Indwara y’amaso bita amarundi imaze iminsi ivugwa mu bice bimwe by’igihugu yagaragaye mu karere ka Huye tariki 22/06/2012 ubwo umubyeyi n’umwana we bazaga kwivuza mu bitaro bikuru bya Kaminuza i Butare.
Dr.Ndekezi Consolate, umuganga w’umunyarwanda uba mu Bufaransa amaze mu Rwanda igihe kirenga ukwezi akorera ubushake mu bitaro bya Ruhengeri aho afasha abaganga bo muri ibyo bitaro kuvura zimwe mu ndwara zitandukanye zijyanye n’ubuzima bw’ababyeyi.
Ikigo RBC gishinzwe ubuzima kivuga ko uburere n’uburezi ku kumenya gushyira mu gaciro, no gushobora gucunga amarangamutima aganisha ku mibonano mpuzabitsina, ari kimwe mu byafasha benshi kwirinda Sida.
Abajyanama b’ubuzima bakorana n’ikigo nderabuzima cya Mayange, mu karere ka Bugesera, bahawe amagare 89, mu rwego rwo kuborohereza urugendo bajya mu baturage.
Mu igenzura ry’isuku ryabaye tariki 20/06/2012, umugabo bakunda kwita Musafiri yafungiwe boutique afite ahitwa mu Ivundika mu karere ka Ngoma kubera ko avanga boutique n’urwagwa.
Ku masoko amwe n’amwe yo mu karere ka Bugesera haracyagaragara abantu bacuruza imyumbati cyangwa ifu yayo yatoye uruhumbu. Abahagurira bavuga ko nta kundi babigenza kuko badasobanukiwe n’ubuziranenge bw’ibiribwa.
Ikigo nderabuzima cya Kirehe kiri mu karere ka Kirehe kirwanya imirire mibi cyorora inkwavu, inkoko hamwe no guhinga uturima tw’igikoni. Ibi bifasha abaturage bafite abana bafite indwara zituruka ku mirire mibi kongera kubaho neza.
Mu gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza imyaka 50 rubonye ubwigenge hamwe n’imyaka 18 rwibohoje, tariki 24-30/06/2012, ingabo z’igihugu zizakora ibikorwa by’ubuvuzi no kwigisha abaturage kugira ubuzima bwiza mu turere twa Nyamasheke na Rusizi.
Dr. Lt. Col. Jean Paul Bitega, umuganga mu bitaro bya Gisirikare i Kanombe, akaba akuriye gahunda yo kwigisha gusiramura abagabo hakoreshejwe agapira bita Prepex, yagiranye ikiganiro na Kigali today, asobanura uburyo iki gikorwa kigenda, impamvu cyazanywe mu Rwanda, ndetse n’inyungu igihugu kigitezeho.
Umunyamerika witwa Timothy Brown yamenyekanye nyuma yo gutangariza isi yose ko ari we muntu wa mbere wakize icyorezo cya SIDA ariko ubushakashatsi bugaragaza ko amaraso ye akigaragaramo virusi itera iyo ndwara.
Dr Jean de Dieu Ngirabega, ushinzwe ibikorwa by’ubuvuzi muri Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) aratangaza ko umubare w’abatanga amaraso mu Rwanda ukiri hasi ugereranyije n’ababa bayakeneye.
Mu Rwanda hamenyerewe ko iyo umuntu yitabye Imana ashyingurwa uko yakabaye mu rwego rwo kumuha icyubahiro yari afite ku isi ariko mu minsi iri imbere bishoboka ko bamwe bazajya babanza gukurwaho ibice bimwe na bimwe ngo bizakoreshwe.
Dr. Luis Gomes Sambo, umuyobozi w’Ikigo Mpuzamahanga cyita ku Buzima (OMS) uri mu Rwanda, yashimye imikorere y’Ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe byatangije gahunda yo gusiramura umuntu atabazwe ku rwego rw’isi.
Abaturage babarirwa muri za miliyoni nyinshi bategejere tariki ya 14/09/2012 kuko aribwo hazemezwa burundu niba umuti witwa Truvada ufite ubushobozi bwo kuvura no kurinda icyorezo cya SIDA gihangayikishije isi yose.
Dr. Luis Gomes Sambo , umuyobozi w’Ikigo kita ku buzima (OMS) ku rwego rw’akarere, uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, yatangaje ko igice cy’ubuzima mu Rwanda kigeze ku y’indi ntera kubera udushya Guverinoma yashyizeho muri gahunda zo kubungabunga ubuzima, byatanze umusaruro mwiza.
