Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo wizihijwe tariki 01 Gicurasi 2024, Guverinoma y’u Rwanda yishimira ko intego yo guhangira imirimo abaturage cyane cyane urubyiruko n’abagore, yagezweho ku gipimo kirenga 90%, ariko ikaba ihura n’imbogamizi zo kuba nta koranabuhanga riragera kuri benshi.
Umukuru w’Igihugu Paul Kagame, yihanganishije igihugu cya Kenya nyuma y’uko cyibasiwe n’ibiza bigahitana ubuzima bw’abantu benshi, ndetse ibikorwa remezo bikangirika.
Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma, Alain Mukuralinda, yavuze ku Munyafurika wihitiyemo kuza mu Rwanda avuye mu Bwongereza, agaragaza ko kuba uwo munyamahanga yifatiye icyo cyemezo, bihinyuza abanenga u Rwanda.
Umuhanzi Tumaini Byinshi uririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Kanani’, avuga ko irimo ubutumwa bukumbuza abantu Ijuru.
Ikipe ya Police FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2023-2024 itsinze Bugesera FC ibitego 2-1 mu mukino wa nyuma wabereye kuri Kigali Pelé Stadium ku wa 1 Gicurasi 2024.
Muri Kenya, imyuzure itewe n’imvura nyinshi imaze iminsi igwa, yishe abantu 169 nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bw’icyo gihugu, mu gihe abagera ku 185.000 bamaze gukurwa mu byabo n’iyo myuzure yibasiye n’ibindi bihugu byo muri Afurika y’u Burasirazuba cyane cyane Tanzania imaze gupfusha abarenga ku 155 bishwe n’imyuzure (...)
Minisiteri y’ubuhinzi n’Ubworozi MINAGRI iratangaza ko mu kwezi kwa Nyakanya 2024 izasohora amabwiriza mashya agenga ubuvuzi bw’amatungo, mu rwego rwo kurwanya akajagari muri ubwo buvuzi, no kurushaho kwegereza abaturage serivisi z’ubuvuzi bw’amatungo binyuze mu mucyo.
Alice Nyirabageni, umwe mu bari muri komite ya Ibuka mu Murenge wa Ngoma wakurikiraniye hafi imirimo yo gushakisha imibiri mu Mudugudu wa Ngoma ya 5, Akagari ka Ngoma, ahazwi nko kwa Hishamunda, avuga ko urebye iriya mibiri yagiye yubakirwaho nkana.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ivuga ko hari imyumvire idafite ishingiro ikiri mu Banyarwanda bamwe na bamwe, ivuga ko hari ibyo umukobwa adakwiye kwiga birimo imibare cyangwa siyansi kuko ngo bishobora gutuma atabona umugabo.
Abadepite bagize Komisiyo Ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo w’Igihugu (PAC) basabye ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu gukemeura ibibazo birimo gusubiramo amasezerano n’inyigo by’umushinga wa Nyabarongo ya II izatanga megawati 43 z’amashanyarazi.
Abarokotse Jenoside babashije kumenya imibiri y’ababo yabonetse mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye bavuga ko n’ubwo bababajwe no kuba barashinyaguriwe bakubakirwa hejuru abandi bagahingirwa hejuru, kuba barabashije kubashyingura tariki 30 Mata 2024 byatumye baruhuka ku mutima.
Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Gataba Umurenge wa Rusasa Akarere ka Gakenke, baraye kwa muganga nyuma yo kuribwa mu nda ubwo bari bamaze kunywa umusururu mu birori mugenzi wabo yari yabatumiyemo.
Umuntu wa mbere wimwe ubuhungiro mu Gihugu cy’u Bwongereza yoherejwe mu Rwanda ku bushake, mu gihe hari benshi bagiye barwanya koherezwa mu Rwanda hagendewe ku musezerano u Rwanda rwagiranye n’Igihugu cy’u Bwongereza.
Perezida Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashyizeho ndetse azamura mu ntera, abayobozi bashinzwe serivisi z’Ubuzima mu Gisirikare cy’u Rwanda.
Umuryango Unity Club Intwararumuri, uri gusoza icyiciro cya kane cy’amahugurwa y’inzego z’amahuriro(clubs) y’ubumwe n’ubudaheranwa mu mashuri Makuru na Kaminuza, mu rwego rwo kwimakaza ubunyarwanda mu rubyiruko.
Mu ijoro ryo ku itariki ya 27 Mata 2024, abagizi ba nabi bishe banize umukecuru w’imyaka 64 y’amavuko warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, witwa Kantarama Immaculée, wari utuye mu Mudugudu wa Kumunini, Akagari ka Gakoni, Umurenge wa Kiramuruzi, Akarere ka Gatsibo.
