Abana benshi baza muri Expo bari kumwe n’ababyeyi usanga ikibashishikaje ahanini ari ukujya kwidagadura mu bikinisho bitandukanye byabagenewe.
Imurikagurisha ry’igihugu Expo 2016 rizarangira kuwa kane aho kuba kuwa gatatu nk’uko byari biteganyije, kubera ubusabe bwa benshi mu baryitabiriye.
Ikigo cya Leta ya Tanzaniya gishinzwe ibicuruzwa bica ku byambu by’iki gihugu,TPA, kigiye gufungura imiryango mu Rwanda bitarenze 2016.
Bamwe mu baguzi bakunze kuvuga ko ibicuruzwa bikorerwa mu Rwanda bihenze ugereranyije n’ibiva hanze, ariko Expo 2016 yerekana ko atari ukuri.
Banki ya Kigali (BK) iratangaza ko mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka wa 2016 inyungu yabonye yiyongereyeho 16% ugereranyije n’umwaka ushize mu gihe nk’iki.
Leta zunze Ubumwe za Amerika (USA) zongereye ububare w’ibicuruzwa biva mu Rwanda bijya kugurishirizwayo bitishuye amahoro.
Abitabira imurikagurisha barishimira ko hari bimwe mu bicuruzwa bimurikwa byagabanyirijwe ibiciro.
Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’u Rwanda na Congo Brazaville bemeje ko bagiye kongera ubuhahirane mu by’ubucuruzi n’ikoranabuhanga.
Bamwe mu Banyarwanda bitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga ririmo kubera i Kigali barahamya ko ari umwanya wo kugaragaza ubwiza bw’ibikorerwa mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba buratangaza ko bwamaze gufata ingamba ku bakorera magendu mu Kiyaga cya Kivu bakanyereza imisoro.
Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM) yahagaritse by’agateganyo imikino y’amahirwe izwi nk’Ikiryabarezi, nyuma y’igenzura ryasanze bamwe mu bayicuruza batubahiriza amategeko n’amabwiriza.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro kiravuga ko gifite gahunda yo guca abitwaza ko imisoro iri hejuru bakajya gushora imari mu bindi bihugu.
Abacururiza mu isoko rya Gisiza ryo mu Murenge wa Musasa muri Rutsiro bavuga ko nabo babangamiwe no gucururiza mu muhanda bagasaba isoko.
Inyama z’ingurube ni zimwe mu zikunzwe cyane mu Karere ka Rusizi ndetse no muri Congo ariko aborozi ntibarabasha guhaza isoko ry’abazikeneye.
Mukamwiza Naomi, wo mu Mujyi wa Gisenyi, acuruza ibishyimbo bitetse bise “mituyu” (Me2u) bikamufasha gutunga abana be batanu barimo n’impfubyi arera.
Abacururiza ibiribwa mu gice kidatwikiriye mu isoko rya Musha mu Karere ka Gisagara baravuga ko bibatera igihombo kuko byicwa n’izuba.
Minisiteri y’ubucurizi n’inganda yemeza ko uruganda rutunganya amata rwa Nyabihu rutazarenza Kanama 2016 rutaratangira, kuko rwamaze kubona uzarucunga.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) itangaza ko hagiye gusanwa umuhanda mpuzamahanga uzahuza Kagitumba, Kayonza na Rusumo, ukazatwara asaga miliyari 147Fwr.
Jumia yatangiye igikorwa kizamara amezi abiri cyo gushishikariza abafite inganda n’abacuruza ibikorerwa mu Rwanda, ‘’Made in Rwanda”, gutangira kwamamariza no gucururiza ibicuruzwa ku rubuga rwa internet www.jumia.rw.
Uruganda rwa Sima mu Rwanda (CIMERWA) ruvuga ko rwanenzwe kutorohereza abacuruzi n’abubatsi kubona sima rukora, bigatuma igihugu gikomeza kuyitumiza hanze.
Imurikabikorwa ry’abafatanyabikorwa b’Akarere ka Gasabo, ryasojwe hahembwa abamuritse ibikorwa byahize iby’abandi mu rwego rwo kongera uguhiganwa no kugera kuri serivisi nziza mu karere.
Abahahira mu Isoko rya Kibungo bavuga ko”Tumuhombye” yatumye iri soko rigeza saa yine z’ijoro kandi ubundi ryarafungaga saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.
Sosiyete z’itumanaho za MTN Rwanda na Tigo Rwanda zatakaje abakiriya muri Gicurasi 2016 mu gihe mukeba wazo “Airtel Rwanda” yungutse umubare munini w’abakiriya.
Abakobwa bavumbuye igihingwa cyera amasaro akoreshwa mu mitako mu Karere ka Ngoma, bavuga ko batayabonera isoko kubera gukorera mu cyaro.
Abanyabukorikori bo mu Karere ka Gatsibo batangaza ko igihe imirimo yo kuba akagakiriro izaba irangiye biteguye kubyaza umusaruro ibyo bakora.
Umuryango mpuzamahanga Mastercard Foundation mu nama y’ubuyobozi wakoreye mu Rwanda, wemereye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame gukomeza guteza imbere u Rwanda.
Abacuruzi baciriritse bo mu Ntara y’Amajyepfo bavuga ko kunyereza imisoro kwabo guturuka ku bo baranguriraho bo muri Kigali basorera ½ gusa cy’ibyo baranguriweho.
U Rwanda rwungutse ibindi bigega bya sosiyete icuruza ibikomoka kuri peteroli SP, bifite ubushobozi bwo kubika litiro miliyoni 22 zafasha igihugu mu mezi atatu.
Abaturage batuye mu Karere ka Nyamasheke basarabwa kwitabira kuzabyaza umusaruro amaguriro mashya agiye gushyirwa kuri Kaburimbo ikikije i Kivu (Kivu Belt).
Abadepite bagaragaje amakenga batewe no guhanika umusoro ku myenda ya caguwa n’isukari iva hanze y’akarere, mu gihe nta kibanje gukorwa.