Mu cyumweru gitaha u Rwanda ruzakira inama mpuzamahanga ngarukamwaka ivuga ku bwiza bw’ikawa, hakazashyirwaho imirongo ngenderwaho izafasha ibihugu kumenyekanisha no gucuruza ikawa mu mucyo.
Abamotari bose bakora akazi kabo bambaye imyambaro ibaranga bita ‘amajire’ ariho ibirango n’ubutumwa bw’ibigo by’itumanaho bamamaza. Ibyo bigo biha amafaranga impuzamashyirahamwe yabo ariko bo ntihagire na rimwe bahabwa, bakifuza ko na bo hagira ayo bagenerwa.
Bamwe mu batishoboye bo mu Karere ka Kicukiro bashyikirijwe inzu zigezweho zo guturamo ngo kikaba ari igikorwa cy’ubutwari bw’ubuyobozi bw’igihugu kuko bakuwe ahantu habi bari batuye.
Minisitiri w’Ibidukikije n’umutungo kamere, Dr Vincent Biruta, avuga ko hari umushinga ugiye gutangira vuba wo kubaka intindo nini ebyiri muri Nyabugogo hagamijwe kuhaca imyuzure.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko hazakoreshwa asaga miliyari 4.290Frw mu bikorwa bitandukanye by’ubuzima mu myaka irindwi iri imbere, hagamijwe ko abaturage bagira ubuzima bwiza.
Umuvugizi wa Polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SSP JMV Ndushabandi avuga ko kuba umuntu yaradekaraye bidasimbura icyangombwa cyemeza ko imodoka yakoresheje isuzuma kizwi nka (Contrôle technique) kuko ntacyo aba afite.
Musabyimana Emmanuel ni umwe mu bafite ibikorwa mu gishanga n’ubwo we atemera ko ari mu gishanga, aho yasabwe kubisenya ariko akavuga ko azabanza kwandikira Perezida wa Repuburika ngo amurenganure.
Umujyi wa Kigali ku bufatanye n’Ikigo cy’igihugu cyita ku bidukikije (REMA) wongereye icyumweru kimwe abafite ibikorwa mu bishanga bari barahawe igihe ntarengwa ntibacyubahirize, kuba babikuyeho.
Abaturiye umugezi wa Mpazi unyura mu mirenge itandukanye y’Akarere ka Nyarugenge bahangayikishijwe n’iyuzura ryawo rya hato na hato ribateza ibyago bakifuza ko hagira igikorwa.
Mutatsineza Rosine umaze imyaka itatu akora akazi ko gukanika imodoka nyuma yo kwiga uwo mwuga ahamya ko bimutunze kandi ko ntacyo yararikira cyatuma bamushuka kuko icya ashatse acyigurira.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko poste de santé zigiye kongererwa ingufu bityo zitange serivisi nyinshi kuruta izo zari zisanzwe zitanga hagamijwe korohereza abaturage kwivuza.
Ubuyobozi bwa Polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda bwemeza ko ikibazo cya parikingi za moto muri Kigali kimaze iminsi kivugwa kigiye gukemuka bityo abamotari bareke guhora bavuga ko barengana.
Abasore n’inkumi bize mu ishuri ry’imyuga rya Kigali (KIAC) bemeza ko umwuga bize wo gufotora, gufata amavidewo no kuyatunganya utazatuma basaba akazi ahubwo ko bazagatanga.
Icyumba cy’umukobwa ngo gifite agaciro kanini ku ishuri kuko gifasha abana b’abakobwa bagize ikibazo kijyanye n’imiterere yabo ariko ngo ababyeyi ntibajya bibuka ko gikeneye ibikoresho.
Uruganda rwa Kinazi rukora ifu y’imyumbati ruremeza ko rugiye kubona amasoko atatu akomeye yo muri Amerika muri Leta za California, Colorado na Oregon mu rwego rwo kongera abakiriya banini.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) butangaza ko kuva bwasohora itangazo risaba abahererekanyije ibinyabiziga batarahinduza kubikora bagashyiraho n’itariki ntarengwa, ababikora bikubye inshuro hafi enye ku munsi.
Benshi mu rubyiruko rusoza amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro bagaragaza imishinga myiza y’ikoranabuhanga, ikamurikwa igashimwa ariko nyuma ntumenye irengero ryayo.
Ubuyobozi bwa sosiyete itwara abagenzi mu mujyi wa Kigali KBS, buvuga ko bugiye kuzana izindi bisi 20 ziyongera ku zisanzwe hagamijwe guca imirongo miremire y’abagenzi bazitegereza.
Mu karere ka Nyarugenge ngo hari imiryango itari iya Leta igera kuri 30 ikora ku birebana n’amategeko ariko hakaba hari hazwi itatu yonyine indi ngo igakora mu buryo butazwi.
Ibitaro bya gisirikare bya Kanombe bigiye kwigisha abaganga babaga bakanasubiza umubiri aho wavuye (Plastic surgeons) hagamijwe kuziba icyuho cy’ubuke bwabo kuko mu Rwanda hari babiri gusa.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yahinduye icyemezo yari yafashe cyo gufunga amashuri arindwi y’imyuga n’ubumenyingiro atari yujuje ibyangombwa. MINEDUC yasanze bishoboka ko ibituzuye byazatunganywa ariko abana biga.
Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruvuga ko ibigo bya Isange one stop center bikiri bike bigatuma hari abahohoterwa batabigeraho vuba ngo bafashwe ibimenyetso bitarasibangana.
Umushinga Peace Plan wateye inkunga insengero uzishyiraho ibigega binini bifata amazi akanayungururwa hagamijwe gufasha abahagenda n’abahaturiye kubona ayo kunywa no kugira isuku.
Bamwe mu babyeyi n’abana bakomeje kugaragaza ko bibagora kubona amanota y’abana n’aho boherejwe kwiga mu gihe hasigaye icyumweru kimwe ngo amashuri atangire.
Minisiteri y’Uburezi ivuga ko imitsindire y’abasoje amashuri abanza muri 2018 yamanutseho 5.2% ugereranyije na 2017 ariko ngo ntibikanganye ahubwo irabyishimira kuko bitamanutse cyane.
Ibitaro bya CHUK byakiriye uwo mugore n’umwana we nyuma y’uko barohowe bitangaza ko ubu bameze neza ariko ko bagikurikiranwa.
James Musoni yagejeje impapuro zimwemerera kuba Ambasaderi w’u Rwanda muri Zimbabwe kuri Perezida w’icyo gihugu, Emmerson Mnangagwa.
Shema Blessing Gianna wigaga kuri Kigali Parents School yabaye uwa mbere mu gihugu mu bana bakoze ikizamini gisoza amashuri abanza avuga ko abikesha kuba yarigiraga ku ntego.
Umunyamabanga wa Leta muri MINEDUC ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr Isaac Munyakazi, yavuze ko abanyeshuri bakopeye amanota yabo atasohotse mu rwego rwo kubahana.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 31/12/2018 ahagana saa mbiri n’igice, umugore wo mu kigero cy’imyaka 26 yiroshye muri Nyabarongo ku kiraro cy’ahitwa kuri Ruliba kigabanya akarere ka Nyarugenge na Kamonyi.