwo guhashya burundu icyorezo cya SIDA mu 2023, binyuze muri gahunda y’Igihugu ishingiye ku buyobozi buboneye, ubufatanye n’abaturage, ubwishingizi bw’ubuzima kuri bose, ndetse n’ingamba zishingiye ku bushakashatsi n’ibimenyetso bifatika.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zahagaritse by’agateganyo ibihano zari zarafatiye Iran mu gihe cy’iminsi 60, nyuma y’ibiganiro bya mbere byabaye mu rwego rw’amasezerano y’amahoro akiri mu ntangiriro hagati y’impande zombi.
U Rwanda rwateye intambwe ishimishije kandi iteye ishema mu rwego rw’ubuzima aho rwarengeje ibikorwa 100 byo gusimbuza impyiko (kidney transplants) kuva hatangizwa gahunda ya Living Donor Kidney Transplant Program muri Gicurasi 2023.
Rutahizamu wa Manchester City n’u Bubiligi ukina aca ku ruhande, Jeremy Doku, yateje impaka nyuma yo kuva mu mwiherero w’ikipe y’igihugu iri mu gihe cy’Igikombe cy’Isi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ajya kuba hafi umugore we wibarutse umwana wabo wa mbere.
Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana, yakiriye ndetse ashimira abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami ry’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga (UR-CST) ku bwo kwitwara neza mu marushanwa mpuzamahanga ya Huawei ICT Competition Global Finals ryaberaga i Shenzhen mu Bushinwa.
Ishyirahamwe rya Basketball mu Rwanda (FERWABA) ryatangaje ko ryahagaritse abakinnyi babiri, Ntore Habimana na Axel Olenga Mpoyo igihe cy’umwaka umwe (1 year suspension) batitabira ibikorwa byose bya Basketball biri mu nshingano zaryo.
Minisitiri w’Intebe Dr Justin Nsengiyumva, yavuze ko u Rwanda rwiteguye kurushaho gishimangira ubufatanye na Lesotho mu bijyanye n’imiyoborere kugira ngo bigirire akamara abaturage b’Ibihugu byombi.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier J.P. Nduhungirehe, yavuze ko u Rwanda rushaka gushyira Umujyi wa Kigali ku rwego mpuzamahanga nk’ahantu hafasha ibihugu byo mu Majyepfo y’Isi (Global South) gusangira ubumenyi n’ubunararibonye.
Prophet Vincent Mackay usanzwe ukorera ivugabutumwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakoze ubukwe na Kate Clinton Ndikumagenge, mu birori bibereye ijisho byabaye ku wa Gatandatu tariki 20 Kamena 2026.
Perezida wa Iran, Masoud Pezeshkian, yatangaje ko igihugu cye kitazigera kiyambura uburenganzira gifite bwo kwihaza kuri uranium, ashimangira ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika nta yandi mahitamo zigomba kuzabyemera.
Ikipe ya Karate ya APR y’abagabo n’ikipe y’abagore ya Club Rafiki zitwaye neza zegukanye irushanwa ry’umunsi umwe ryateguwe na FERWAKA mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni irushanwa ryabereye mu Karere ka Karongi.
Kuva ku wa 20 kugeza kuri uyu wa 21 Kamena 2026, intumwa ziturutse mu Rwanda, Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, ndetse n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, UNHCR, zahuriye i Addis Ababa muri Ethiopia mu biganiro bigamije kurebera hamwe uburyo bwo gufasha impunzi zishaka gutaha ku bushake ziri mu bihugu (…)
Ku wa Gatanu nibwo, Donald Trump yatashye indege nshya itwara Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, izwi nka Air Force One, ikaba ije gusimbura itari isanzwe ikoreshwa. Ni indege yo mu bwoko bwa Boeing 747-8 yatanzwe nk’impano na Qatar ikaba ifite agaciro ka miliyoni 400$.
Sosiyete Nyarwanda y’ubwikorezi bwo mu kirere ya, RwandAir, yinjiye mu bufatanye n’Urwego rwa Leta ya Nigeria rushinzwe inganda, ubucuruzi n’ishoramari, mu kwagura umuhora w’ubwikorezi bw’imizigo uhuza Nigeria n’Afurika y’Iburasirazuba n’iy’Amajyepfo.
Umuvugizi Wungirije wa RDF, Lt Col Kabera yasabye abagize Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda kugira uruhare rugaragara mu kurwanya abahakana Jenoside n’abakwirakwiza ingengabitekerezo yayo.
Donald Trump, yatashye ku mugaragaro indege nshya itwara Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika izwi nka Air Force One itandukanye n’iyari isanzwe haba kunmabara ndetse n’ikoranabuhanga ikoranywe.
Uyu munsi ikoranabuhanga ryazanye ibyiza byinshi, ariko nanone rifite ingaruka mu buryo bumwe cyangwa ubundi ku mibanire y’abantu by’umwihariko mu miryango, aho rikomeje guhindura imibereho ndetse kikaba n’ikibazo abahanga basanga kimaze gufata indi ntera kuko hari n’aho riri gusenya imiryango.
Mu gihe abana benshi bari mu myaka iri hagati ya 6 na 10 usanga baba bakiri mu mashuri abanza biga gusoma, kwandika no kubara, umwana w’umukobwa umwe ukomoka muri Mexico we ntiyigeze agira umwanya wo kunyura muri ibyo byiciro kubera ubwenge budasanzwe afite.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Hon. Olivier J.P. Nduhungirehe, mu ruzinduko yagiriye muri Afurika y’Epfo, yahuye n’Abanyarwanda batuye muri icyo Gihugu abagaragariza ishusho rusange y’umubano warwo na Afurika y’Epfo.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yatangaje ko imurikabikorwa ry’Ubuhinzi n’Ubworozi rigiye kongera kuba ku nshuro ya 19, guhera ku itariki ya 22 kugeza ku ya 31 Nyakanga 2026 ku Mulindi, mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.
Ubundi kera kwambara ubusa ntabwo byari ibintu bimenyerewe ku muntu udafite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe, ariko uyu munsi byamaze gufata indi ntera, aho abantu mu byiciro byose basigaye bategura igikorwa cyo guhurira hamwe bambaye uko bavutse kuburyo n’ababibona ntacyo biba bibatwaye.
Intumwa ziturutse mu Ishuri Rikuru ry’Igihugu cya Nigeria ry’Ubushakashatsi ku Mutekano (NISS), ziri mu Rwanda mu rugendoshuri rw’icyumweru, zasuye Ikigo cya Mutobo gishinzwe kwakira no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu mitwe yitwaje intwaro giherereye mu Karere ka Musanze.