Ubusanzwe ahabera imurikagurisha mpuzamahanga i Gikondo hari hari irembo rimwe ryo kwinjira no gusohoka, bigatuma haba umubyigano cyane cyane mu masaha y’umugoroba bityo bamwe bakibwa bakozwe mu mifuka none hashyizweho indi nzira.
Itsinda ry’Abanyatogo ubwo ryari mu ruzinduko mu Rwanda ryashimye uko u Rwanda rukoresha ikoranabuhanga mu gutanga serivisi nyinshi bikagabanya ruswa, bityo na bo biyemeza kujya kubikoresha iwabo.
Abanditsi babiri aribo Prof Tharcisse Gatwa na Prof Deo Mbonyinkebe, bamuritse igitabo gikubiyemo uko Abanyarwanda bishakiye ibisubizo kugira ngo igihugu gitere imbere, ngo bikaba byabera urugero abandi.
Minisiteri y’Ibikorwaremezo (MININFRA) ku bufatanye na sosiyete ya Bboxx, yatangije uburyo bushya bwo kugura gaze yo gutekesha bitewe n’amafaranga umuntu afite, ahereye kuri 500Frw.
Umuryango Plan International Rwanda watangije gahunda y’imyaka itanu yiswe ‘Girls get equal’ izatwara miliyoni magana atanu z’Amafaranga y’u Rwanda, ikazafasha abakobwa kwigirira icyizere mu byo bakora, bakabasha kwifatira ibyemezo bibareba.
Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) rutangaza ko kwinjira mu imurikagurisha ry’uyu mwaka (Expo 2019) bigiye kuzajya bisabirwa kuri telefone, umuntu akishyura igihe ashakiye akoresheje Mobile Money, ubwo buryo bukaba ngo bugamije guca imirongo n’umubyigano mu kwinjira.
Kwishyura ifumbire n’izindi nyongeramusaruro hifashishijwe ikoranabuhanga ry’Ikofi Banki ya Kigali (BK) yashyiriyeho abahinzi, ngo bizakemura ikibazo cy’abanyerezaga izo nyongeramusaruro ntizigere ku bo zagenewe.
Urubyiruko rwo muri za kaminuza rumaze iminsi mu marushanwa ashingiye ku biganiro mpaka ku buringanire n’ubwuzuzanye (gender), rwemeza ko arufitiye akamaro kuko birwongerera ubumenyi bityo bikarurinda abarushuka ari na ho hava n’abaterwa inda zitateganyijwe.
Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) gitangaza ko ibibazo bya Politiki biri mu bihugu byo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) kitagabanyije imisoro yinjira mu gihugu kuko ubucuruzi butigeze buhagarara.
Akarere ka Kicukiro kamuritse inzu kubatse mu mirenge inyuranye zifite agaciro k’asaga miliyoni 800Frw, zahawe abatishoboye barimo abatari bafite aho baba ndetse n’ababaga mu manegeka.
Abatwara ibinyabiziga cyane cyane ibitwara abagenzi, barasabwa kudaha agaciro amafaranga kurusha ubuzima bw’abantu batwara kuko biri mu bizatuma birinda impanuka za hato na hato zihitana abantu.
Perezida Kagame yasabye abayobozi bakuru b’igihugu kugira umuco wo kwisuzuma, bakitonganya ubwabo kubera aho bagize intege nke aho gutegereza gutonganywa n’undi, kuko ngo ari byo bifasha abantu gutera intambwe.
Ku mugezi wa Nyabarongo iruhande rw’urutindo runini rw’ahazwi nko kuri Ruliba, ahakunze kuba imyuzure ikabuza imodoka ziva i Kigali zerekeza mu Majyepfo cyangwa zivayo gutambuka, harimo gukorwa imirimo izaca iyo myuzure.
Yadufashije Espérance, wo mu muryango w’abo byagaragaye ko basigajwe inyuma n’amateka batuye mu murenge wa Nyamabuye muri Muhanga, akamira abaturanyi be yirengagije ko na we yagurisha amata akikenura.
