Raporo nshya ku bijyanye n’umurimo mu Rwanda (Labour Force Survey), y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), igaragaza ko mu gihembwe cya Kane cy’umwaka wa 2025, muri rusange mu Rwanda abashomeri bageraga ku 649.799 bangana na 11,7%.
Madamu wa Perezida Wa Repubulika Jeannette Kagame yakiranye ubwuzu impamyabumenyi y’icyubahiro yahawe na Kaminuza mpuzamahanga y’Ubuzima ya Butaro, avuga ko kuyemera bivuze "kwemera ko ubuzima ari uburenganzira bw’ibanze."
Minisitiri w’intebe Dr. Dr Justin Nsengiyumva yabwiye abanyeshuri barangije mu ishuri mpuzamahanga ry’ubuvuzi rya Butaro, University of Global Health Equity ko basanze isi ifite ibibazo by’uburwayi, bakaba bagomba guhangana na byo.
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame yahawe impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro (Honorary Doctorate) na Kaminuza y’Ubuzima (University of Global Health Equity) kubera ubuyobozi bwe budasanzwe n’umusanzu we mu burezi, ubuzima n’uburinganire mu Rwanda, muri Afurika no ku isi hose.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yagize Brig Gen Gasana Godfrey, Umupilote wihariye wa Perezida, akazajya afatanya izi nshingano no kuba Umujyanama wa Minisitiri w’Ingabo mu bijyanye n’imikorere y’umutwe w’Ingabo zirwanira mu kirere.
Banki ya Kigali (BK) yizihije isabukuru y’imyaka 60 imaze ikora, ishimira abakiriya barenga 400 bamaze imyaka irenga 30 bakorana na yo.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko 40.1% by’abawutuye bari mu myubakire y’akajagari, icyakora kakaba kagenda kagabanuka buhoro buhoro, kuko mu 2012 abatuye mu kajagari bari 62%.
Raporo ngarukamwaka y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) yerekana ko kwitabira gahunda zo kuboneza urubyaro bikomeje kwiyongera.
Umuryango w’Abashinwa baba mu Rwanda wizihije Umwaka Mushya w’Abashinwa (Lunar New Year) wa 2026, wakira ku mugaragaro itsinda rishya ry’Abaganga b’Abashinwa (China Medical Team – CMT), bishimangira gukomeza ubufatanye mu by’ubuvuzi bumaze imyaka 45 hagati y’u Rwanda n’u Bushinwa.
Umuhanzikazi nyarwanda Alyn Sano ari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yitabiriye inama mpuzamahanga ya muzika izwi nka NAMM Show 2026, ibera muri Leta ya California.
Guverinoma ya Australia yafashe icyemezo gikomeye cyo kubuza abana bari munsi y’imyaka 16 gukoresha imbuga nkoranyambaga zikomeye zirimo TikTok, Facebook, Instagram na YouTube, hagamijwe kurinda ubuzima n’imitekerereze by’abana.
Minisitiri w’Ubutabera w’u Rwanda, Dr Emmanuel Ugirashebuja, yongeye gushimangira ko igihugu cyiyemeje kubahiriza amahame y’imanza ziboneye n’uburenganzira bwo kuburanishwa mu mucyo, mu gihe u Rwanda rwitabiraga Isuzuma Mpuzamahanga ku Burenganzira bwa Muntu (Universal Periodic Review – UPR) ryo mu cyiciro cya kane, (…)
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta Emmanuel Ugirashebuja yasabye Inama ya Loni ishinzwe uburenganzira bwa muntu kutita ku bibazo by’Uburenganzira bwa Muntu byabajije u Rwanda, kuko u Rwanda rudashobora kubazwa ibiri hanze y’imipaka yarwo.
Ubuholandi bwavuze ko u Rwanda rwagize neza kugabanya imyaka umunyarwanda aba yemerewe kwifatira icyemezo cy’ubuvuzi (health consent) kikava ku myaka 18 kikajya ku myaka 15.
