Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bagore (UN Women) rifatanyije n’abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka mu Rwanda baraganira uburyo mu Rwanda ubu bucuruzi bwanozwa gahakurwaho imbogamizi ababukora bahura nazo.
Abafundi n’ababahereza 250 bavuga ko bambuwe na rwiyemezamirimo Ruhumuriza Theobard, uhagarariye company Elite General Constractors Ltd (EGC) yatsindiye kwagura isoko ry’akarere ka Ngoma none barasaba kurenganurwa kuko ngo ubuzima bubagoye cyane .
Bamwe mu bitabiriye gahunda ya Hanga umurimo ubwo yageragezwaga bwa mbere, nyuma y’igihe cy’umwaka n’igice imishinga yabo yemewe ntibarabasha kubona inguzanyo nk’uko bari babyizeye. Ibi ngo biterwa ahanini n’uko abenshi bajyanye imishinga yabo muri BK na yo ikananirwa kuyiga yose uko bikwiye.
Senateri Rwigamda Balinda ashishikariza abikorera bo mu karere ka Burera kurangwa n’indangagaciro zirimo ubunyangamugayo, birinda forode kuko “business” nziza iteza abantu mbere ari iciye mu mucyo.
Ihagarikwa ry’uburobyi mu Kivu ryatumye amafi n’isambaza bihenda mu isoko rya Gisenyi kuko ubu ikiro cy’isamba kigura amafaranga 3000 kandi cyaguraga 1700. Amafi yo aragura amafaranga 3500 ikilo mu guhe yaguraga amafaranga 2500.
Mu karere ka Gatsibo hatangijwe itsinda ry’indashyikirwa mu rwego rwo kwishyira hamwe no kubaka urwego rw’urugaga rw’abikorera mu karere kabo, kuri uyu wa Gatanu tariki27/09/2013.
Aborozi b’inzuki (Abavumvu) bo mu gace kegereye ibirunga, mu karere ka Burera, bari mu ihuriro ry’abavumvu ryitwa UNICOPAV batangaza ko bafite umusaruro mwinshi w’ubuki ariko baburiye isoko, bakaba basaba ubuyobozi kubashakira isoko.
Abagore 32 ba ryiyemezamirimo bahuguwe na Goldman Suchs ku bufatanye na kaminuza ya William David Institute (WDI) yo muri Amerika ndetse n’ishuri rikuru ry’imari n’amabanki mu Rwanda (SFB) muri gahunda yabo bise abagore ibihumbi icumi (10000 women).
Abaturage bakoze imirimo yo gutinda umuhanda uhuza imirenge ya Musenyi na Shyara uzanyura ku gishanga cy’Umurago mu karere ka Bugesera barasaba akarere kutazishyura sosiyete yitwa FIECO yabakoresheje, itabanje kubishyura amafaranga bakoreye kuko yabambuye.
Nyuma y’igihe bamwe mu bafite ibikorwa mu mbago GMC ikoreramo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro basaba ko bakwimurwa, abafite amazu ahitwa ku Cyome hafi y’umuhanda wa Kaburimbo ahegereye ikiraro cya Nyabarongo kigabanya uturere twa Ngororero na Muhanga ntibavuga rumwe n’iyo sosiyete ndetse n’ubuyobozi bw’akarere.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Isakazabumenyi irakangurira urubyiruko rwo mu karere ka Nyamasheke kugira umuco wo gukorana n’ibigo by’imari, kuko iyo umuntu abitsa akanabikuza ari bwo ashobora kubona inguzanyo imufasha kwiteza imbere.
DYNAMITE Brands (R) Ltd bivugwa ko ari isosiyete ishinzwe gukwirakwiza ibikoresho bya electronike irakemangwa na bamwe mu baturage aho bavuga ko imikorere yayo idahwitse ndetse bakaba basaba ko ibyayo byasuzumwa amazi atararenga inkombe.
Nyuma y’aho amakompanyi ya GMC (Gatumba Mining Concession) na NRD (Natural Resources Development) akora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro agaragayemo ibibazo ndetse bimwe mu bikorwa byayo bigahagarara, Minisiteri y’Umutungo Kamere irimo kubera uburyo byakemuka.
Bamwe mu batuye umujyi wa Musanze, bavuga ko byinshi mu bibazo bibonekamo mu mitangire ya serivisi buturuka ku kugira abakozi bacye, ndetse no kutihuta mu mitangire ya serivisi y’inzego zimwe na zimwe.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali n’abagore basanzwe bacururiza mu muhanda mu buryo butemewe bazwi nka “Bazunguzage”, bakoze ibiganiro byo gushakira umuti ibibazo byatumaga babangamirana ahubwo biyemeza gushaka icyabazamura.
