Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buravuga ko icyumweru cyahariwe gahunda ya Girinka kizarangira, byibura abaturage bakabakaba 58 bamaze kugabirwa.
Inka zisaga 22.000 mu Karere ka Ruhango zatangiye gukingirwa indwara y’igifuruta n’ubutaka mu gikorwa kizamara ibyumweru bibiri.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, ishami rya Karama mu Bugesera, kimaze imyaka isaga itatu gikora ubushakashatsi ku bworozi bw’ingamiya.
Ikaragiro ry’amata rya Burera rikunze kubura amata, ntirikore uko bikwiye kubera ikibazo cy’amakusanyirizo y’amata kiri muri ako karere.
Inganda zikora ibiryo by’amatungo ziri kubakwa mu Rwanda ngo ziratanga icyizere ko mu gihe kiri imbere ibyo biryo bitazongera kubura.
Nyuma y’umwaka yararagije inka yahawe muri gahunda ya “Gira inka’, ubuyobozi bwayimwatse bumushinja kuyigurisha, ariko we akavuga ko arenganye kuko yayiragije bubizi.
Bamwe mu bagabiwe inka muri Gisagara baravuga ko bafite icyizere ko zizabahindurira imibereho mu gihe bemeza ko bari babayeho nabi.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Meshimana Gerardine yasabye imiryango 50 yahawe inka n’Uruganda rw’icyayi rwa Sorwathe kuzorora bagakamira abana amata.
Bamwe mu batuye Umurenge wa Nyarubaka muri Kamonyi bashoboye kubona inguzanyo z’amatungo babikesha kwishyira hamwe mu matsinda agamije kubateza imbere.
Urugaga Nyarwanda rw’Abavuzi b’Amatungo (RCVD) rwahagurukiye gukurikirana imyitwarire ya bamwe mu bavuzi b’amatungo babahesha isura mbi.
Aborozi bo mu nkengero z’ishyamba rya Gisirikare rya Gako mu Bugesera bahawe hegitari 600 z’urwuri rwo kororeramo.
Abaturage bamwe b’Umurenge wa Kibirizi mu Karere ka Gisagara baravuga ko imihigo y’ingo yabafashije korora mu gihe mbere batagiraga itungo.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu cyita ku buhinzi n’ubworozi(RAB), buvuga ko gutera intanga ingurube bigiye gusakazwa mu gihugu hose kuko birinda ikwirakwizwa ry’indwara.
Akarere ka Rubavu kamaze gutanga inka 300 mu nka 900 kahize mu muhigo n’ubwo ubuyobozi buvuga ko n’izisigaye zizaboneka zigatangwa.
Abororera mu Kagari ka Buhabwa mu Murenge wa Murundi i Kayonza bavuga ko inka zigiye kubashiraho kubera kutazibonera amazi.
Mu gice cyagenewe inganda i Sovu mu Karere ka Huye, hashyizwe ibuye ry’ifatizo ahazubakwa uruganda ruzajya rutunganya ibiryo by’amatungo.
Imiryango 77 itishoboye yo mu Murenge wa Gishyita, Akarere ka Karongi yahawe inka mu rwego rwo kuyifasha kwiteza imbere.
Urubyiruko rwo mu karere ka Gicumbi rwahuguwe uburyo bwo kororamo inzuki mu buryo bwa kijyambere kugira ngo bizarufashe kwiteza imbere.
Aborozi bo mu murenge wa Nyakarenzo mu karere ka Rusizi babangamiwe n’ikusanyirizo bubakiwe rimaze imyaka 2 ridakora.
Mu cyumweru cyahariwe gahunda ya “Gira inka” mu karere ka Rusizi, abaturage basaba ko umuco wa Ruswa wagiye uyirangwamo wacika.
Abaturage 43 bo mu Karere ka Nyabihu bahawe inka muri gahunda ya Gira inka, hagamijwe kubafasha kwikura mu bukene.
Abatuye Akarere ka Kirehe barashima Leta y’u Rwanda kuri gahunda ya Gira inka, kuko ifasha abakene mu iterambere no mu mibereho myiza.
Aborozi ba kijyambere mu karere ka Nyagatare barifuza ko bafashwa kubona imbuto y’ubwatsi bwahingwa bugahunikwa, ku buryo bwabafasha guhangana n’izuba.
Abanyamuryango ba koperative Umubano ikoresha ikusanyirizo ry’amata mu murenge wa Nyange bavuga ko kubura amata bitumye imashini zimara imyaka 3 zidakora.
Abanyamuryango ba koperative COCELERU y’abafite Virusi itera SIDA n’abafite ubumuga mu murenge wa Rukomo barishimira ko batakishyurirwa Mitiweli nk’uko byahoze.
Amakusanyirizo yo mu Karere ka Kamonyi ngo ahangayikishwa n’abagemura amata atanyujijwemo ngo apimwe ubuziranenge kuko iyo apfuye byitirirwa aborozi bose bo mu karere.
Abahawe inka muri gahunda ya Girinka bagejejweho ibikoresho bizabafasha kwita kuri izo nka kugira ngo bazirinde indwara zibahe umusaruro.
Ruzibiza Jean Claude, umworozi w’inkoko mu Karere ka Rukindo, yatangiye bimugoye ariko ubu ageze ku rwego rwo guhugura abandi kinyamwuga.
Indwara y’ifumbi mu nka ngo iteye impungenge Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, aho mu nka 800 zasuzumwe mu turere dutatu basanze 305 zirwaye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buvuga ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa abana b’abakobwa, rituma iterambere ryabo n’iry’umuryango muri rusange ridindira