U Burusiya bwashimiye u Rwanda uburyo rushyira imbere amasezerano n’amategeko mpuzamahanga y’uburenganzira bwa muntu, kandi bikagaragarira no mu mibereho y’abaturage imbere mu gihugu.
Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro - Rwanda Revenue Authority cyashyizeho gahunda idasanzwe yo kwihutisha iyandikisha n’ihererekanya ry’ibinyabiziga.
Imiriko yo kwagura umuhanda Prince House–Giporoso–Masaka ufite igice kinini mu karere ka Kicukiro uzatangira kwezi kwa kabiri uyu mwaka nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dushimimana.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge rwemeje ko Shema Arnaud Debaucher (DJ Toxxyk) afungwa by’agateganyo kugira ngo hakomeze iperereza ku byaha aregwa.
Umuyobozi w’urwego rwa politiki rw’umutwe wa AFC/M23 yavuze ko abishe Patrick Lumumba, umunyapolitiki warwaniye ubwigenge bwa DRC kugeza abizize bazwi, kandi abari ku butegetsi muri DRC bakaba ari bene wabo.
Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda, RSSB, Regis Rugemanshuro, yavuze ko ubu itegeko ribemerera gufatira umutungo w’umukoresha ku birarane arimo byo guteganyiriza abakozi.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi Dr Manirakiza Benjamin, umwarimu muri kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa, abashukisha amafaranga.
Umujyi wa Uvira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wugarijwe n’ibikorwa by’urugomo rukabije, nyuma yaho umutwe wa AFC/M23 uwuviriyemo mu cyumweru gishize, ukigabizwa n’abagizi ba nabi biganjemo Wazalendo.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’ubworozi Dr. Telesphore Ndabamenye yabwiye Abasenateri ko mu itegeko rigenga ubworozi hazongerwamo ingingo yo gucunga ibiribwa by’amatungo kugira ngo hakemurwe ibibazo bigaragaramo.
Perezida Paul Kagame, yakurikiye umukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika 2025 cyaberaga muri Maroc cyasojwe kuri uyu wa 18 Mutarama gitwawe na Senegal.
Perezida Paul Kagame yashimye ikipe y’Igihugu ya Senegal Lions de la Teranga yegukanye Igikombe cya Afurika cya 2025, nyuma yo gutsinda Maroc yari yarakiriye iri rushanwa igitego 1-0.
Iki cyumweru dushoje, abaturage ba Guineya bari mu birori byo kwakira indahiro Perezida w’Igihugu cyabo yagiriye imbere y’imbaga y’abaturage, akabasezeranya uburenganzira n’uburinganire busesuye, hamwe n’ubukungu butajegajega.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashimiye Perezida watowe wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni watowe ku majwi 71 kongera kuyobora igihugu muri manda y’imyaka itanu.
Nyuma y’ınkuru yasakaye kuva ku wa Gatanu tariki 16 Mutarama, ko ku ishuli rya G.S Rwinzovu mu Karere ka Musanze habaye ibonekerwa, Padiri mukuru wa Paroisse ya Busogo, Jean Bosco Nambaje, yibukije abakiristo ko atari bo bemeza ibonekerwa.
Umutwe wa AFC/M23 wasohotse burundu mu mujyi wa Uvira nk’uko wari wabiteguje, mu rugendo rwo kwerekana ubushake bwo kugarura amahoro mu karere k’Uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no kubahiriza amasezerano y’agahenge.
Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Amatora muri Uganda yatangaje ku mugaragaro ko Perezida uriho, Yoweri Kaguta Museveni, uyobora ishyaka riri ku butegetsi National Resistance Movement (NRM), ari we watorewe kongera kuyobora igihugu mu yindi manda y’imyaka itanu, bityo akazageza mu 2031 akiri ku butegetsi.