Mu cyumweru gitaha u Rwanda ruzifatanya n’isi yose mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kurwanya indwara zo mu mutwe. Imibare igaragaza ko hakiri Abanyarwanda benshi babana n’uburwayi bwo kwiheba kandi buturutse ku mpamvu zitandukanye.
Mfurazibaho Gaetan w’imyaka 58 utuye mu Kagali ka Ruhanga, Umurenge wa Busengo, Akarere ka Gakenke amaze imyaka 25 arwaye indwara arwaye yatumye abyimba mu ijosi ku buryo ryenda kungana n’umutwe.
Umuvuduko ukabije w’amaraso (hypertension arterielle) ni indwara yibasira abantu benshi ariko idakunze kumenyekana kubera ko akenshi itagira ibimenyetso bigaragara.
Ikigo cy’urubyiruko cya Rubavu cyahisemo kujya gikoresha amarushanwa y’imbyino n’imyidagaduro mu gishishikariza urubyiruko kwitabira ibiganiro bibahamagarira kwirinda SIDA.
Nyuma yuko ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo Rwanda Housing Authority bugaragaje ko akarere ka Ngoma kaza ku mwanya wa mbere mu ntara y’iburasirazuba mu kugira isakaro rya fibro ciment nyinshi,bamwe mu bihaye Imana batangiye gusaba abakiristu gutanga inkunga bakavanaho iryo sakaro.
Abashakashatsi bo muri Japan babashije gukora amagi bifashishije ingengabuzima (cellules) bavanye mu mbeba, ayo magi ngo yagaragaje ubushobozi bwo kuba yafasha abantu bafite ubugumba bakabasha kubyara.
Minisitiri w’Intebe mu Rwanda, Dr Pierre Damien Habumuremyi yatangarije i Rwamagana ko Guverinoma na Perezida wa Repubulika bashima umusaruro mwiza ishuri ry’abaforomo n’ababyaza rya Rwamagana ritanga mu buzima bw’igihugu.
kurinda umubyeyi kuva cyane nyuma yo kubyara niyo yari ingingo yaganirwagaho mu nana nyunguranabitekerezo, yahuje inzego zitandukanye zanasabwe gufata ingamba zikomeye mu kurwanya iki kibazo mu Rwanda.
Abaganga basanzwe bavura indwara zo mu mutwe baturutse mu bitaro bitandukanye byo mu Mujyi wa Kigali, basoje amahugurwa ku guhangana no kuvura ingaruka zituruka ku biyobyabwenge, bakoreraga ku Bitaro bya Gisirikare by’u Rwanda (RMH).
Diyosezi Gatolika ya Cyangugu yashyikirije ibitaro bya Mibirizi inkunga y’ibikoresho bitandukanye byo mu buvuzi bigizwe na ambulance, imashini ikoreshwa mu buvuzi bw’amenyo, echographie, ibitanda, machine de radiologie, n’ibindi byinshi bitandukanye.
Ubushakashatsi bwerekanye ko iyo agahinja kakiri mu nda ya nyina gashobora kumenya bimwe mu bibera ku isi kabone n’ubwo kaba kakiri gatoya cyane.
Umugabo ukomoka mu gihugu cya Tchèque witwa Jakub Halik ufite imyaka 37 y’amavuko amaze amezi atandatu ariho ariko nta mutima afite. Abaganga bamushyizeho pompe imuha umwuka ikanakoresha amaraso mu gihe bagishaka ukuntu basimbuza umutima yari afite.
Mu nama y’umunsi umwe igamije gusuzuma uko umubyeyi wahuye n’ikibazo cyo gukuramo inda yakwitabwaho, byagaragaye ko abagore 247 bahuye n’ikibazo cyo gukuramo inda mu karere ka Bugesera.
Umwana witwa Niwemwiza wo mu karere ka Rulindo afite ikibazo cy’umubyibuho ukabije ugereranije n’uko abana bari mu kigero cye baba bangana. Ku mwaka umwe n’amezi abiri, Niwemwiza apima ibiro 25.
Ubwo yasuraga ibitaro bya Kabgayi biherereye mu karere ka Muhanga tariki 03/10/2012, Minisitiri w’ubuzima, Agnes Binagwaho, arasaba ubuyobozi bw’uturere twose ko twakora amalisiti y’abarwayi bo mu mutwe batagira ababakurikirana kugirango babashe kuvuzwa.
