Mu gihe hari abaturage bavuga ko impfu za hato na hato z’inka mu karere ka Kayonza ziterwa nuko abavuzi b’amatungo batazitaho, veterineri w’akarere avuga ko izo nka zapfuye zizize indwara kimwe n’uko n’irindi tungo ryapfa.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ifite gahunda yo kongera umusaruro w’amafi, ku buryo umubare w’Abanyarwanda barya amafi mu 2017 uzaba urenze ikigero cy’ifatizo cy’Ikigo mpuzamahanga kita ku mirire (FAO).
Ishami ry’umurango w’abibumbye ushinzwe ubuhinzi (FAO) uratangaza ko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) hamwe no mu bihugu biyikikije hateye icyorezo cyica amatungo y’ihene. Muri RDC hamaze gupha ihene ibihumbi 75.
Intara y’Uburasirazuba ariyo ifite inka nyinshi ugereranyije n’izindi ntara ariko izo nka zifitwe n’abantu bakeya ugereranyije n’umubare w’abaturage batuye iyi ntara; nk’uko bitangazwa na Guverineri w’intara y’uburasirazuba, Uwamariya Odette.
Inka 20 zahawe abaturage bo mu mudugudu w’icyitegererezo wa Nyagatovu mu murenge wa Mukarange wo mu karere ka Kayonza tariki 22/02/2012. Izi nka zatanzwe n’umuryango Heifer International zije zisanga izindi 15 uyu muryango uherutse gutanga muri uyu mudugudu.
Abarozi bo mu mirenge itanu yo mu Karere ka Gakenke bashyizeho ubwisungane mu kuvuza amatungo yabo bakemura ikibazo cy’amafaranga yo kuvuza inka.
Inzobere mu bworozi bw’inzuki ziratangaza ko habonetse indwara yitwa varroa mu nzuki zo mu Rwanda ku buryo ngo hatagize igikorwa nta ruyuki rwaba rukibarizwa mu Rwanda nyuma y’imyaka ibiri.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr Agnes Kalibata, aganira n’abanyamakuru tariki 13/12/2011, yasobanuye uburyo gahunda ya Girinka Munyarwanda ikorwa; by’umwihariko kubona inka binyuze mu ma banki.