Icyiciro cy’abagabo cyatangiye guhatanira shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 mu gusiganwa n’igihe batangiye gusinwa ibilometero 40.6 bahagurukiye muri BK Arena i Remera.
Kuri iki Cyumweru, Marlen Russel yegukanye shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 mu bagore mu gusiganwa n’igihe.
Kuri iki Cyumweru hatangiye Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025, ibereye bwa mbere muri Afurika ikabera mu Rwanda.
Kuri iki Cyumweru muri BK Arena hafunguwe ku mugaragaro Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 iri kubera mu Rwanda kugeza ku wa 28 Nzeri 2025.
Rutahizamu wa Rayon Sports Ndikumana Asman ashobora kumara amezi ane adakina nyuma yo kuvunikira mu mukiko wa CAF Confederation Cup yatsinzwemo na Singida Black Stars igitego 1-0.
Umunya-Mali Drissa Kouyate ufatira ikipe ya Rayon Sports yaguye mu muyoboro w’amazi ubwo yavaga ku mukino iyi kipe yatsinzwemo na Singida Black Stars 1-0 kuri KigaliPeleStadium.
Rutahizamu w’ikipe ya Rayon Sports Ndikumana Asman yajyanywe mu bitaro avukiniye mu mukino yatsinzwemo na Singida Black Stars igitego 1-0 kuri uyu wa Gatandatu.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yatsinzwe na Singida Black Stars yo muri Tanzania igitego 1-0 mu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Confederation Cup wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.
Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire uri mu basiganwe byo kwishimisha mbere y’uko kuri iki Cyumweru Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 itangira, yavuze ko yabonye kunyoga igare bitoroshye, ibigaragaza ko iyi shampiyona ashishikariza Abanyarwanda gukurikira izaba ikomeye.
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere izaba itangiriye imbere mu nyubako. U Rwanda rurimo kwakira iya 2025 izatangira ku Cyumweru tariki 21 Nzeri 2025.
Abakinnyi 23 bazahagararira u Rwanda muri shampiyona y’Isi y’Amagare yo mu muhanda 2025 ndetse n’abatoza babo bavuga ko bafite ikizere cyo kwitwara neza bagakora amateka yiyongera ku kuba u Rwanda rwakiriye iri rushanwa.
Habura amasaha macye u Rwanda rugakora amateka yo kuba igihugu cya mbere muri Afurika cyakiriye shampiyona y’Isi y’Amagare imaze imyaka 103 ikinwa kinyamwuga, aho izamara icyumweru ikinirwa mu Mujyi wa Kigali.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwatangaje ko rwataye muri yombi Kalisa Adolphe Camarade wari Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA na Tuyisenge Eric "Cantona" ushinzwe ibikoresho mu Amavubi.
Ishyirahamwe ry’Umukino wa Biyari mu Rwanda ryongeye gutegura irushanwa rya Rwanda Cue Kings riri kuba ku nshuro ya kabiri mu 2025, ryitabiriwe n’amakipe 15.
Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda Shema Ngoga Fabrice yahaye ikipe ya Rayon Sports WFC Miliyoni eshanu z’Amafaranga y’u Rwanda nyuma kugera ku mukino wa CECAFA isezereye Kampala Queens muri 1/2 kuri penaliti 4-3.
Kuri iki Cyumweru, ikipe y’Amagaju FC yatsindiye AS Kigali kuri Kigali Pelé Stadium mu mukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona 2025-2026.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yandiye Kiyovu Sports kuri Kigali Pele Stadium igitego 2-0, mu mukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona 2025-2026, Police FC ihatsindira Rutsiro FC 2-1.
Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda yageneye abakinnyi b’Amavubi n’abagize itsinda tekinike agahimbazamusyi karenga miliyoni 40 Frw ye ku giti cye nyuma yo gutsindira Zimbabwe muri Afurika y’Epfo igitego 1-0.
Kuri uyu wa Kabiri, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ryatangaje ko amakipe yemerewe gukinisha Abanyamahanga umunani muri shampiyona bari kibuga kimwe.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsindiye Zimbabwe igitego 1-0 muri Afurika, mu mukino w’umunsi wa munani wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026.
Kuri uyu wa Mbere, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi yakoreye imyitozo kuri Orlando Stadium muri Afurika y’Epfo aho yakirirwa na Zimbabwe kuri uyu wa Kabiri mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi, kapiteni n’abatoza bizeza Abanyarwanda intsinzi bakumbuye.
Rutahizamu w’Amavubi Nshuti Innocent ntabwo azakina umukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026 uzahuza Zimbabwe n’Amavubi kuri uyu wa Kabiri saa cyenda zuzuye.
Kuri iki Cyumweru, Nkaka Longin wayoboraga ikipe ya Muhazi United yeguye kuri uwo mwanya.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Kiyovu Sports yashyize hanze ibiciro by’umukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona 2025-2026 uzayihuza na Rayon Sports aho itike ya macye ari ibihumbi 5 Frw ahasigaye hose.
Mu gihe kuri uyu wa Gatandatu, u Rwanda rwitegura kwakirirwa na Nigeria kuri Godswill Akpabio International Stadium mu mukino w’umunsi wa karindwi wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026, abarimo Enzo, Kavita na Biramahire Abeddy bari mu bakinnyi bashobora kubanza mu kibuga kuri uyu munsi.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe y’igihugu y’u Rwanda yakoreye imyitozo ya mbere muri Nigeria yitegura umukino w’umunsi wa karindwi wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026 uzayihuza na Nigeria.
Shema Ngoga Fabrice uheruka gutorerwa kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, akaba yanaherekeje Amavubi mu mikino ibiri yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026 azakina na Nigeria na Zimbabwe yavuze ko gutsindwa bitari mu byo abara kuko iyo uherekeje ikipe, uba utwaye igihugu.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri saa mbili n’iminota 55, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda "Amavubi" irahaguruka i Kigali yerekeza muri Nigeria aho igiye kuhakinira umukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026 mbere yo gusura Zimbabwe muri Afurika y’Epfo.
Kuri uyu wa Gatandatu, Shema Ngoga Fabrice yatorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda kugeza mu 2029.
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye n’Umunya-Cameroon Asanah Nah wayikiniye amezi atanu.