Ikipe ya Basketball yo mu gihugu cya Saudi Arabia yitwa ‘Al Nassr BBC’ , yamaze kwandikira umukinnyi w’umunyarwanda witwa Kamanzi Olivier ukinira Orion BBC imusaba ko yayibera umukinnyi.
Abacuruza amatungo ahita ajyanwa mu mabagiro ari mu bice bitandukanye by’Igihugu, barishimira ko uruhu rugiye kongera kugira agaciro, kuko bakoraga mu buryo bw’akajagari bwatumaga nta giciro gihamye cyarwo.
Mutesi Aurore Kayibanda wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu mwaka wa 2012, agiye kongera gukorera ubukwe.
Mu ijoro ryo ku wa 29 Mata 2024, ikipe ya Bayern Munich yanganyije na Real Madrid ibitego 2-2 mu mukino ubanza wa 1/2 wabereye Allianz Arena mu Budage.
Abakozi b’Ibitaro bya Gatonde biherereye mu Karere ka Gakenke banenga abaganga n’abandi bose bakoraga mu rwego rw’ubuvuzi batatiriye inshingano zabo zo kwita ku barwayi, bagashyira imbere ugushyigikira umugambi wo gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 no kuwushyira mu bikorwa. Basanga ubu ari ubugwari no (...)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buratangaza ko hagiye gukorwa inyigo yo kubaka urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Birambo, mu rwego rwo gushyingura mu cyubahiro imibiri igenda iboneka no kugira urwibutso rwujuje ibiteganywa na Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE).
Ubuyobozi bw’ubwato ‘Mantis Kivu Queen uBuranga’ bukaba na Hoteli igenda mu kiyaga cya Kivu, bwasobanuye ibyerekeranye n’impanuka y’ubwo bwato bwagonze ibuye rinini riri mu Kivu, ababutwaye bakaba batari babashije kuribona.
Kuri uyu wa Kabiri ikipe ya Rayon Sports yegukanye igikombe cy’Amahoro 2023-2024 mu cyiciro cy’abagore itsinze Indahangarwa WFC 4-0, naho mu bagabo iba iya gatatu itsinze Gasogi United 1-0.
Urwobo rwa Bayanga mu karere ka Bugesera rufite amateka yihariye ndetse ubu ni ahantu nyaburanga Inteko y’Umuco ibungabungira amateka yaho kugira ngo atazasibangana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero buratangaza ko kubera ikibazo cy’amikoro agishakishwa, nta gisubizo kihuse bwatanga ku kibazo cy’umugezi wa Nyabarongo wuzura ugafunga umuhanda Muhanga-Ngororero-Mukamira.
Nubwo Goverinoma y’u Rwanda yashyizeho gahunda zitandukanye zigamije gufasha abana bose kwiga neza, haracyagaragara abata ishuri, kuko muri 2021/22, abana bataye ishuri bangana na 194,721 mu barenga Miliyoni 2.7 bari banditswe nk’uko imibare yo mu gitabo cy’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (Statistical Year Book 2023) (...)
Harabura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo umuhanzi Ndasingwa Jean Chrysostome uzwi nka Chryso Ndasingwa, umenyerewe mu ndirimbo zo kurwamya no guhimbaza Imana, ataramire abakunzi be mu gitaramo ‘Wahozeho’, gitegerejwe na benshi ku Cyumweru tariki 05 Gicurasi 2024 muri BK Arena.
Mu ijambo yagejeje kubitabiriye inama y’Ikigega Mpuzamahanga cya Banki y’Isi Gitsura Amajyambere Minisitiri w’intebe Dr Ngirente Edouard wari uhagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashimiye ubufatanye bukomeye buri hagati ya Banki y’Isi n’u Rwanda.
Mu ijoro ryacyeye ikipe ya APR Basketball Club yahagurutse i Kigali yerekeza i Dakar mu gihugu cya Senegal aho igiye kwitabira imikino ya Basketball Africa League (BAL) irimo gukinwa ku nshuro ya 4.
Imvura yaguye mu ijoro rishyira itariki ya 30 Mata 2024, yibasiye umurenge wa Rugarama wo mu Karere ka Burera, aho hamaze kubarurwa inzu zirenga 20 zamase gusenywa n’ibyo biza, umwana na nyina barahakomerekera aho ubu bari kwitabwaho n’abaganga.
Umujyi wa Milan mu Butaliyani, wiyunze ku yindi mijyi imwe n’imwe yo mu Burayi, yafashe ingamba zigamije kugabanya ubukerarugendo bw’umurengera, muri izo ngamba harimo gushyiraho amabwiriza agamije gukumira ibikorwa by’imiyidagaduro nyuma ya saa sita z’ijoro.
