Abahinzi b’umuceri bibumbiye muri Koperative COOPRIKI – Cyunuzi bavuga ko kutagira imbuga banikaho umusaruro wabo bibatera igihombo.
Minisitiri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iran yamaganye byimazeyo igitero cy’Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyagabwe kuri Venezuela, ivuga ko ari ukurenga ku bwigenge n’ubusugire bw’Igihugu mu buryo bweruye.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu gusoza impera z’umwaka wa 2025 ndetse no kuwinjiramo umutekano muri rusange wagenze neza uretse impanuka enye zabaye ndetse abandi bagafatwa banyweye ibisindisha.
Perezida William Ruto yatangaje ingamba z’igihugu zikomeye zigamije kurwanya ikoreshwa ry’inzoga n’ibiyobyabwenge.
Perezida wa Repubulika ya Gabon, Brice Clotaire Oligui Nguema, yababajwe bikomeye n’ imyitwarire n’umusaruro w’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, nyuma y’icyiciro cy’amatsinda cyafashwe nk’ikitajyanye n’ibyifuzo n’intego z’igihugu mu Gikombe cya Afurika cy’Amakipe y’Ibihugu (CAN) 2025. Ibihano byahise bifatwa bidatinze.
Impunzi z’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda ziri mu nkambi ya Mugombwa, Nyabiheke na Kiziba mu Rwanda, uyu munsi zazindukiye mu myigaragambyo yo kwamagana ivangura Leta ya Congo ikomeje gukorera Abaturage babo bo mu bwoko bw’Abatutsi bavuga Ikinyarwanda/
Raporo ya Banki y’Isi igaragaza uko ibihugu byorohereza ishoramari yashyize U Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afurika mu bijyanye no kugira amategeko yorohereza ishoramari n’imikorere inoze.
Abaturage bo mu Karere ka Kicukiro biyemeje gukora irondo ry’umwuga baharanira ko nta cyabahungabanyiriza umutekano, bakumira icyaha kitaraba, binyuze mu gutangira amakuru ku gihe.
’Twebwe nta byishimo dufite nk’abandi bari kwishimira gutangira umwaka mushya, kuko twimwe uburenganzira ku gihugu cyacu, tubaye mu kababaro k’ubuhunzi’
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko uyu mwaka izina ry’u Rwanda ryogeye hose kubera ibikorwa by’indashyikirwa rwagezeho n’ibirori cyangwa inama zikomeye rwateguye.
Perezida Paul Kagame yabwiye urubyiruko rw’u Rwanda ko ari cyo gishoro gikomeye igihugu gifite, rukaba rukwiye kwitegura icyasabwa cyose ngo rusigasire ibyagezweho, n’iyo byasaba kwitanga.
Ubuyobozi bwa GLADS Apartment bufatanyije n’ubwa Banki ya Kigali (BK), batashye ku mugaragaro ibikorwa by’ishoramari bifite agaciro k’Amafaranga y’u Rwanda arenga Miliyari 7.
Umugabo wo muri Koreya y’Epfo yajyanye umugore we mu nkiko amushinja kumuta ku bushake (malicious abandonment) amuziza kwanga gutanga igice cy’umwijima we kugira ngo arokore ubuzima bwe.
Abadepite bakoze ingendo hirya no hino mu gihugu bareba uko umuryango nyarwanda uhagaze, bagaragaje uko basanze amakimbirane yo mu miryango ari mu byiciro byose by’ubuzima kandi bikajyana n’ingaruka zitandukanye zigera ku bana n’urubyiruko ruyikomokamo.
Inama yahuje Abadepite, abayobozi mu nzego za Leta na Sosiyete Sivile zifite aho zihuriye n’imibereho y’umuryango, urubyiruko n’abandi bahuriye mu Nama Nyunguranabitekerezo ku muryango utekanye n’uruhare urubyiruko rukwiye kugira bafashe ingamba nshya zizahura umuryango nyarwanda.
Umuyobozi w’Urwego ngishwanama rw’inararibonye, Tito Rutaremara, ashima abarimu bakora akazi kabo ko kwigisha batizigamye, ariko akagaya ababyeyi basigaye baratereye iyo.
Dr Chaste Uwihoreye inzobere mu by’imitekerereze n’ubuzima bwo mu mutwe yavuze ko umuryango ujya gusenyuka ubanza ukarwara ndetse ukiremamo amatsinda biturutse ku mpamvu nyinshi ariko zishobora kuvurwa zigakira.
Perezida Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame bazimaniye abanyarwanda mu birori byo gusoza umwaka wa 2025
Perezida Paul Kagame yabwiye urubyiruko ko u Rwanda rubategerejeho umusanzu ukomeye wo guteza igihugu imbere.
Ku mugoroba w’iya 9 Ukuboza, Perezida Kagame yakiriye abatari bacye mu gitaramo cyo gusoza umwaka kuri Kigali Convention Centre, ariko abibutsa ko utwara yanyoye Polisi nawe itamwihanganira.
Koperative yo kuzigama no kugurizanya y’Abarimu-Umwalimu SACCO yungutse Miliyoni 24 frw mu mwaka wa 2025.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Amb Olivier Nduhungirehe yavuze ko umutwe wa FDLR uterwa inkunga n’ubutegetsi bw’i Kinshasa ukomeje kuba ikibazo gikomeye cy’umutekano mu Karere.
Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda Paul Kagame, yageneye ubutumwa busoza umwaka inzego z’umutekano z’u Rwanda ashimira byimazeyo akazi gakomeye zikorera Igihugu.
Banki y’Iterambere y’u Rwanda (BRD Plc) iramenyesha Abanyarwanda bose ko guhera tariki ya 31 Ukuboza 2025, izafata mu nshingano serivisi zose zatangwaga n’Ikigega Gishinzwe Iterambere ry’Ubucuruzi (BDF).
Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidali n’Impeta by’Ishimwe (CHENO), rwatangaje ko abamaze guhabwa imidali n’impeta by’ishimwe mu Rwanda barenga ibihumbi 30, bagiye bayihabwa mu bihe bitandukanye.
Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr. Jimmy Gasore, yasobanuye ko gukoresha telefoni utwaye ikinyabiziga bigiye kujya bifatwa nk’ikosa gusa mu gihe umuyobozi w’ikinyabiziga afashe telefoni mu ntoki.
Abanyarwanda n’abakunda amahoro bakomeje kwamagana amagambo y’urwango n’ingengabitekerezo ya Jenoside ikomeye yagaragajwe n’umuvugizi w’Igisirikare cya Leta ya Congo, Jenerali Sylvain Ekenge.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ishyigikiye byuzuye ibiganiro n’ibyemezo byasohowe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), hamwe n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), bishyigikira Somalia.