Mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri ni bwo Komisiyo y’amatora yashyize hanze urutonde rw’ abagore, batorewe guhagararira bagenzi babo mu nteko ishinga amategeko.
Mu Rwanda hatangiye inama mpuzamanga igamije kwiga uko ubuhinzi muri Afurika bwatezwa imbere kugira ngo umusaruro uzamuke ndetse n’imirimo ibukomokaho ikiyongera.
Umuryango AJPRODHO uhamya ko Ineternet ifite uruhare runini mu iterwa ry’inda ku bangavu kuko ari yo bashakiraho amakuru ku myororokere cyane ko benshi mu babyeyi batabaganiriza.
Banki y’u Rwanda y’Iterambere, BRD, yahawe inguzanyo ya miliyoni 5 y’Amadolari ya Amerika na Banki y’Amajyambere y’ibihugu by’ibiyaga bigari (BDEGL) izishyurwa mu gihe cy’imyaka itanu.
Kuri uyu wa 30 Kanama 2018, itsinda ry’abasirikare 165 b’u Rwanda bakora mu bijyanye n’indege bagarutse mu Rwanda,bavuye muri Juba muri Sudani y’Epfo.
Banki ya Kigali (BK) itangaza ko yungutse Miliyari 13.4Frw mu mezi atandatu ashize y’umwaka wa 2018 ngo ikabikesha ingufu abakozi bayo bashyizemo.
Imyitozo yiswe Shared Accord 2018 yahawe bamwe mu bakomoka mu bihugu bifite ingabo zibungabunga amahoro muri Centre Africa ngo yitezweho umusaruro ugaragara.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) irimo gushaka uko abashakashatsi n’abanyeshuri muri za kaminuza bakora ubushakashatsi ku by’ubuzima bwazajya bumenyekana kugira ngo bwifashishwe.
Umuryango w’Abibumbye (UN) urashaka ko abagore biyongera mu bikorwa byo kubungabunga amahoro ku isi kuko bakiri bake kandi baba bakenewe ahavutse ibibazo.
Abaturage bo mu karere ka Gicumbi bahamya ko ikinamico bagezwaho n’umuryango uharanira ubutabera (RCN) bazikuramo ubutumwa bw’ingenzi bubafasha kurwanya ihohoterwa.
Abaturage bo mu Karere ka Nyarugenge basabye abakandida-depite b’abagore biyamamariza kujya mu Nteko kuzakemura ikibazo kijyanye n’ibyiciro by’ubudehe nibatorwa.
Autisme, ubumuga bamwe bavuga ko ari uburwayi, ni ikibazo cy’imyitwarire idasanzwe gikunze kugaragara ku bana bato ariko benshi mu babyeyi ntibamenye ibyo ari byo.
Fidèle Rwigamba wari usanzwe ari umudepite ukomoka muri FPR, yemeza ko kugenzura ibikorwa bya Guverinoma bitakozwe neza 100% muri manda ishize ngo akazabyongeramo ingufu natowa.
Kuri uyu wa 13 Kanama 2018, umuryango FPR Inkotanyi watangije igikorwa cyo kwamamaza abakandida bawo bazahatana mu matora y’abadepite azaba muri Nzeri 2018, igikorwa cyabereye mu Karere ka Rulindo.
Ubuyobozi bw’Ubumwe Nyarwanda bw’abatabona (RUB), buhamya ko igihe cyo kuvuga ko utabona ari umuntu utishoboye cyarangiye kuko hari byinshi akora ndetse akanafasha n’ababona.
85% by’abaturage ba Nyarugenge banyuzwe n’imikorere y’abunzi kuko ibibazo byabo birangirira ku kagari ntibasiragire, ngo bakabikesha amahugurwa abo bunzi bahawe n’umuryango (RCN).
Berwa Gisèle, umwe mu rubyiruko rushaka kujya mu Nteko ishinga amategeko, yemeza ko kuyobora akiga muri kaminuza ari byo byamuteye ishyaka ryo kwiyamamariza kuba depite.
Bamwe mu bakandida bigenga bazahatana mu matora y’Abadepite azaba muri Nzeri 2018, bemeza ko biteguye bihagije ku buryo ngo badashidikanya ku ntsinzi.
Umuryango Aegis Trust wamuritse ibitabo bibiri bikubiyemo inyigisho z’amahoro n’urukundo, uhita ubishyikiriza Ikigo cy’igihugu cyita ku burezi (REB) ngo kizabigeze mu mashuri.
Abanyarwanda akenshi bavuga ko umubyeyi wasamye acyonsa, agomba guhita abihagarika, ngo kuko ayo mashereka ashobora kugira ingaruka mbi ku mwana . Ariko abahanga mu mirire bakemeza ko ntacyo amutwara.
Ishimwe Yvette ukora ibikoresho byo mu nzu bitandukanye n’imitako yifashishije umugano ahamya ko byamurinze ubushomeri, akaba yibonera icyo akeneye ntawe asabye.
Minisitiri w’Urubyiruko, Rosemary Mbabazi, yemeza ko umuntu unywa ibiyobyabwenge aba yabaye ingarani (poubelle) ababicuruza babijugunyamo, hanyuma bo bakiyungukira amafaranga.
Abakorana n’umushinga GCS (Global Civic Sharing) w’Abanyakoreya ukorera mu Murenge wa Nyarubaka muri Kamonyi, bahamya ko amahugurwa bahawe n’uyu mushinga yatumye bajijuka ndetse bakaniteza imbere.
Mu Rwanda hasojwe amahugurwa agamije gufasha ahanini urubyiruko n’abagore kwihangira imirimo ibyara inyungu ariko itangiza ibidukikije (Green jobs).
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, atangaza ko icyerekezo cy’u Rwanda ari uko ibyoherezwa mu mahanga biziyongeraho 17% buri mwaka kugeza muri 2024.
Urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) rutangaza ko gukoresha amakarita ya Tap&Go mu kwinjira muri Expo, bizakumira abanyerezaga amafaranga, bitume yose yinjira muri PSF.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi (NAEB) gitangaza ko muri uyu mwaka imboga, imbuto n’indabo bimaze kwinjiriza u Rwanda miliyoni 20 z’Amadolari ya Amerika, asaga Miliyari 17 z’Amanyarwanda.
Abanyemari b’Abayapani bari mu ruzinduko mu Rwanda biyemeje gushora imari mu mishinga itandukanye kuko ngo babonye ari igihugu kibereye ishoramari.
Komisiyo y’amatora (NEC) itangaza ko gukoresha ikoranabuhanga mu gutora mu Rwanda bikiri kure kuko bitaranozwa, bikaba ari ukwirinda ko byateza ibindi bibazo byabangamira amatora.
Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye imiti y’amatungo ifite agaciro k’amafaranga asaga miliyoni 25Frw yafashwe kubera ko itujuje ubuziranenge.