Mu gihe u Rwanda n’Abanyarwanda bakiri mu minsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, amakipe ya Kepler yasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Kigali ruri ku Gisozi ndetse n’ingoro y’amateka yo guhagarika Jenoside.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwasabye abafite hoteli n’inzu zakira abantu ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu, gushyiraho ingamba zikumira impanuka zibera mu mazi harimo gushyiraho, abafasha abantu koga mu kiyaga, kwambara umwenda ukumira impanuka mu mazi hamwe no gushyiraho amato akomeye, ashaje bakayareka.
Mu mpera z’iki cyumweru,tariki 28 Mata 2024, hakinwaga umunsi wa munani muri shampiyona, ikipe ya Police HC itsinda ikipe ya APR HC ibitego 26- 17, bituma isoza imikino ibanza ya shampiyona iyoboye urutonde ndetse nta mukino itsinzwe.
Abafite ibigo by’ikoranabuhanga rijyanye n’uburezi bakoze za porogaramu zo gufasha abanyeshuri gusoma ibitabo, baravuga ko ryatumye babasha kugeza mu bigo by’amashuri ibitabo byo gusoma, byoroshya uburezi budaheza ku bana bafite ubumuga n’abatabufite.
Ikigo gishinzwe gukwirakwiza Amazi Isuku n’Isukura (WASAC), cyasabwe ibisobanuro ku bibazo bibangamiye abaturage bikigaragara mu kimoteri cya Nduba, birimo kunanirwa kuyobora uko bikwiye amazi muri icyo kimoteri, akajya mu nzu z’abaturage, gusa ibisubizo byatanzwe n’icyo kigo ntibyanyuze Abadepite.
Muri Kenya abantu basaga 50 bapfuye nyuma y’uko urugomero ruturitse kubera imvura nyinshi, rugateza imyuzure yatwaye inzu zari zituwemo, abo kandi bariyongera ku bandi bagera kuri 35 bivugwa ko baburiwe irengero nyuma y’uko ubwato burohamye, bitewe no kuzura gukabije k’umugezi wa Tana, bitewe n’imyuzure yatewe n’imvura (...)
Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko iteganyagihe ry’igice cya mbere cy’ukwezi kwa Gicurasi 2024, kuva tariki ya 1 kugeza ku ya 10, hateganyijwe ko imvura izakomeza kugwa.
Kuri uyu wa Mbere tariki 29 Mata 2024, Sosiyete y’Abanya-Kenya ikora ubwikorezi bwo mu kirere, Kenya Airways, yafashe icyemezo cyo guhagarika ingendo z’indege zayo zijya i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), guhera tariki ya 30 Mata 2024.
Dr. Philbert Gakwenzire, Perezida w’Umuryango Uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside (IBUKA), avuga ko kwandika ibitabo ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ari umusemburo wo kugira ngo bakomeze bandike, kugira ngo uwo murage ukomeze ubeho.
Sarah wahoze akundana na Diamond Platnumz, yasobanuye uko inkuru y’urukundo rwabo yafashije Diamond kwandika indirimbo yatumye amenyekana, ndetse n’umuzingo we wa mbere.
Minisiteri y’Uburezi muri Kenya, kuri uyu wa Mbere tariki 29 Mata 2024 yatangaje ko yigije inyuma itangira ry’amashuri, kubera ikibazo cy’imvura ikabije irimo kugwa mu bice bitandukanye by’iki gihugu igateza imyuzure.
Kabatwa ni umwe mu Mirenge 12 igize Akarere ka Nyabihu mu Ntara y’Iburengerazuba, agace gakungahaye ku butaka bwera, kagafatwa nk’ikigega cy’igihugu mu buhinzi bw’ibireti n’ibirayi.
Ubutabera ni kimwe mu byiciro bigize inkingi y’Imiyoborere. Ni muri urwo rwego, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwakoze ubushakashatsi kuri iki cyiciro hagamijwe kumenya uko abaturage babona imitangire ya serivisi.
Imvura yaguye mu ijoro ryo ku wa gatandatu tariki 28 Mata 2024 rishyira ku Cyumweru, yangije umuhanda uhuza Umujyi wa Kigali n’Intara z’Amajyepfo. Uyu muhanda wacikiye mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Rugalika ahazwi nko mu Nkoto.
Ahagana mu mpera za Mata 2018, umupadiri wo muri Diyosezi ya Gikongoro yahagaritswe by’agateganyo imyaka ibiri ashinjwa ubusinzi bukabije ndetse n’ubusambanyi, ariko n’ubwo na n’ubu atabusubijwemo kuko ngo atabashije kwihana, yahawe kuba umuyobozi ushinzwe amasomo muri GS Musenyi kandi ngo inshingano ze azikora neza.