Madame Jeannette Kagame avuga ko uburezi ku mwana buhera mu rugo kuko ku ishuri ahanini ari ugushyira imbaraga mu myigire ye kugira ngo atsinde.
Ndikubwimana Jean Baptiste ashimira cyane ikigo cya Gatagara yagezemo yaramugaye amaguru yombi, ariko akaragorwa agashobora kugendera ku mbago none ubu akaba akora akibeshaho.
Ikigo cya Gatagara muri Nyanza kizwiho kuvura no kwita ku bafite ubumuga bw’ingingo cyazamuwe gihinduka ibitaro byihariye bikazatuma cyongera servisi zahatangirwaga.
Abaforomo bakora mu bigo nderabuzima bababazwa n’uko badahembwa kimwe n’abakora mu bitaro by’uturere n’ibya kaminuza, kandi amashuri n’ibyo bakora ari bimwe bigatuma bakora batishimye.
Mu Rwanda hatangijwe uburyo bushya bwo kurwanya malariya haterwa imiti mu bishanga yica imibu n’amagi yayo ngo bikazagabanya malariya mu buryo bugaragara.
Abajyanama b’akarere ka Gasabo bavuga ko hari ubwo amwe mu mafaranga ajya mu ngengo y’imari atabonekera igihe ikagera ku musozo ataraboneka bikadindiza imwe mu mihigo.
Abaturage bahinga ibirayi mu gishanga cya Nyirabirande cyo mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Burera bishimiye ko umusaruro ugiye kwikuba kabiri kubera gahunda yo kuhira.
Abasiramu ba Kirehe bavuga ko bakibabazwa n’inzirakarengane zazize Jenoside zirimo abari abana n’urubyiruko kuko ubu bari kuba ari amaboko ateza igihugu imbere.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), Isaac Munyakazi, avuga ko nta muntu wize Korohani wakabaye agaragara mu bikorwa bibi kuko irimo inyigisho nziza.
Muri Nyakanga u Rwanda ruzagendererwa n’abayobozi bakomeye barimo uw’u Bushinwa, u Buhinde n’uwa Mozambique, mu rwego rwo kunoza umubano ibihugu bifitanye.
Madame Jeannette Kagame asaba ko mu igenamigambi ry’uturere hashyirwamo gahunda y’imbonezamikurire y’abana bato hagamijwe ko bagira ubuzima bwiza.
Kuva ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda mu iterambere ry’abaturage by’uyu mwaka wa 2018 byatangira, abaturage 39.907 bamaze kuvurwa indwara zitandukanye zari zarabazahaje.
Abafite virusi itera SIDA bo muri Kirehe bahamya ko kuba batagihabwa akato bibaha ingufu zo gutanga ubuhamya banashishikariza abandi kwirinda no gukwirakwiza SIDA.
Ubwo abatuye umudugudu wa Muhororo mu murenge wa Kinyinya muri Gasabo basuraga Ingoro y’amateka yo guhagarika Jenoside, bibukijwe ko gukorera hamwe bituma bagera ku ntego.
Imibare igaragazwa n’Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC), yerekana ko abakirwa kwa muganga bafite ibibazo byo mu mutwe biterwa n’ibiyobyabwenge biyongera buri mwaka.
U Rwanda rurateganya ko muri 2024 abana bato bafite ikibazo cyo kugwingira baba baragabanutse bakava kuri 38% bakagera kuri 15%.
U Rwanda rwatangije ikigega kizajya gifasha abashakashatsi mu mirimo yabo kikazakuraho inzitizi z’amikoro bagiraga zabangamiraga iterambere ry’ubushakashatsi.
Umushinjacyaha mukuru, Jean Bosco Mutangana avuga ko abacuruza n’abatwara ibiyobyabwenge bagiye kujya bahanwa kurusha ababinywa kuko ari bo babigeza kuri benshi.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cyita ku bidukikije (REMA), bwerekanye ko imodoka zishaje ziri muri Kigali ziza ku isonga mu guhumanya ikirere cyaho.
Mu Rwanda hagiye kubakwa ikigo gikomeye kizavura indwara zitandukanye z’umutima, bikazatuma abajyaga kuwivuriza hanze bahenzwe babona ubuvuzi hafi.
Vuguziga Innocent umaranye imyaka myinshi ubumuga bwo kutabona, abasha gukoresha mudasobwa zikoreshwa n’ababona ndetse akaba ari n’umwarimu w’ikoranabuhanga (ICT).
Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu (CLADHO), isanga amafaranga agenerwa abana ashyirwa mu ngengo y’imari ya Leta akiri make, ibyo bigatuma batitabwaho bihagije.
Minisiteri y’Ubuzima itangaza ko ikoreshwa ry’udukingirizo na gahunda yo gufasha ababyeyi banduye virusi itera SIDA kubyara abana bazima (PMTCT) byahagaritse ubwiyongere bwa SIDA.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko mu Rwanda abana 12% bakirwara impiswi kubera amazi mabi akoreshwa mu miryango yabo.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) itangaza ko harimo gutegurwa uburyo bw’ikoranabuhanga buzajya bwifashishwa hagamijwe guca amanyanga yabaga mu kurangiza imanza.
Abahinzi b’ibigori bo mu Murenge wa Kibeho muri Nyaruguru bemeza ko bagiye kugera ku bukire kuko babonye isoko ry’ibigori byabo rihoraho kandi ku giciro bishimira.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) itangaza ko abacuruzi 30 bo muri Kigali bahanwe bazira gucuruza sima ku giciro kiri hejuru y’icyagenwe bitwaje igabanuka ryayo ku isoko.
Guverineri wungirije wa Banki nkuru y’Igihugu (BNR), Dr Monique Nsanzabaganwa yemeza ko mu Rwanda umuco wo kuzigama ukiri hasi kuko ubu 13.8% gusa ari bwo bwizigame bw’igihugu.
Togo yasinyanye amasezerano n’u Rwanda arwemerera gukoresha ibibuga by’indege byose by’icyo gihugu, ibyo ngo bikazatuma ubwikorezi bworoha ku buryo n’ibirayi by’u Rwanda byacuruzwayo.
Minisitiri w’Ibikorwa remezo n’ubwikorezi muri Togo, Ninsao Gnofam, yavuze ko bitumvikana uburyo Rwandair ku rwego rw’imitangire ya serivisi igezeho hari ibihugu bikiyima aho gukorera.