Dr.Shurimpumu Théophile uvura mu bitaro bya Rutongo biri mu karere ka Rulindo, atangaza ko mu myaka irenga 30 amaze akora uyu mwuga, kuri ubu abona ubuvuzi mu Rwanda bwarateye imbere agereranyije n’ibihe byashize kubera ikoranabuhanga.
Abayobozi b’akarere ka Huye bahagurukiye gukangurira abaturage kwitabira mitiweri kuko abamaze gutanga amafaranga y’uyu mwaka muri ako karere bakiri munsi ya 10%.
Uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Bill Clinton, atangaza ko mu buzima hakenerwa ubufatanye kuko mu gihe hari ubufatanye buhamye nta kibazo gishobora kuburirwa igisubizo.
Umugabo witwa Barasikina Alphonse wo mu kagali ka Kibare, umurenge wa Mutenderimu karere ka Ngoma afungiye kuri station ya police ya Kibungo kuva tariki 05/07/2012 nyuma y’icyumeru yari amaze ashakishwa akurikiranweho kwigira umuganga kandi atarabyigiye.
Ibitaro by’akarere ka Nyanza byahawe umuyobozi mushya, Dr Kalach John; nk’uko byagaragariye mu muhango w’ihererekanyabubasha wakozwe ku mugoroba wa tariki 17/07/2012 ku cyicaro cy’ibyo bitaro.
Umuyobozi w’ibitaro bya Butaro arakangurira abantu bose bafite impungenge z’uko baba barwaye kanseri kugana ibyo bitaro kuko bifite ubushobozi bwo kuvura ubwoko 12 bwa kanseri.
Abarema isoko rya Kinyababa rihereye mu murenge wa Kinyababa, mu karere ka Burera baratangaza ko bahangayikishijwe no kuba badafite ubwiherero rusange kuko bituma muri iyo santere hagaragara umwanda.
Igikorwa cy’ingabo z’u Rwanda cy’ubwitange mu kwita ku bibazo by’imibereho y’abaturage (Army week) cyakomereje ku bitaro bya Gisirikare i Kanombe guhera kuri uyu wa mbere tariki ya 16/07/2012, aharimo kuvurirwa abarwayi batavuriwe iwabo ubushize bitewe no gukomera k’uburwayi bafite.
Leta y’u Rwanda yashyize imbaraga mu kumenyekanisha ko uburenganzira bw’umurwayi bukwiriye kubahirizwa ariko usanga akenshi abarwayi badatanga ibitekerezo byabo igihe muganga ashaka kuganiriza umurwayi cyangwa umurwaza uburyo indwara cyangwa ikibazo runaka kigomba gukemurwa.
Uruhare rwa rw’Inama Njyanama rurasabwa mu gufasha kumvisha abaturage ubwiza bw’ingambazifatwa na Leta mu kubungabunga ubuzima bw’abaturage, mu gihe hari abatumva kimwe ikibazo cyo kuringaniza imbyaro no kwirinda icyorezo cya Sida.
Ikibazo cy’ibura ry’amazi cyari kimaze iminsi gihangayikishije abatuye umurenge wa Muyira mu karere ka Nyanza, cyabonewe igisubizo ubwo Croix Rouge y’u Rwanda yatahaga ku mugaragaro umuyoboro w’amazi meza wubakiye abatuye mu gace k’Amayaga, kuri uyu wa Gatanu tariki 13/07/2012.
Abakozi ba gereza ya Remera baratangaza ko iyi gereza yagaragayemo abacungagereza bane banduye igituntu ariko bakagira ikibazo cy’uko baba batemerewe kuvurirwa muri gereza.
Imbaga y’abacuruza n’abahahira mu isoko rikuru rya Rwamagana ifite ibyago byinshi byo kwandura indwara zikomeye kuko hari abacuruza ibiribwa binyuranye ku musarani w’iryo soko.
Minisiteri y’Ubuzima igiye gutangiza ikigo cy’icyitegererezo cyo kuvura no kurinda indwara za kanseri. Ikigo kizaba icyerekezo muri aka karere ka Afurika y’Iburasirazuba mu gufasha ibyaro.
Minisiteri y’Ubuzima na Ambasade y’u Bufaransa byasinyanye amasezerano yo gufasha mu guha ubumenyi bukenewe kaminuza zigisha iby’ubuvuzi mu Rwanda.