Ikigo cy’Igihugu cyo Gutanga Amaraso (NCBT) kiri mu myiteguro yo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo gutanga amaraso uzaba tariki 14/06/2012, ukazaba n’umwanya wo gushimira abantu batanga amaraso, banakangurira abandi kwitabira igikorwa cyo gutanga amaraso.
Dr Luis Gomes Sambo, umuyobozi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS) mu karere ka Afurika y’uburasirazuba ari mu ruzinduko mu Rwanda kuva tariki 09-13/06/2012.
Imikorere n’ibikoresho bya Laboratwari y’Ibitaro bya Gisirikari bya Kanombe, byayishyize ku rwego rw’inyenyeri Enye, bituma iza mu bihangange mu mikorere mu gutanga ibisubizo yizewe ku rwego rw’isi.
Abantu 44 bamaze kugezwa aku bitaro bya Remera Rukoma, bazira kunywa igikatsi, umutobe n’inzoga byengewe mu rugo rwa Mushumba Vincent. Ibitaro bya Rukoma byemeza ko ibimenyetso by’ubarwayi bwabo bigaragaza ko bariye ibintu byanduye.
Muri gahunda ya Leta yo kurwanya imirire mibi, uruganda rutunganya ifu y’ibigori (MINIMEX) rusigaye rutunganya ifu rukayongeramo imyunyungugu n’intungamubiri.
Imiryango itatu: HDI, ARBEF na CRR iravuga ko umushinga w’itegeko rijyanye no gukuramo inda ntacyo ukemurira abemerewe kuzikuramo, kuko ngo uzabananiza mu gihe waba ubaye itegeko.
Mminisitiri w’Ubuzima, Agnes Binagwaho, yagiriye uruzinduko mu bitaro bya Kinazi ku mugoraba wo kuwa Kane, nyuma yaho ibitaro bya Ruhango byubatse mu murenge wa Kinazi bitangiriye imirimo yabyo tariki ya 28/05/2012.
Ibitaro by’akarere ka Ruhango byubatse mu murenge wa Kinazi, tariki 28/05/2012, byatangiye kwakira abarwayi babituriye harimo abo mu murenge wa Kinazi, Ntongwe na Mbuye.
Mukamponga Annociata, umubyeyi w’imyaka 34 wo mu murenge wa Ngarama akarere ka Gatsibo yibarutse abana 3 b’abakobwa tariki 27/05/2012. Aho yabyariye mu bitaro bya Ngarama avuga ko ubuzima bumeze neza uretse kibazo cyo kutabona ibitunga abana bihagije.
Bamwe mu barwayi 71 bari bari mu bitaro bya Kigeme bazira kurya ibiryo bihumanye batangiye koroherwa ku buryo bamwe barangije gutaha iwabo. Kugeza kuwa kabiri tariki 29/05/2012 abarwayi 41 bari bamaze gusezererwa.
Umunyamerika witwa Timothy Brown niwe muntu byemejwe ko yakize SIDA kuri iyi si ya Nyagasani. Uyu mugabo yarokotse iki cyago mu mwaka wa 2007 i Berlin mu gihugu cy’ Ubudage bitewe n’utundi tunyangingo bashyize mu bwirinzi bw’umubiri we (systeme immunitaire).
Abayoboke 72 b’idini ry’Abadiventisiti b’umunsi wa karindwi bari mu bitaro no mu kigo nderabuzima bya Kigeme bazira indwara itaramenyekana. Batangiye kurwara nyuma yo gusangira amafunguro baherewe mu busabane ku rusengero rwa Kirehe kuwa gatandatu tariki 26/05/2012.
Uruhinja rwari rwavutse amara n’umwijima biri hanze, rwitabye Imana mu ijoro rishyira ku Cyumweru tariki 27/05/2012, nyuma y’iminsi ine gusa ruvutse.
Bamwe mu bana bari munsi y’imyaka itanu bo mu karere ka Nyabihu bahawe urukingo rw’impiswi, ari naho iki gikorwa cyatangirijwe ku rwego rw’igihugu kuwa Gatanu tariki 25/05/2012.
Ntahondereye Jean Baptiste, umunyeshuri wimenyereza umwuga wo kuvura mu bitaro bya Bushenge mu karere ka Nyamamsheke wateye umwana urushinge agapfa, yatawe muri yombi na polisi y’igihugu tariki 24/05/2012.