Nsengumuremyi Principe utuye mu Karere ka Kicukiro avuga ko amaze gutanga amaraso inshuro 96 kandi ngo ntateze kubihagarika kuko ntacyo bimutwara ahubwo akishimira ko afasha abayakeneye, ndetse akaba yanabihembewe.
Ikigo cy’igihugu cyo gutanga amaraso gitangaza ko mu Rwanda hakiri ikibazo cy’ubuke bw’ubwoko bw’amaraso adakunze kuboneka (Rhésus négatif), nubwo ntawe urabura ubuzima kubera icyo kibazo.
Umuryango Aegis Trust uvuga ko iyo abarezi bahawe ubumenyi mu kubumbatira amahoro na bo bakabugeza ku bana bigisha, bituma ayo mahoro aramba mu gihugu bigakumira imyiryane.
Ikigo Yego Moto ku bufatanye n’abandi bafatanyabikorwa kigiye gufasha abagore n’abakobwa 200 bo mu Mujyi wa Kigali bifuza kuba abamotari kwiga moto n’amategeko y’umuhanda bityo binjire muri uwo mwuga.
Abavanywe ku kirwa cya Iwawa barizezwa kwishyurwa mu ngengo y’imari y’umwaka utaha utangirana n’ukwa karindwi. Ni mu gihe bavuga ko hashize imyaka isaga 20 bategereje kwishyurwa ibyabo basizeyo.
Madame Jeannette Kagame avuga ko ubuzima bw’abakecuru n’abasaza barokotse Jenoside ariko ikabatwarira ababo bose, bureba buri Munyarwanda.
Umukobwa witwa Kamuzizi Sumaya wo mu Karere ka Musanze wari umaze umwaka afungiye muri Uganda, avuga ko igihe cyose yamazeyo yakoreshwaga imirimo ivunanye, yavuga ko ananiwe agakubitwa.
Abaturage bo mu miryango 17 yo mu mudugudu wa Gakoki, akagari ka Gatenga, umurenge wa Gatenga mu karere ka Kicukiro, barasaba kurenganurwa bagahabwa ibyangombwa by’ubutaka bavuga ko ari ubwabo, bamaze imyaka irindwi birukaho ntibabihabwe.
Uwimana (izina yahawe), umubyeyi wo mu karere ka Ruhango avuga ko umugabo we yamutaye nyuma y’uko arwaye indwara yo kujojoba (Fistula) amaze kubyara umwana wa kabiri, akaba yari ayimaranye imyaka 18.
Umuyobozi w’Ingabo mu Karere ka Kicukiro, Lt Col Sam Rwasanyi, avuga ko igihugu kitaba cyiza kubera ko izuba ryarashe cyangwa imvura yaguye gusa, ahubwo ko biharanirwa n’abaturage bacyo.
Umukozi wa Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) ushinzwe gutegura inyigisho zo gukumira ingengabitekerezo ya Jenoside, ihakana n’ipfobya ryayo, Gatabazi Claver, avuga ko kwigisha abana amateka ya Jenoside nubwo ahanda ari inshingano.
Abanyamakuru bo mu bihugu bitandukanye bya Afurika biganjemo abagore bamaze iminsi mu Rwanda, basuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali bashengurwa n’ibyo babonye bajyaga babwirwa.
Inzobere mu bumenyamuntu zemeza ko uwakorewe ihohoterwa cyane cyane irishingiye ku gitsina, atongera gutekereza neza bigatuma ibyo yakoraga bimuteza imbere atongera kubikora.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), ikangurira abahinzi nyarwanda kugira umuco wo kuhira, aho kwiringira ko imyaka yezwa iteka n’imvura, cyane ko n’ibihe byahindutse.
Ba Veterineri bigenga iyo bagiye kuvura amatungo y’aborozi ngo baca amafaranga bishakiye kandi hari iteka rigena ibiciro by’ubuvuzi bw’amatungo, bakaba bahagurukiwe kugira ngo ryubahizwe harengerwa inyungu z’umworozi.
Hashize imyaka igera kuri ibiri (guhera muri Mata 2017) ururimi rw’Igiswahili rwemejwe nk’urwa kane mu ndimi zemewe n’amategeko zikoreshwa mu nzego z’ubutegetsi mu Rwanda, ariko imikoreshereze yacyo ikaba igicumbagira.
Umukozi w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye wita ku Buzima (OMS) mu Rwanda, Rusanganwa André, avuga ko ibibazo bya Politiki biri hagati y’ibihugu bitabuza indwara kubyambukiranya bityo ko bigomba gufatanya mu kuzikumira.
Urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) rwatangije amasomo y’ikoranabuhanga (IT) rishingiye kuri mudasobwa, agenewe abagore n’abakobwa kugira ngo biyongere ku isoko ry’umurimo.
Umuryango Imbuto Foundation ukangurira abantu bose kongera ingufu mu kwitabira gahunda zo kuboneza urubyaro kugira ngo bagire imiryango ibayeho neza.
Ikigo cy’Abanyasuwede kitwa ‘Addressya’ cyatangije mu Rwanda ikoranabuhanga ryo kuranga aho umuntu atuye hose mu gihugu cyangwa akorera, hifashishijwe ikoranabuhanga rya telefone.
Banki ya Kigali (BK) yasinyanye amasezerano n’Ikigo nyafurika cyita ku buhinzi n’ubworozi (AGRA), azatuma abahinzi bahabwa inguzanyo n’iyo Banki badasabwe ingwate.
Banki ya Kigali (BK) yateye inkunga ya miliyoni 45frw abategura irushanwa ngarukamwaka ryo kwiruka n’amaguru ‘Kigali International Peace Marathon’ mu rwego rwo kurishyigikira.
Ubushakashatsi buherutse gukorwa n’imiryango inyuranye ikorera ubuvugizi abo amateka byagaragaye ko yabasigaje inyuma, bwerekana ko hagikenewe ingufu ngo abo amateka yasigaje inyuma na bo bige.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiti n’ibiribwa (Rwanda FDA) buvuga ko bwashyize ingufu mu kugenzura imiti yinjira mu gihugu ku buryo iyinjiye itujuje ubuziranenge idacuruzwa ku isoko ry’u Rwanda.
Inama y’Igihugu y’Urubyiruko mu Karere ka Kicukiro, ku bufatanye n’ubuyobozi bw’ako karere, yatangije imikino y’umupira w’amaguru ihuza urubyiruko, hakanatangirwa ubutumwa bwo gukunda igihugu.
Abahanga mu by’imibanire y’abantu bemeza ko iyo ababyeyi bataganira byimbitse ku buzima bwabo n’ubw’urugo bitaborohera kuganiriza abana, cyane cyane ku buzima bw’imyororokere.
I Kigali hagiye gutangizwa umushinga w’ikitegererezo wo kubaka umujyi utangiza ibidukikije, ukazubakwa mu murenge wa Kinyinya mu karere ka Gasabo ku butaka bwa hegitari 620.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kibagabaga biherereye mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali buvuga ko bihomba miliyoni eshanu buri kwezi kubera abivuza bakananirwa kwishyura.
Madame Jeannette Kagame avuga ko mu mashuri n’ahandi hahurira abantu benshi hakwiye gushyirwa abantu bashinzwe ihungabana kuko rigihari bitewe n’ibikomere bitandukanye abantu bafite.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko impfu z’ababyeyi zagabanutse mu buryo bugaragara kubera ababyaza b’umwuga biyongereye ku buryo buri vuriro nibura rifite umwe.