Abaturage barema isoko rya Nyange mu murenge wa Ngororero ntibishimiye uburyo bakwa imisoro kuko bavuga ko basoreshwa kandi n’ababaguriye nabo bagasoreshwa bityo ibyo bacuruje bigasora kabiri. Byongeye kandi ngo imisoro batanga ntibazi uyakira kuko badahabwa gitansi yemeza ko batanze umusoro.
Bamwe mu bacururiza mu isoko rya Kabuga mu murenge wa Mugombwa mu karere ka Gisagara bavuga ko imisoro iri hejuru bagereranyije n’amafaranga binjiza iyo bacuruza basaba ko yamanurwa.
Abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuziranenge (RBS) bafatanyije n’ubuyobozi bw’umurenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi bakoze umukwabo mu bantu bagikoresha ibikoresho bitujuje ubuziranenge bitandukanye mu rwego rwo kwirinda ingaruka zibyo bikoresho.
Abacuruzi badanzaza ibintu bitandukanye mu isoko rya Rusumo mu murenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero bakomeje kugaragaza imbogamizi zirimo n’igihombo bahura nacyo kubera ko bakorera hanze bityo bagakora igihe gito ndetse n’ibicuruzwa byabo bikangirika.
Ubwo yafunguraga inama ihuje inganda z’icyayi zo mu karere ka Afurika y’uburasirazuba (EATTA) iteraniye i Kigali kuri uyu wa 29/08/2013, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yasabye inganda z’icyayi kongera umusaruro n’ubwiza bwacyo, zirengagije imbogamizi zifite.
Umwanzuro wo guhagarika GMC na NRD mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro wafatiwe mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Ngororero yateranye kuri uyu wa gatatu tariki 28/08/2013 iyobowe n’umuyobozi w’Akarere, Ruboneza Gedeon.
Imurikagurisha n’imurikabikorwa rya Nyamasheke ryari rimaze icyumweru ribera muri aka karere ngo risojwe risigiye isomo rikomeye abikorera n’abafatanyabikorwa bose mu iterambere ry’akarere ka Nyamasheke kuko ryagaragaje byinshi byiza bishobora kwitabwaho bigatuma aka karere gatera imbere kurushaho.
Iyongerwa ry’amasaha y’akazi ryatumye urujya n’uruza rwiyongera ku mupaka wa Nemba uhuza u Rwanda n’u Burindi uri mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 23/08/2013, Umucuruzi wa boutique n’inzoga witwa Niyigena Theophile yatawe muri yombi na Polisi imusanganye magendu y’amakarito 25 y’inzoga ya African Gin.
Abacuruzi n’abikorera bo mu karere ka Nyamasheke barashishikarizwa kumenya indimi z’amahanga, by’umwihariko izikoreshwa mu bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) kugira ngo bazabashe guhangana ku isoko ry’ibi bihugu.
Inganda nyinshi zikorera mu Rwanda zifatwa nk’iziciriritse ngo usanga ibikorwa byazo birenze ubushobozi bwazo kuko ziri mu bya mbere byongera ubukungu n’umusaruro mu gihugu, nk’uko bitangazwa na Alexis Kanyankole, umuyobozi wa Banki y’igihugu itsura amajyambere (BRD).
Mu minsi yashize, abafite amazu y’ubucuruzi atari etaje rwagati mu mugi wa Butare bari bandikiwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Huye amabaruwa abamenyesha ko azafungwa ku itariki ya 31 Nyakanga, maze abakoreragamo bakajya gukorera mu nyubako nshya zuzuye muri uyu mugi.
Abacururiza mu isoko rya Rambura mu murenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro bashima ko bubakiwe isoko rya kijyambere ariko bakavuga ko harimo ikibazo cy’uko ritubatse neza, kuko mu gihe cy’imvura batabona uko bacuruza bitewe n’uko amazi yuzura mu isoko n’ibicuruzwa byabo bikangirika.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA) hamwe n’urugaga rw’abikorera (PSF) bishimiye uburyo ibicuruzwa bitumizwa hanze bitazongera gutinda mu nzira, kuko hashyizweho uburyo bwo kubisuzumira ahantu hamwe gusa (single customs territory), bikazabirinda kwangirikira mu nzira no kubitangaho amafaranga menshi.
Imurikagurisha mpuzamahanga ryatangijwe i Kigali kuri uyu kane tariki 25/07/2013, rigaragazwa nk’igipimo cyo gusuzuma imizamukire y’ubukungu bw’igihugu ndetse no gutsura umubano n’amahanga mu bijyanye n’ubukungu, nk’uko Guverinoma n’inzego z’abikorera mu Rwanda babitangaje.