U Rwanda rwatanze Louise Mushikiwabo nk’umukandida ku mwanya w’umunyamabanga mukuru w’umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa, OIF-Francophonie.
Nyampinga w’Ubufaransa wa 2000 Sonia Rolland yabwiye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko ikwiye kureka amagambo y’ibinyoma, ahubwo igaharanira gushaka uko yakwihuza n’u Rwanda kuko byayiha imbaraga no gukomera kuko u Rwanda ari ishuri ryiza.
Abayobozi b’Akarere ka Ruhango bavuga ko bakemuye ikibazo cyatumaga abashyitsi babasura bihuta, bagasubirayo batarebye neza ibyiza bitatse akarere, ndetse n’amahirwe y’ishoramari gafite.
Hirya no hino mu Turere tw’u Rwanda, kuri iki Cyumweru habaye Siporo rusange yitabiriwe n’abaturage ndetse n’abayobozi batandukanye, mu rwego rwo kwidagadura, gusabana no kurwanya indwara zitandura.
Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) ku buhinzi muri 2025 yasohotse mu mpera z’Ukuboza umwaka ushize igaragaza ko umusaruro wa bimwe mu biribwa by’ingenzi wagabanutse muri rusange mu bihembwe byose by’ihinga, ugeranyije n’umwaka wa 2024, kandi hari imirenge ikirimo abaturage bataka inzara.
Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yaraye ayoboye inama y’Abaminisitiri, aho yavuze ko mu bimuraje ishinga harimo ikibazo cyo kuvugavuga mu Baminisitiri ndetse no mu bayobozi bakuru bandi mu gihugu.
Umwarimukazi wo mu Budage umaze imyaka 16 mu kiruhuko cy’uburwayi kandi ahembwa, yareze umukoresha we mu rukiko nyuma yo gusabwa kwipimisha kwa muganga kugira ngo yemeze ko koko arwaye.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), igiye gutanga inzitiramubu zikoranye umuti zigera kuri miliyoni 7 ku baturage bari mu bice bitandukanye by’igihugu, ihereye ku miryangio iri mu bice byazahajwe cyane na Malariya kurusha ibindi.
Polisi y’u Rwanda yasubukuye ubukangurambaga ’Turindane Tugereyo Amahoro’ yatangije umwaka ushize.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), irahamagarira Abanyarwanda kutirara ngo badohoke ku ngamba zitandukanye zo kwirinda Malariya, kuko imibare igaragaza ko mu Rwanda abarenga miliyoni 1.2 bayirwaye mu mwaka ushize (2025).
Isesengura ryimbitse rya raporo y’agateganyo y’Itsinda ry’Impuguke za Loni (S/2025/858), igaragaza ibyagezweho kugera mu Ugushyingo 2025, yagaragaje ko Guverinoma ya Kinshasa itangaza ku mugaragaro ko yiyemeje amahoro n’ubufatanye mu Karere, ariko mu bikorwa igakomeza gushyigikira imitwe yitwaje intwaro irwanya u Rwanda.
Kuri uyu wa 7 Mutarama, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Canoth Manishimwe yahuye n’abayobozi bakuru ba Rwanda Energy Group(REG) baganira ku bikorwa bya buri munsi no ku buryo serivisi z’ingufu zarushaho gutangwa neza.
Abaturage b’u Burundi basaba visa yo gusura Leta Zunze Ubumwe za Amerika (U.S. visitor visa) bagiye kujya basabwa kwishyura ingwate ya visa (visa bond), nk’ingamba nshya zatangijwe na guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigamije kugabanya abantu barenza igihe bemerewe kuguma muri Amerika.
Mu Budage, Umuforomo ukora mu kwita ku barwayi barembye cyane (palliative care), yakatiwe igifungo cya burundu nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica abarwayi icumi no kugerageza kwica abandi 27 mu rwego rwo kwigabanyiriza akazi.
