Nkurikiyinka Jean Marie wahoze ari umuforomo mu bitaro bya Nyanza kuva tariki 02/03/2012 yaratorotse nyuma yo kurangarana ubuzima bw’umubyeyi n’umwana atwite bose bakahasiga ubuzima.
Abantu bakuru n’abana bavukanye ubumuga bw’ibibari bagiye kuvurirwa ubuntu, muri gahunda yatangijwe n’umuryango Operation Smile wo muri Afurika y’Epfo (OSSA) ufatanyije na Minisiteri y’Ubuzima. Iki gikorwa kizababa tariki 15-25/03/2012.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Bugesera bavuga ko amafaranga 10000 acibwa ushaka kwisiramuza ari menshi bagasaba ko bakwemererwa gusiramurwa bishyuriye ku bwisungane mu kwivuza (mutuel de santé).
Abarwayi batagemurirwa bo mu bitaro bya Remera-Rukoma biri mu karere ka Kamonyi bakeneye abagira neza babafasha nk’uko umuryango Umusamariya Mwiza ubaha ibyo kurya buri wa gatandatu ubitangaza.
Abajyanama b’ubuzima bo mu karere ka Nyamasheke bari mu mahugurwa yo guhinga ibihumyo ngo nabo bazigishe abaturage kugihinga mu rwego rwo kurwanya imirire mibi muri ako karere.
Abayobozi b’umujyi wa Gisenyi mu Rwanda na Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo biyemeje kuzajya bahana amakuru ku mibare y’icyorezo cya Kolera kiri guca ibintu mu mujyi wa Goma.
Abaturage bagera kuri 2200 bo mu tugari twa Kawangire na Rwimishinya mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza bamaze kwipimisha ku bushake agakoko gatera SIDA mu gihe cy’ukwezi kumwe.
Ikigo cy’igihugu cyita ku buvuzi (RBC) cyatangiye gahunda nshya yo gutanga imiti ituma umubyeyi wanduye agakoko ka SIDA atanduza umwana atwite. Mu buryo bushya umubyeyi ubana na VIH/SIDA azajya akomeza gufata iyo miti bitandukanye n’uburyo bwari busanzwe aho yayirekaga amaze gucutsa umwana.
Itsinda ry’Abaganga b’inzobere mu kubaga bo mu gihugu cy’u Bwongereza baturutse mu muryango All Nations bamaze icyumweru mu bitaro by’ADEPR-Nyamata mu karere ka Bugesera mu gikorwa cyo kuvura abagabo indwara yo kubyimba udusabo tw’intanga (ernie).
Urwego rurwanya icyorezo cya SIDA mu karere ka Rusizi rurasaba urugaga rw’ababana na VIH/SIDA muri ako karere kugira uruhare mu gukumira ubwandu bushya. Urugaga rw’ababana na VIH/SIDA mu karere ka Rusizi rwatoye komite nshya tariki 22/02/2012.
Depite Murara Jean Damascene avuga ko abanyeshuri biga muri kaminuza bagatwara inda batabiteganyije ari injiji.
Abatampera (temperants) bo mu itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi ryo mu murenge wa Nyamyumba ntibemera ubwisungane mu kwivuza “Mutuelle” kuko ngo ari ishyirahamwe kandi batemerewe kujya mu ishyirahamwe.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro butangaza ko umubare w’abaturage bitabiriye ubwisungane mu kwivuza warazamutse babikesha gahunda yo kwibumbira mu bimina.
Mu rwego rwo kubongerera ubushobozi n’imicungire myiza y’amakoperative, abajyanama b’ubuzima bo mu karere ka Gisagara bahuguwe n’umuryango utegamiye kuri Leta witwa Society for women against Aids in Africa (SWAA- Rwanda) ku bufatanye n’ibitaro bya Kibirizi ndetse na ministeri y’ubuzima.
Minisiteri y’Ubuzima yatanze moto 237 ku bigo nderabuzima, ibitaro byo mu turere twose tw’igihugu n’ibigo bitanu bitegamiye kuri Leta bikorana nayo, mu rwego rwo gufasha abakangurambaga b’ubuzima gukurikarana gahunda zijyanye no kuzamura ireme ry’ubuzima mu Rwanda.
