Amakoperative y’uburobyi mu kiyaga cya Kivu mu mirenge itandukanye y’akarere ka Rusizi, yashinjaga abayobora umushinga “Projet Peche” gushaka kwiharira isoko ry’umusaruro w’amafi n’isambaza biva mu kiyaga.
Ikigo ngenzuramikorere (RURA) cyatangaje ko ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli mu Rwanda byongeye kuzamuka.
Ikigo Kountable cy’Abanyamerika gikorera mu bihugu bitandukanye birimo n’u Rwanda, kivuga ko cyifuza guha amafaranga abatsindiye amasoko ya Leta kitabasabye ingwate.
Umuyobozi w’Urugaga nyarwanda rw’abikorera (PSF), Robert Bapfakurera arizeza kuzubaka ahazajya habera imurikagurisha mpuzamahanga bitarenze mu 2020.
Robert Bapfakurera niwe watorewe kuyobora Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF), akaba asimbuye kuri uyu mwanya Benjamin Gasamagera waruyoboraga kuva mu 2013.
Kompanyi Nyarwanda y’ingedo zo mu kirere, RwandAir, yatangiye kwegeranya amakuru agamije kuyifasha kumenya uko yakwinjira ku isoko rya Isiraheli.
Uruganda rukora ibiribwa rwa African Improved Food (AIF) rwashyize ku isoko ifu y’igikoma yagenewe umuryango rwise “Nootri Family.”
Ingamba zo gufungura ikirere cya Afurika kuri kompanyi z’indege Nyafurika zije ari inkuru nziza kuri Rwandair, yari isanganywe intego yo kwigarurira isoko rya Afurika.
Minisitiri w’ubucuruzi Vincent Munyeshyaka yahumurije abatuye Akarere ka Rubavu bahangayikishijwe n’ibura ry’isoko ry’ibirayi bikaborera mu mirima.
Ibigo by’ubwishingizi byahisemo kuzamura ibiciro by’ubwishingizi bw’ibinyabiziga kuva kuri 40% kugera kuri 60% aho kuba 73% nk’uko byari byatangajwe tariki 01/1/2018.
Abagize urwego rw’abacungagereza (RCS) nabo bahawe uburenganzira bwo kujya bahahira mu isoko ryashyiriweho ingabo z’igihugu, nyuma yo kugaragaza ko byabafasha kugira ubuzima bwiza.
Banki nkuru y’u Rwanda (BNR) ivuga ko mu mwaka umwe gusa abajura Miliyoni umunani bagerageje kwiba amabanki yo mu Rwanda bifashishije ikoranabuhanga.
Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi( MINAGRI) yavuze ko bidatinze iza gufungira ababazi b’inyama batubahiriza amabwiriza yashyizeho.
Abacururizaga mu nzu z’ahitwa Kiruhura mu kagari ka Nyabugogo mu murenge wa Kigali barataka igihombo batewe n’ifungwa ry’aho bacururizaga bakifuza gukomorerwa.
Abamotari bakorera mu Mujyi wa Kigali bagereranya amande bacibwa iyo bagejeje umugenzi aho agiye nk’urugomo bakorerwa kuko bumva nta makosa baba bakoze.
Nyuma y’iminsi mikuru ya Noheli n’ubunani, abaguzi b’ibiribwa baravuga ko ibiciro byazamutse mu gihe abacuruzi bo barira ko babuze abakiriya.
Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda ( MINICOM) yatangaje ibihano by’amakosa agaragara mu bucuruzi bw’ibirayi bwo mu mujyi wa Kigali no mu zindi ntara.
Munyakayanza Donasiyani watomboye imodoka ya miliyoni 38Frw muri tombora ya Banki ya Kigali yiswe ‘Bigereho na BK’ ngo igiye kumufasha mu bucuruzi bwe.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuziranenge (RSB) cyahawe icyemezo mpuzamahanga cy’uko gishobora gutanga ikirango cy’Ubuziranenge ku biribwa byoherezwa mu mahanga.
Ministeri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) ivuga ko yaciye abamamyi mu bucuruzi bw’ibirayi, mu rwego rwo kurenganura abahinzi no kugabanya izamuka ry’ibiciro byabyo.
Polisi y’u Rwanda yerekanye ibicuruzwa bitujujwe ubuziranenge n’ibyarengeje igihe bifite agaciro ka miriyoni 33 byafashwe mu gihe cy’iminsi ibiri gusa.
Mu minsi mikuru mu Rwanda no ku isi hose niho abantu bafata umwanya wo kwishima no kwishimana n’ababo babaha impano. Usanga urujya n’uruza mu masoko bamwe bahaha abandi basurana n’inshuti zabo.
Perezida Paul Kagame avuga ko kuba ubucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika bukigoranye, biri mu bikomeje kudindiza uyu mugabane kugira ngo ugere ku iterambere rirambye.
Abagenzi batega moto mu mugi wa Kigali baravuga ko uburyo bwa “Yego Moto” ari bwiza ariko bukirimo ibibazo mu myishyurire.
Abagize koperative ‘Urukundo’ bacururiza mu gikari cya Haji Enterprise i Mugandamure mu karere ka Nyanza bemeza ko iterambere bagezeho barikesha Haji wabakuye mu muhanda.
Rwiyemezamirimo Jaures Habineza utuye muri Canada asaba urubyiruko kureba kure, agahamya ko ari byo byamuhaye amahirwe yo kwihangira umurimo uzamubeshaho mu minsi iri imbere.
Abatwara abagenzi kuri moto mu Mujyi wa Kigali, ntibiyumvisha impamvu bishyuzwa amafaranga 50Frw bya mubazi bahawe kandi mu masezerano bagiranye bitarimo.
Havugimana Said uzwi ku izina rya ‘Haji’ ucururiza amata mu Karere ka Nyanza, yaretse ubwarimu yinjira mu bucuruzi none bumugejeje ku mutungo wa Miliyoni 500Frw.
Ishyirahamwe ry’abafasha abacuruzi gutumiza no kohereza ibintu mu mahanga (RWAFFA), ririfuza Itegeko ririgenga kugira ngo rihanishe abateza ibihombo Leta n’abikorera.
Grand Legacy Hotel, imwe mu ma hoteri y’inyenyeri enye, mu Mpera z’iki cyumweru yasangiye Noheli n’abafatanyabikorwa bayo inabizeza igabanya ry’ibiciro kuri serivisi itanga, muri ibi bihe by’iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani Abanyarwanda bagiye kwinjiramo.