Ngiruwosanga Eugene ukomoka mu karere ka Muhanga amaze kwitaba Imana naho abandi bantu batanu bo mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango baracyarwana n’ubuzima bazira kurya inyama z’ingurube yarwaye indwara itaramenyekana.
Umuganga mu bijyanye n’indwara z’abagore ku bitaro bya Kaminuza i Butare, Dr. Kalibushi Bizimana Jean asobanura ko imwe mu miti yifashishwa mu kuboneza urubyaro ishobora gutuma nyiri ukuyifata abyibuha, ariko ngo ubundi ntibyakagombye kurenza ikilo kimwe ku mwaka.
Mu gihe cy’icyumweru abavuzi gakondo bamaze bavura ababagana ku cyicaro cyabo, nyinshi mu indwara zagaragaye ku barwayi barenga 150 bitabiraga ubuvuzi ku munsi ni iziterwa n’ukudakora neza kw’imitsi.
Mukantabana Madeleine utuye mu mudugudu wa Nyanza, Akagali ka Nyanza, umurenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yibasiwe n’imyanda y’ibitaro bya Nyanza urugo rwe rwose ruhinduka isayo, ku mugoroba wo kuwa Kane tariki 6/07/2012.
Guhera mu kwezi gutaha, abakozi bose b’ibitaro byitiriwe umwami Faisal bazaba bagendera ku masezerano y’umurimo mashya mu rwego rwo kugendera ku mabwiriza y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuvuzi (RBC), asaba gukoresha abakozi babifitiye ubushobozi.
Bamwe mu bavuzi ba gihanga basanga umwuga wabo ufitiye igihugu akamaro ariko ukaba udahabwa agaciro nk’uko bikwiye. Aba bavuzi bemeza ko kuba hari abantu batarasobanukirwa neza n’akamaro k’ubu buvuzi bigira ingaruka ku babukora.
Abaturage bivuriza ku kigo nderabuzima cya Kirehe mu karere ka Kirehe barakangurirwa gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza w’umwaka wa 2012/2013 kuko amafaranga batanze ubushize yarangiranye n’ingengo y’imari y’umwaka 2011/2012.
Hagenimana Aimable w’imyaka 34 ukorera ku kigo nderabuzima cya Kigoma kiri mu karere ka Ruhango ari mu maboko ya polisi akekwaho gusambanya umurwayi w’imyaka 27 yarimo kuvura tariki 02/07/2012 mu gihe cya saa yine z’amanywa.
Mu gikorwa cyo kugenzura isuku mu mirenge igize akarere ka Gisagara cyabaye mu kwezi kwa Kamena 2012, byagaragaye ko ahenshi muri ako karere isuku ikiri nke.
Iminsi ibiri mbere y’uko icyumweru cy’ingabo z’igihugu cyahariwe gutanga ubufasha mu buvuzi, yageze imibare y’abaturage bahawe ubwo buvuzi ugeze ku 12.232. umubare urenze intego y’ibihumbi 10 bari bihaye ubwo batangiraga.
PHILIPS, Sosiyete y’Abahorandi ikora ibikoresho binyuranye by’ubuvuzi n’ibyo mu rugo, irasaba Ministeri y’Ubuzima kwemera ibikoresho byayo bigakoreshwa mu buvuzi kuko ngo bishobora kurokora ubuzima bwa benshi.
Ikigega gishinzwe gufasha abarokotse Jenoside batishoboye (FARG) kiratangaza ko kizunguka amafaranga agera kuri miliyari eshanu kibikesheje ibikorwa bya Army week aho abaganga baturutse mu bitaro bya Gisirikari by’u Rwanda bari kuvura abaturage bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke.
Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko 52% by’urubyiruko rufite hagati y’imyaka 15 na 35 banyweye ibiyobyabwenge, bikaba ari yo mpamvu y’imibanire mibi isigaye igaragara mu muryango nyarwanda ndetse n’indwara zidakira.
Muri Kanama 2012 ishuri ryigisha ubuganga riri i Gitwe mu karere ka Rugango “Institut Superieur Pédagogique de Gitwe (ISPG)” rizabona umwarimu mushya w’inzobere uzabafasha guteza imbere ubumenyi mu by’ibuvuzi.
Mu Rwanda hateraniye inama y’iminsi itanu, ihuje abakuriye ibigo by’amalaboratwari mu bihugu bya Afurika y’Uburasirazuba. Inama igamije guhererekanya ubumenyi n’ubunararibonye bwa buri gihugu kigize aka karere.