Nyiramana Olive wari umaze amezi 10 akorera ikigo nderabuzima cya Remara – Mbogo mu karere ka Rulindo, yafashwe akoresha impamyabushobozi y’impimbano ahita yiyemerera icyaha.
Ku bitaro bya Nyanza habereye igikorwa cyo gusiramura abagabo 40 bari hagati y’imyaka 15 na 49 ku bushake. Igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 18/02/2012, cyari kigamije gushyira mu bikorwa gahunda za Minisiteri y’ubuzima yo kurwanya ikwirakwiza ry’ubwandu bwa SIDA n’izini ndwara zandurira mu mibonano mpzabitsina.
Amashuri yigisha ababyeyi kwita ku mirire y’abana babo mu rwego rwo kurwanya indwara ziterwa n’imirire mibi arimo gutanga umusaruro kuko abana bari bafite icyo kibazo bari kugenda bamera neza.
Abaturage b’akarere ka Rwamagana bivuriza ku kigo nderabuzima cya Murambi baravuga ko badashobora kuzigera batseta ibirenge mu kwitabira gahunda y’ubwisungane mu kwivuza kubera ukuntu ibafasha mu kwivuza n’imiryango yabo.
Inzoka zo mu nda, amenyo ndetse n’amaso nizo ndwara zibasiye benshi mu bantu 541 biganjemo abana bo mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka kamonyi bavuwe n’itsinda ry’abaganga baturutse mu bitaro bya gisirikare i Kanombe.
Minisitiri w’ubuzima yasabye ko imirire mibi ku bana igomba gucika mu ntara y’amajyaruguru, bikajyana no gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza.
Mu rwego rwo kuzamura imibereho myiza y’abaturage no kurwanya indwara zituruka ku mazi mabi, umuryango wa gikirisito e-Three Partners, tariki 15/02/2012, wamurikiye abaturage bo mu mudugudu wa Rwarucura mu Kagari ka Mbale mu murenge wa Karangazi akarere ka Nyagatare amavomo atatu yatwaye amadorali y’Amerika 5250.
Umuryango Health, Development and Performance (HDP) ugamije guteza imbere umurimo ufite ireme cyane cyane mu nzego z’ubuzima watangiriye mu Rwanda, ubu umaze kugera mu bihugu birindwi bya Afurika, ibindi bine bishishikajwe no gukorana nawo.
Abana bagera kuri 500 bafashwa n’umuryango w’abanyakoreya Good Neighbors ukorera mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka Kamonyi baravurwa n’abaganga bakorera mu bitaro bya gisirikare i Kanombe.
Ababyeyi baturiye imirenge ya Kigabiro, Rubona na Ruhunda muri Rwamagana bagiye kuruhuka ingendo ndende bakoraga bajya kwa muganga kuko muri iyo Mirenge hubatswe inzu eshatu zigezweho z’ababyeyi.
Abagabo bagera kuri 37 bo mu murenge wa Kinihira akarere ka Rulindo bibumbiye mu ishyirahamwe “Turuhure Abagore Bacu” bahisemo kwifungisha burundu kugirango baruhure abagore babo bagubwaga nabi n’uburyo bwo kuringaniza urubyaro bakoreshaga.
Bamwe mu bagana ibitaro bya Kabgayi biherereye mu karere ka Muhanga batangaza ko kuba abaganga n’abaforomo b’ibitaro ari bake bituma bahabwa serivisi batishimira.
Niyomugabo Nyandwi w’imyaka 38 wapfuye ku mugoroba wa tariki 09/02/2012 ni umuntu wa gatatu upfuye muri iki cyumweru bikekwa ko bazira inzoga y’inkorano banyweye tariki 06/02/2012 ahitwa i Mwima mu kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza.
Umukozi ushinzwe ubwisungane mu kwivuza (mituelle de santé) mu kigo nderabuzima cya Mukarange, Bonaventure Babyecwamu, avuga ko umubare w’abantu bari bateganyijwe kwishyura umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza wamaze kuzura ndetse ukanarenga.
Ubusanzwe iyo umuntu avuze kanseri ifata amabere abantu benshi bakunze guhita batekereza ku gitsina gore gusa ariko si byo na gato kuko n’abagabo na bo iyo ibagezeho itabarebera izuba.