Kuri uyu wa Mbere i Addis Ababa muri Ethiopia hatangiye imikino y’Akarere ka Gatanu muri Handball #IHFTroph Zone 5, u Rwanda rutangira rutsinda Tanzania mu batarengeje imyaka 18 na 20.
Ikipe ya Mukura VS yaregeye FERWAFA umusifuzi Nsengiyumva Jean Paul wakubise umugeri myugariro wayo Mbonyamahoro Serieux mu mukino wa BK Pro League batsindiwe na Rustsiro FC i Huye ibitego 2-1.
Amakipe ya RAC, RBC na CHUB yegukanye ibikombe mu irushanwa ry’imikino y’abakozi ihuzwa no kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo.
Umurundi Girumugisha Jean Claude ukinira ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani iri gukina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda 2025-2026 nk’umushyitsi yavuze ko Dauda Yussif ukinira APR FC ari umwe mu bakinnyi beza yabonye mu Rwanda.
Kuri iki Cyumweru hakinwe imikino itatu y’umunsi wa 29 wa BK Pro League 2025-2026 Mukura VS itsindirwa mu rugo na Rutsiro FC mu mukino umusifuzi yakubisemo umukinnyi umugeri.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yanganyirije na APR FC igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa 29 wa BK Pro League 2025-2026 wabereye kuri Stade Amahoro.
Nyuma y’uko kwerekeza muri Al Hilal SC kwa myugariro wa APR FC Niyigena Clement byanze muri Mutarama 2026, uyu musore yavuze ko bakimukeneye bavugana kandi ko nta biganiro byo kongera amasezerano arimo na APR FC.
Amakipe ane aturuka mu Rwanda no mu Misiri niyo azakina imikino ya 1/2 cya Shampiyona ya Afurika ya Volleyball iri kubera mu Rwanda giteganyijwe kuri uyu wa Gatanu.
Myugariro wo mutima w’u bwugarizi wa APR FC Niyigena Clement yavuze ko imvune atari yamera neza 100% ku buryo yakina umukino wa BK Pro League uzabahuza na Rayon Sports ku wa 2 Gicurasi 2026.
Ku nshuro ya mbere mu mateka ikipe yo mu Rwanda izakina umukino wa nyuma Shampiyona ya Afurika y’amakipe yabaye aya mbere iwayo, aho ku nshuro ya 47 iri kubera mu Rwanda kuva tariki 20 Mata 2026.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe Atletico Madrid yanganyirije mu rugo na Arsenal igitego 1-1 mukino ubanza wa 1/2 cy’irangiza cya UEFA Champions wabereye muri Espagne.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, Perezida Paul Kagame yitabiriye umukino ubanza wa 1/2 cy’irangiza cya UEFA Champions League Atletico Madrid yakiriyemo Arsenal mu gihugu cya Espagne.
Kuri uyu wa Gatatu, Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abagore yatomboye ikipe y’igihugu Ethiopia mu ijonjora rya kabiri ry’imikino yo gushaka itike yo kuzakina Imikino Olempike ya 2028 izabera i Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ku wa Kabiri, tariki 28 Mata 2026 ikipe y’igihugu ya Nepal yatsinze u Rwanda mu irushanwa rya ICC Women’s Challenge riri kuba bwa mbere rikabera mu Rwanda, bigabanyiriza Abanyarwandakazi amahirwe yo gutwara igikombe.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya PSG yatsindiye iwayo Bayern Munich ibitego 5-4 mu mukino ubanza wa 1/2 cya UEFA Champions League wari uryoheye ijisho ukarangwa n’irumbuka ry’ibitego ku mpande zombi
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Rayon Sports yatsindiye Amagaju FC ibitego 2-0 kuri Stade Kamena mu mukino w’umunsi wa 28 wa BK Pro League, yongera kubona intsinzi bwa mbere nyuma y’amezi abiri ikina mu kibuga, hatabariwemo mpaga yateye Gasogi United.
Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umukino w’iferamakofe Niyonzima Pacifique yasinyiye ikipe ya BodyMax nk’umukinnyi wabigize umwuga avuye mu Inkuba Club.
Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 25 Mata 2026, abakinnyi bitabiriye irushanwa rya Cricket rya ’ICC Women’s Challenge Trophy’ ribaye bwa mbere mu mateka rikabera mu Rwanda bifatanye n’Abanyarwanda mu muganda usoza ukwezi kwa Mata 2026.
Kuri uyu wa Gatandatu, Ikipe ya Mukura VS yatangaje Jibu nk’umuterankunga wayo mushya uzajya ayifasha ibirimo guhemba umukinnyi mwiza w’ukwezi.
Ikipe ya APR FC yatsindiye Mukura VS ibitego 3-0 kuri Stade Kamena, mu mukino w’umunsi wa 28 wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda ’BK Pro League’.
Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali Dr. Diane Karusisi yavuze ku makuru amaze iminsi avugwa y’imikoranire n’ikipe ya Rayon Sports aho ateruye ngo abihakane ngo cyangwa abyemeze.
Kuri uyu wa Gatanu, Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda rwasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano y’imyaka itanu n’igice yo kwitirirwa iyi shampiyona, afite agaciro ka miliyari 3 na miliyoni 250 Frw. Kuva ubu, iyi shampiyona yafashe izina rya ’BK Pro League’.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ryatangaje ko ryahagaritse by’agateganyo Imurora Japhet ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi mu Amagaju FC mu bikorwa byose bya ruhago kubera kubera ibyiswe imyitwarire idahwitse ifitanye isano n’amajwi yagiye hanze yumvikanamo ibisa nko kugena ibiva mu mukino banatsinzemo Musanze (…)
Amakipe ya Police VC na Kepler VC yabonye intsinzi mu mukino wa mbere wa Shampiyona ya Afurika muri Volleyball iri kubera mu Rwanda, REG VC itungurana itsindwa.
Ikipe ya Rayon Sports yanganyirije na Gorilla FC kuri Kigali Pele Stadium igitego 1-1 mu mukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro wabaye kuri uyu wa Gatatu.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abangavu yasezerewe na Zambia atareenze ijonjora ry’ibanze ryo gushaka itike y’lgikombe cy’lsi 2026 cy’abatarengeje imyaka 17 nyuma y’umukino wo kwishyura wabereye I Lusaka kuri uyu wa Gatatu.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya APR FC yatsindiye Etincelles FC ibitego 3-1 kuri Stade Umuganda mu mukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro 2026.
Kuri uyu wa Kabiri, Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abagore yatsinze Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu mukino wa gatanu w’Irushanwa rya ICC Women’s Challenge riri kubera mu Rwanda wari uwa gatatu kuri yo.
Ikipe y’Amagaju FC izakirira Rayon Sports kuri Stade Kamena mu mukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona uteganyijwe tariki 26 Mata 2026, mu gihe yifuje kuyakirira i Kigali igasabwa kubikorera i Bugesera.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Man City yatsinze Arsenal ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 33 wari uhanzwe amaso n’Isi kuko wari wafashwe nk’uwagena uzatwara Igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza 2025-2026.