Abaganga bigenga bavuga ko imashini zifashishwa mu buvuzi zihenze, no kuzikora zapfuye bigahenda cyane kuko mu Rwanda nta babizi bahari, bigatuma zitaboneka henshi bityo serivisi zo kuvura zigahenda.
Perezida Kagame avuga ko Imana irema isi nta bice byaremewe gukena, akavuga ko Afurika n’u Rwanda by’umwihariko bitaremewe guhora bisabiriza kubera ubukene, bityo ko mu myemerere ye bitarimo.
Uwo mudugudu uherereye ahitwa i Karama mu murenge wa Kigali mu karere ka Nyarugenge, ukaba ugizwe n’inzu z’icyerekezo zubatswe zijya hejuru (etages), zatujwemo imiryango 240 itari ifite aho kuba ndetse n’iyakuwe mu manegeka.
Hashize iminsi ku mbuga nkoranyambaga hazenguruka amashusho yerekana umumotari wakubitaga umukobwa, bigaragara ko yamukubitanye umujinya n’ingufu nyinshi.
Umuyobozi mukuru w’Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyi ngiro (RP), Dr James Gashumba, yemeza ko nta gihugu gitera imbere kidafite abize imyuga, kuko iyo badahari ngo kibakura hanze bikagihenda.
Umujyi wa Kigali wateganyije mu ngengo y’imari yawo ya 2019-2020, asaga miliyari 29Frw azakoreshwa mu gukora imihanda ya kaburimbo itandukanye yo mu Mujyi wa Kigali.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) irimo kuganira n’abafatanyabikorwa kugira ngo haboneke amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari cumi n’ebyiri azifashishwa mu gukomeza gukumira icyorezo cya Ebola.
Abahanga mu by’ubuhinzi bavuga ko gukoresha ikoranabuhanga muri uwo mwuga ari byo bizagabanya ibibazo biwurimo, cyane ko ryoroshya ihererekanyamakuru bityo ibikenewe bigakorwa ku gihe.
Abanyamahirwe batandatu bamaze gutombora miliyoni esheshatu z’amafaranga y’u Rwanda muri gahunda ya ‘Ikof’ Banki ya Kigali (BK) yashyiriyeho abahinzi, mu rwego rwo kubafasha gukemura ibibazo bahuraga na byo mu kazi kabo.
Abanyeshuri bo mu ishuri rya Nyagatare Secondary School biga siyansi bahembwe kubera umushinga bakoze wo kubyaza umusaruro impapuro zakoze zajugunywaga cyangwa zigatwikwa, bakazikuramo ikibaho (White board) cyandikwaho.
Madame Jeannette Kagame yemereye ba rwiyemezamirimo b’abagore kubatera inkunga ngo bahangane n’imbogamizi bahura na zo, ariko abasaba kureka kwigana imishinga y’abandi kugira ngo bazamure uruhare rwabo mu mibereho myiza.
Umwanditsi Dr. Oscar Gasana avuga ko ubutwari Abanyabisesero bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bahangana n’abicanyi, bukwiye kubera urugero rwiza Abanyarwanda bose.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Géraldine Mukeshimana, avuga ko gahunda y’Ikofi yo gufasha abahinzi kongera umusaruro yatangijwe na Banki ya Kigali (BK) izafasha mu gukemura ikibazo cy’itinda ry’imbuto n’ifumbire abahinzi bahora bavuga.
Niyomucunguzi Jean Baptiste ukomoka mu Karere ka Burera mu Murenge wa Gahunga avuga ko yagiye kurema isoko rya Kisoro muri Uganda, afatwa na Polisi yaho imushinja kutagira ibyangombwa ahita afungwa akaba arekuwe nyuma y’umwaka.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase, asaba Abayislamu guharanira imibereho myiza y’Abanyarwanda muri rusange n’iyabo by’umwihariko hagamijwe iterambere.
Abayislamu bakomoka mu bihugu 26 bya Afurika n’abakuriye igikorwa cy’amarushanwa yo gusoma Korowani bakomoka muri Aziya, bafashishije ibiribwa bitandukanye abasigajwe inyuma n’amateka bo muri Gicumbi.