Umuryango ushinzwe ubuzima ku isi (OMS) watangaje ko virusi nshya yitwa Coronavirus ifitanye isano n’iyitwa Sras yigeze guhitana abantu 774 muri 2003 kandi birakekwa ko yaba ituruka ku ducurama.
Uzanyinzoga Suzan w’imyaka 53, utuye mu kagari ka Musongati, umurenge wa Nyarusange mu karere ka Muhanga, afite uburwayi ku munwa amaranye imyaka 53 nta buvuzi arabona.
Bamwe mu bafite uburwayi bw’impyiko bwabaye akarande bavuga ko bategereje urupfu mu gihe kitarenze icyumweru, nyuma yo gusezererwa ku byuma bibagabanyiriza amazi mu mubiri aterwa no kudakora neza kw’impyiko.
Akarere ka Rubavu gashima ko ingamba zo kurwanya imirire mibi zafashwe zitanga icyizere ko Bwaki n’indwara zikomoka ku mirire mibi zizashira.
Mu gukomeza gushakira abaturage ari nabo bavamo abakiriya babo ubuzima bwiza Banki y’ubucuruzi ya Kenya (KCB) ishami rya Rusizi yatanze utumashini 10 twa glucometres dufasha abarwayi ba diyabete kumenya isukari bafite mu mubiri wabo.
Abaturage batuye ikirwa cya Mazane kiri mu kiyaga cya Rweru bahawe ubwato bugezweho kugirango bujye butwara ababyeyi kwa muganga kuko bahuraga n’ikibazo cyo kwambuka amazi bajya kwivuriza ku kigonderabuzima cya Nzangwa giherereye mu birometero nka 12.
Abavuzi gakondo mu karere ka Huye bategetswe kujya bacuruza imiti bikoreye bakarea gukoresha iva hanze, nyuma y’uko hari amaduka yagiye agaragara ko acuruza iyo miti ariko agahita afungirwa.
Ahantu henshi hageze gahunda ya kandagira ukarabe muri gahunda ngari yo kwimakaza umuco w’isuku, ariko kuri ubu usanga ahenshi ibikoresho byari byarashyizweho iyo kandagira ukarabe bitakiharangwa ahandi ukahasanga utujerikani turimo ubusa cyangwa twaboreyemo amazi.
Abaforumu 18 n’abaganga babiri bakuru bo mubitaro bikuru bya Mibirizi batangiye amahugurwa ku ikoreshwa ry’umuti mushya wa Malariya witwa Artesunate.
Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara n’abashakashatsi b’Abanyamerika bagize amatsiko yo gukurikirana igisekuruza cy’ubwami muri Koreya bwatanze umwanzuro w’uko abagabo b’inkone barama imyaka 14 kurusha abadasiramuye.
Inzego zishinzwe kubungabunga ubuzima mu Rwanda zatangaje ko mu mwaka wa 2015 indwara ya Malariya izaba yaracitse mu Rwanda; nk’uko byatangajwe mu nama nyunguranabitekerezo ku kugabanya Malariya yatangiye i Kigali kuva kuri uyu wa gatatu tariki 26/09/2012.
Umuryango mpuzamahanga wa gikiristu (Word Vision) ufasha mu kurengera ubuzima bw’umwana, kurwanya ubukene n’akarengane, ntiwishimiye kuba mu Rwanda hari abana bagera kuri 52/1000 bapfa batarageza ku myaka itanu, bitewe n’impamvu zishobora kwirindwa.
Ishami ry’umuryango W’abibumbye ryita ku iterambere ry’abaturage (UNFPA) ritangaza ko kutita ku buzima bw’imyororokere bitera ingaruka nyinshi zirimo impfu z’ababyeyi basaga ibihumbi 800 bapfa babyara buri munsi ku isi.
Ihuriro ry’amashyirahamwe agenzura uko serivisi z’ubuzima zihabwa abaturage mu bigo nderabuzima no mu bitaro mu karere ka Nyamasheke na Rusizi (FASACO) riri guhugura abakangurambaga b’urungano bazarifasha guhugura urubyiruko ruri hagati y’imyaka 14 na 24 ku kurwanya icyorezo cya SIDA n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.
Rwanda Military Hospital, tariki 24/09/2012, yatangije igikorwa cyo kuvura abacitse ku icumu bafite uburwayi butandukanye mu karere ka Kirehe ku bufatanye na FARG mu cyumweru cy’ibikorwa byahariwe ingabo (Army week).