Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko mu bipimo 93 byafashwe kuri iki Cyumweru tariki 27 Ukwakira 2024, byagaragaje ko nta muntu wanduye icyorezo cya Marburg.
Abantu 50 biciwe mu gitero cyagabwe n’abarwanyi b’umutwe wigometse kuri Leta ya Sudani, Rapid Support Forces (RSF), mu biturage byo muri Leta ya al-Jazira.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu, tariki 26 Ukwakira 2024 habonetse undi muntu mushya wanduye icyorezo cya Marburg.
Umuhanzikazi Shengero Aline Sano umaze kwamamara nka Alyn Sano, akaba umwe mu b’igitsinagore bahagaze neza, nyuma yo kugirira urugendo muri Kenya mu rwego rwo kumenyekanisha ibihangano bye, yahamije ko bitazarangirira aho kuko afitanye imishinga itandukanye n’abahanzi bo muri icyo gihugu.
Urukiko rwa Uganda, rwakatiye Thomas Kwoyelo, wari umuyobozi w’inyeshyamba za Lord Resistance Army (LRA), igifungo cy’imyaka 40 kubera ibyaha by’intambara.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Ukwakira 2024, umuntu umwe ari we wakize icyorezo cya Marburg.
Kuri uyu wa Kane, igitero cya Israel, cyahitanye abasirikare batatu ba Lebanon mu Majyepfo y’iki gihugu.
Mu gihe habura ibyumweru bibiri gusa, abatuye muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, abaturage bakihitiramo Umukuru w’Igihugu, abarenga miliyoni zirindwi (7), ntabwo baragira amahitamo y’uwo bazatora hagati y’Umurepubulikani, Donald Trump n’Umudemukarate Kamala Harris.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Ukwakira 2024, umuntu umwe yanduye Icyorezo cya Marburg mu bipimo 81 byafashwe.
Aya masezerano yasinywe kuri uyu wa Gatatu, hagati y’u Rwanda na Samoa agamije gutangiza umubano mu bya dipolomasi, binyuze mu gushyiraho za ambasade hagati y’ibihugu byombi.
Kuri uyu wa Mbere, tariki 21 Ukwakira 2024, Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko umuntu umwe gusa (1) ari we uri kuvurwa Icyorezo cya Marburg.
Igisirikare cya Israel, cyasabye imbabazi ku bw’abasirikare batatu ba Lebanon bishwe ku cyumweru mu gitero iki gihugu cyagabye mu burasirazuba, mu ntambara gihanganyemo n’umutwe wa Hezbollah.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko umuntu umwe (1), yakize mu gihe babiri (2) ari bo bari kuvurwa Icyorezo cya Marburg.
Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, yasuye ahari kubakwa uruganda rukora inkingo rw’Ikigo cy’Abadage kizobereye mu bijyanye no gukora imiti, BioNTech, ruherereye mu Cyanya cyahariwe Inganda kiri i Masoro mu Karere ka Gasabo.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko nta muntu wanduye Icyorezo cya Marburg mu bipimo 103 byafashwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Ukwakira 2024.
Raporo y’umuryango w’abibumbye, ivuga ko abantu miliyari 1,1 babayeho mu bukene bukabije hirya no hino ku Isi.
Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, ari mu ruzinduko mu Rwanda aho aje kureba kureba ishusho y’icyorezo cya Marburg n’uburyo Igihugu gikomeje gushyira imbaraga mu kugihashya.
Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE), yagaragaje ko abantu batatu gusa (3) ari bo basigaye bari kuvurwa Icyorezo cya Marburg mu Rwanda, mu gihe umuntu umwe mu bari barwaye yakize.
Myugariro Buregeya Prince, utari ufite ikipe nyuma yo gutandukana na APR FC, yerekeje muri AS Kigali, asinya amasezerano y’umwaka umwe.
Lt Gen Mohan Subramanian, Umuyobozi w’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Ubibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), yagaragaje ko ashimira byimazeyo Ingabo z’u Rwanda ndetse ashimangira uruhare rwazo mu kubungabunga umutekano mu turere zifite mu nshingano.
Abantu 5 bakize Icyorezo cya Marburg mu gihe mu bipimo 271 byafashwe kuri uyu wa Kane tariki 17 Ukwakira 2024.
Muri Kenya abagize umutwe wa Sena 53, batoye icyemezo cyo kweguza Visi Perezida w’icyo gihugu, Rigathi Gachagua ushinjwa ibyaha 11 birimo no kubiba amacakubiri.
Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko amakuru yasohotse mu bitangazamakuru birimo The New Humanitarian na Le Monde, yashinjaga ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Santrafurika, ibikorwa birimo gufata ku ngufu n’ihohotera rishingiye ku gitsina, ari ikinyoma no gukomeza guharabika u Rwanda.
Umuryango mpuzamahanga wita ku kurwanya ubukene n’akarengane (Oxfam), muri raporo nshya watangaje ko ibibazo by’imfu ziterwa n’inzara kubera amakimbirane abera hirya no hino ku Isi biri ku kigero gikabije.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), zahaye abangavu biga mu ishuri ribanza rya Malakia muri Makakal, ubumenyi bwo kwitabara.
Liam Payne wahoze mu itsinda rya One Direction, yitabye Imana ku myaka 31 muri Argentine nyuma y’uko ahanutse ku rubaraza rw’igorofa ya gatatu ya hoteli mu Mujyi wa Buenos Aires.
Thomas Tuchel ukomoka mu Budage, wigeze no gutoza Chelsea, yagizwe umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu y’u Bwongereza (Three Lions), asinya amasezerano y’amezi 18.
Ishami ry’Umuryango w’abibumbye rishinzwe ibiribwa ku isi (WFP), ryatangaje ko abantu barenga miliyoni 27 bibasiwe n’amapfa akomeye mu kinyejana cya 21, ndetse byumwihariko miliyoni 21 z’abana bafite ikibazo gikomeye cy’imirire mibi.
Urukiko rukuru muri Kenya rwateye utwatsi icyifuzo cya Visi Perezida, Rigathi Gachagua wasabaga ko rwabuza Umutwe wa Sena kwiga ku cyemezo cyo kumukura ku butegetsi.