Urugaga rw’abikorera (PSF) na Banki Nyarwanda y’Iterambere (BRD), bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye azorohereza abohereza ibicuruzwa mu mahanga.
Bamwe mu batuye mu murenge wa Mamba muri Gisagara bavuga ko bagemuye ibigori muri koperative yabo ikabambura bikabateza ubukene.
Ikigo kigenzura imirimo ifitiye igihugu akamaro RURA, cyatangaje ko igiciro cy’ibikomoka kuri peterori cyazamutse
Abadepite bagize komisiyo y’ubuhinzi n’ubworozi n’ibidukikije barasaba Akarere ka Bugesera gufatanya n’amakoperative acunga amakusanyirizo y’amata hagashakwa isoko rihoraho ry’amata apfubusa.
Nyuma y’aho Minisiteri y’inganda n’ubucuruzi (MINICOM) ihagarikiye umukino w’ikiryabarezi, hari uduce tumwe na tumwe uyu mukino ugikinwa mu buryo bwa rwihishwa.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA), cyamaze guhagarika iyinjizwa n’ikwirakwizwa rya Samsung Galaxy Note 7 ku isoko ryo mu Rwanda.
Abacururiza mu isoko rya Nyagahinga mu Murenge wa Cyanika Akarere ka Burera, bavuga ko kutagira amashyanyarazi bibabera imbogamizi mu bucuruzi bakora.
Urugaga nyarwanda rw’Abikorera (PSF) rutangaza ko abagore bikorera bakiri bake, rugasaba abafatanyabikorwa gushyigikira gahunda ya HeForShe, bakongera umubare wabo.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Munyentwari Alphonse, avuga ko uturere n’imirenge bigomba gufata iyambere, mu gushyira ingufu mu guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda.
Abaturiye agasantere ka Arete mu Murenge wa Kinazi, akarere ka Huye, bavuga ko basigaye bakora n’amasaha y’ijoro kubera amatara rusange.
U Rwanda rwahombye amafaranga agera kuri miriyari 6.8 bitewe n’ibigo 25 byanyereje imisoro.
Abakora imyuga itandukanye mu karere ka Kirehe, babangamiwe na bagenzi babo, banze kuza gukorera mu gakiriro bubakiwe.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyarugenge bufatanyije n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) bafungiye bamwe mu bucuruzi kugira ngo bishyure imisoro babereyemo akarere.
Abari abacuruzi b’inyongeramusaruro n’imbuto mu karere ka Bugesera, bafite impungenge zo guhomba, kuko ubucuruzi bakoraga bwahawe inkeregutabara, bagifite ibicuruzwa.
Perezida Paul Kagame asanga kudaha agaciro igihe no kureberera amakosa ari imwe mu mpamvu zikomeje kudindiza umugabane w’Afurika mu iterambere.
Leta yatangaje ko ubucuruzi bwo mu mihanda i Kigali bwarangiye, nyuma yo kubakira amasoko hirya no hino abahacururizaga (abazunguzayi) bazajya bakoreramo.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ivuga ko mu Rwanda ikoranabuhanga ryo kubika amata rikiri hasi bigatuma kuyacuruza hanze bigorana.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Uwamariya Odette arahamagarira abacuruzi bakomeye kudasuzugura amamurikagurisha aciriritse kuko arimo ibanga rikomeye batazi.
Musabyimana Jacqueline wo mu Karere ka Nyamasheke, aterwa ishema n’akazi akora ko gukora inkweto, nubwo hari abo bigitangaza, bavuga ko ashaje.
Perezida Kagame yatangaje ko mu gihe cya vuba RwandAir itangira ingendo zayo mu Murwa mukuru wa Benin, Cotonou, kubera imibanire ibihugu byombi bifitanye.
Abacuruzi bacururiza ku mupaka w’Akanyaru mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko inyubako yagenewe ubucuruzi bwambukiranya imipaka begerejwe ihenze kuyicururizamo, ari na yo mpamvu batayikoreramo.
Kpoerative y’ubuhinzi COABANAMU ikorera mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, igiye gushinga uruganda ruzahesha agaciro umusaruro wabo.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, RRA, gitangaza ko ku ntego cyihaye yo kwakira imisoro mu mwaka wa 2015-2016 cyarengejeho miliyari 41FRW.
Bamwe mu baturiye umupaka w’Akanyaru mu Karere ka Nyaruguru bakunda kujya guhahira i Burundi baravuga ko bari kwangirwa kwambukana ibyo bahashye.
Abakora inkweto nshya mu Karere ka Ngoma bavuga guca inkweto za caguwa, byatumye abakiliya babagana biyongera.
Kigali Today Ltd, kimwe mu bigo by’itangazamakuru byitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga rimaze iminsi 11 ribera i Gikondo, mu Mujyi wa Kigali, yegukanye kimwe mu bihembo bikuru byahawe abaryitabiriye.
Bamwe mu bacuruzi bakorera mu Mujyi wa Ruhango, baravuga ko babangamiwe cyane n’imurikabikorwa “expo” ririmo kubera imbere y’imiryango y’aho bakorera.
Likeri zikorwa n’uruganda 1000 Hills zatangiye kwibagiza abakunzi b’agasembuye izisanzwe zitumizwa hanze, nyuma y’amezi abiri gusa zigeze ku isoko.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buranenga bamwe mu bagenerwabikorwa ba VUP kuba batitabira gukorana n’Umurenge SACCO ngo bahabwe amafaranga y’inguzanyo yabagenewe.
Nyiramfumukoye Lucie witabiriye Expo 2016 ribera i Gikondo aravuga ko ari kwinjiza agera ku bihumbi 10Frw, abikesha impano ye yo gucuranga Umuduli.