Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatsinze Zambia ibitego 34-26 mu mukino wa kabiri wo guhatanira imyanya mu Gikombe cya Afurika cya Handball kiri kubera mu Rwanda kuva tariki 21 Mutarama 2026.
Ikipe ya Rayon Sports irifuza abakinnyi batatu ba Mukura VS barimo myugariro w’iburyo Uwumukiza Obed, Iradukunda Elie Tatou usatira anyuze ku mpande na Joseph Sackey ukina hagati yugarira.
Umutoza Imurora Japhet wabaye umutoza wungirije muri Musanze FC baheruka gutandukana bisabye kungwa na FERWAFA yasinyiye Amagaju FC nk’ushinzwe ubuzima bwa buri munsi bw’abakinnyi n’umutoza wungirije.
Kuri uyu wa Kane, ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yatsinzwe na Algeria ibitego 46-25 mu mukino wa kabiri w’Igikombe cya Afurika 2026 kiri kubera mu Rwanda.
Ikipe ya Police FC yasinyishije abakinnyi bane barimo Nshimirimana Ismael Pitchou wakiniye APR FC na Kiyovu Sports.
Kuri uyu wa Kane, Ikipe ya Gasogi United yasinyanye amasezerano afite agaciro ka miliyari 1,453,000,000 mu myaka itanu n’umufatanyabikorwa mushya Jayrutty Investment Limited yo muri Tanzania uzajya anayiha n’ibikoresho birimo imyambaro.
Kuri uyu wa Gatatu, mu Rwanda hatangiye Igikombe cya Afurika cya Handball 2026 mu bagabo, ikipe y’u Rwanda yatangiye itsinda Zambia ibitego 30-19 mu mukino wabereye muri BK Arena hanatangirijwe iri rushanwa ku mugaragaro na Minisitiri wa Siporo Nellly Mukazayire.
Ikipe ya Rayon Sports yanganyirije na Al Merrikh SC ibitego 2-2 mu mukino wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Gatatu.
Umusifuzi wo ku ruhande Jabo Aristote wanze igitego cyatsinzwe na APR FC mu mukino wa shampiyona yanganyijemo na Al Merrikh yahagaritswe imikino ine adasifura.
Ikipe ya RGP yegukanye Igikombe cya shampiyona Biyari ’Rwanda Cue Kings Championship’ yakinwaga ku nshuro ya gatatu aho yahigitse amakipe 15 yari yitabiriye arimo Drums yari imaze kuyitwara inshuro ebyiri.
Serumogo Ally wakiniraga Rayon Sports na Shaban Hussein Tshabalala wakiniraga Musanze FC berekanywe n’ikipe ya El Merriekh FC Bentiu nk’abakinnyi bayo bashya.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amagaru mu Rwanda n’Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda bamaganye abafana ba APR FC bakoze ibisa n’imyigaragambyo nyuma y’umukino banganyijemo na Al Merrikh SC 0-0 kubera kutishimira imisifurire.
Perezida Paul Kagame, yakurikiye umukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika 2025 cyaberaga muri Maroc cyasojwe kuri uyu wa 18 Mutarama gitwawe na Senegal.
Kuri iki Cyumweru, hasojwe Igikombe cya Afurika 2025 cyaberaga muri Maroc cyegukanywe na Senegal itsindiye iki gihugu cyakiriye igitego 1-0, mu mukino wa nyuma, wagaragayemo impaka bitewe na penaliti yahawe Morocco, abakinnyi ba Senagal bakava mu kibuga umukino ugahagarara iminota 16.
Ikipe ya Rayon Sports yatandukanye na kapiteni wayo Serumogo Ally nyuma y’uko asabiwe n’abafana gusimbuzwa mu mukino iyi kipe yanyagiwemo na Al Hilal SC kuri uyu wa Gatandatu, yasimbuzwa bakamuvugiriza induru.
Kuri uyu wa Kane, Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahuye n’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura igikombe cya Afurika cya kizabera mu Rwanda kuva tariki 21 kugera tari 31 Mutarama 2026 abaha impanuro n’inshingano yo guhagararira Igihugu neza.
Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watoje Rayon Sports n’Umwongereza Mark Harrison n’Umunyarwanda Mateso Jean de Dieu uzungiriza umwe muri bo, bari mu batoza bashobora gutoza Amagaju FC aheruka gutandukana n’abatoza bayo bose.
Ikipe y’igihugu ya Senegal na Morocco zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika cya 2025 kiri kubera muri Maroc nyuma yo gusezerera Misiri na Nigeria muri 1/2.
Ikipe ya Etincelles FC ishobora gutandukana n’umutoza Masudi Djuma nyuma y’ubwumvikane bucye hagati ye n’abakinnyi bamusabiye ko yakwirukanwa.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amagaru mu Rwanda ryatangaje ko ryahagaritse Umunya-Algeria Adel Amrouche wari umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi nyuma y’uko atubahirije ibikubiye mu masezerano.
Kuri uyu wa Kabiri, Dr Mugemana Charles wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports yitabye Imana azize uburwayi.
Umutoza mushya wa Rayon Sports Bruno Ferry yahagaritse rutahizamu Ndikumana Asman kubera gukina ibyo atamutumye mu kibuga ku mukino banyagiwemo na APR FC.
Kuri uyu wa Mbere, ikipe y’Amagaju FC yirukanye abatoza batanu bayobowe n’umutoza mukuru Niyongabo Amars nyuma yo kwandagazwa na Al Hilal SC batsindwa ibitego 8-0 mu mukino wa shampiyona wabaye ku wa 11 Mutarama 2026.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Al Hilal SC yanyagiriye Amagaju FC ibitego 8-0 kuri Kigali Pele Stadium mu mukino wa shampiyona wakinwe bwa mbere saa tatu z’ijoro mu Rwanda mu gihe wanabuzemo umuriro.
Ikipe ya FC Barcelona yegukanye igikombe kiruta ibindi muri Espagne nyuma yo gutsindira Real Madrid ibitego 3-2 ku mukino wa nyuma wabereye muri Saudi Arabia kuri iki Cyumweru.
Ikipe ya Musanze FC yatangaje ko yagurishije Umurundi Shaban Hussein Tshabalala yari yasinyishije mu mpeshyi ya 2025, aho yaguzwe miliyoni 20 Frw na El Merriekh Bintiu izajya imuhemba ibihumbi bitatu by’amadolari.
Ikipe ya Al Merrikh SC yanganyirije na Mukura VS igitego 1-1 kuri Kigali Pele Stadium mu mukino wa shampiyona wabaye kuri iki Cyumweru, mbere yo kwakirwa na APR FC.
Kuri uyu wa Kane, ikipe ya Al-Merrikh SC yanganyirije na Police FC kuri Kigali Pelé Stadium 1-1, Al Hilal ihatsindira Etincelles FC 2-0 mu mikino y’inyongera ku munsi wa 14 shampiyona.
Umudage Daniel Gathof n’Umuholandi Bart Classens bagize ikipe ya SURF Pro nibo begukanye isiganwa ry’amagare yo mu misozi 2025 ryaberaga mu Rwanda ku nshuro ya gatanu mu gihe BeMC-Ndabaga irimo Ntakirutimana Martha yaryegukanye mu bagore.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 3 Ukuboza 2025, hakinwe agace ka gatatu k’Isiganwa ry’Amagare yo mu Misozi 2025, kegukanwe na Daniel Gathof na Bart Classens bagize ikipe ya SURF Pro yongereye amahirwe yo gutwara iri siganwa rizasozwa ku wa Gatanu.