Umuryango FPR Inkotanyi watangaje kuri uyu wa Gatatu, imyanzuro yafatiwe mu Nama Nkuru ya 17 yateranye ku wa 19 Ukuboza 2025, harimo kwemeza umushinga w’ivugururwa ry’amategeko y’Umuryango FPR Inkotanyi.
Buri munsi, abashoferi barenga 150 batwara ibinyabiziga mu Mujyi wa Kigali, bahanirwa amakosa yo kugendera mu nzira zahariwe bisi (Bus Lane) kuva mu kwezi gushize.
Abayobozi b’inkambi eshanu z’impunzi z’Abanyekongo zahungiye mu Rwanda bagejeje kuri Ambasade ya Amerika i Kigali inyandiko zisaba Leta Zunze Ubumwe za Amerika gukoresha ijwi ryayo rikomeye mu kurwanya no guhagarika imvugo z’urwango n’ubwicanyi bukorerwa Abanyekongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko (…)
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko nubwo nta mpanuka nyinshi zabaye ngo zinatware ubuzima bwa benshi mu bihe by’iminsi mikuru, ariko kuri Noheli na Bonane, mu gihugu hose hafunzwe abantu 92 bazira gutwara banyoye ibizindisha.
Umushinga w’itegeko rigenga ikoreshwa ry’umuhanda ukubiyemo ibihano ku bantu batazubahiriza iri tegeko, birimo amande kuva ku 300.000frw kugera kuri 700,000frw ndetse n’igifungo kigera ku mezi atandatu.
Umugabo wo mu Butaliyani utatangajwe amazina, akaba umuhungu w’uwitwa Graziella Dall’Oglio, wapfuye mu 2022 ku myaka 82 aravugwaho guhisha urupfu rwa nyina ku bayobozi nk’uko byagombye kugenda, bikaba byaratumye amara imyaka 3 yakira pansiyo ye.
Mu Rwanda, ikibazo cy’abantu bagura ibinyabiziga bakabikoresha batarakoze ihererekanya ryabyo (mutation) kimaze igihe kigaragaza icyuho mu mikorere y’amategeko.
Urwego rw’Igihugu rw"iterambere (RDB) rwagabanyije ibiciro byo gusura ingagi mu gihe cy’umwaka wose wa 2026.
Ikirombe n’uruganda rutunganya amabuye y’agaciro cya Nyakabingo mu Karere ka Rulindo, Intara y’Amajyaruguru cyashyize u Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afurika mu bihugu bicukura Tungsten.
Umushinga w’itegeko rigenga ikoreshwa ry’umuhanda ryahaye amahirwe abafite ibinyabiziga bizajya bifatirwa mu makosa atandukanye ntibabashe kwishyura mbere y’uko bitezwa cyamunara, kuko bazajya bahabwa amahirwe yo kubyigurishiriza hanyuma bishyure amande baciwe.
Muri iki gihe, hari byinshi bishyirwa ku mbuga nkoranyambaga,ugasanga bigibwaho impaka, ariko rimwe na rimwe bikaba bishobora no gushyira ubuzima bw’abantu mu kaga. Ibyo ni byabaye kuri uwo musore w’imyaka 17,utuye mu Mujyi wa Moscou mu Burusiya.
Mu murenge wa Jarama mu karere ka Ngoma inkuba yakubise abaturage 18 maze icyenda muri bo bahita bitaba Imana.
U Burundi bwihariye amapaji y’ibinyamakuru muri aka karere mu mpera z’iki cyumweru, bukaba bwaje buzanye amakuru agaragaza urugero rwa diplomasi abayobozi baho bagezeho.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko ibikorwa by’Ingenzi byakozwe mu mwaka wa 2025, bishingiye ku nkingi eshatu za Guverinoma, bizatuma ibiteganyijwe mu mwaka wa 2026 bigerwaho ku gipimo gishimishije.
Mu Rwanda, abatunze amazu yabo baragenda bigabanuka, nyamara mu myaka myinshi ishize, gutunga inzu byabaye kimwe mu bimenyetso bigaragara by’umutekano n’ituze ry’igihe kirekire ku miryango.