Abagize Koperative yitwa CEPTL (Cooperative des Eleveurs pour la Production du Lait) ikusanya umukamo w’amata y’inka ava mu borozi bo mu Murenge wa Cyanika mu karere ka Burera baravuga ko batakibona uko bagurisha umukamo mwinshi kubera ko imirimo y’uruganda Burera Daily yahagaze kugeza ubu.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba burasaba aborozi baturiye ikigo cya gisirikare cya Gabiro giherereye mu karere ka Gatsibo, gucika ku kuragiramo inka zabo birinda igihombo kuko izifatiwemo zitezwa cyamunara.
Abarokotse Jenoside 10 bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, kuwa gatandatu tariki 7/9/2019 baremewe inka n’abakozi b’ibitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB), bahita biyemeza kuzakora ikimina cyo kuzivuza.
Imvura yaguye ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 1 Nzeri 2019, mu Karere ka Huye hari aho yangije imirima inasenyera bamwe, ariko Vincent Twizeyimana we yamwiciye inkoko 1000.
Imvura yaraye iguye mu Karere ka Huye yangije byinshi birimo inkoko 1000 z’uwitwa Twizeyimana Vincent.
Aborozi b’inkoko bo mu Karere ka Huye bavuga ko n’ubwo begerejwe uruganda rw’ibiryo by’amatungo ntacyo rubamariye, kuko ibiryo rukora aho kuzamura umusaruro biwugabanya.
Muri Mutarama uyu mwaka wa 2019, minisiteri y’uburezi yashyizeho ibwiriza zisaba ibigo by’amashuri byose byo mu Rwanda, guhera mu mashuri y’inshuke kugeza mu yisumbuye guha abana amata nibura inusu ku munsi, bivuze ko hazakenerwa amata angana na litiro 1,813,181.
Aborozi mu karere ka Nyagatare bavuga isoko ry’amata bafite ari rito mugihe ingamba zo kongera umukamo zigenda zigerwaho.
Mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’ibura ry’amazi y’amatungo cyane cyane mu gihe cy’impeshyi aborozi bo mu Karere ka Nyagatare bagiye kwegerezwa amariba rusange akoze mu mahema (Damsheet) makumyabiri n’atatu (23).
Aborozi batatu mu karere ka Nyagatare bapfushije inka zafatiwe ubwishingizi batangiye kwishyurwa kugira ngo bagure izizisimbura.
Si kenshi wabona imbwa yizerereza mu Mujyi wa Kigali idafite nyirayo, ariko si uko zidahari ahubwo inyinshi ngo zagiye kororerwa mu ngo z’abantu, ndetse nazo zikaba zisigaye zijyanwa ku ishuri.
Imashini irarira amagi (Incubator) ni imashini ishobora kuba yagira akamaro nk’ak’inkoko mu kurarira amagi mu gihe kingana n’iminsi 21 n’ubundi nk’uko inkoko ibikora.
Mu Karere ka Rubavu bemeje ko amata yose agomba kujyanwa ku makusanyirizo naho abakora serivisi z’amata bakaba bagiye kuzikorera hamwe mu rwego rwo kuzamura ubuziranenge bw’amata.
Imiryango 12 y’Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi yorojwe ihene iragaya abazihabwa bakazigurisha cyangwa bakazirya zitarororoka.
Abatuye mu Mudugudu w’icyitegererezo wa Nyabikiri mu Kagari ka Nyabikiri mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo bashima ko bahawe inka ariko na none bagasaba ubutaka bwo kuzihingiraho ubwatsi.
Aborozi bagemura amata ku ikusanyirizo rya Kibondo riherereye mu Karere ka Gatsibo barasaba kugabanyirizwa igiciro cy’umuriro w’amashanyarazi kuko bituma badatera imbere.
Col. Albert Rugambwa, Umuyobozi w’ingabo mu turere twa Nyagatare, Gatsibo, Kayonza na Rwamagana arashimira aborozi ba Nyagatare kuba batakiragira mu kigo cya gisirikare cya Gabiro kuko bigaragaraza ko bumvira.
Ba Veterineri bigenga iyo bagiye kuvura amatungo y’aborozi ngo baca amafaranga bishakiye kandi hari iteka rigena ibiciro by’ubuvuzi bw’amatungo, bakaba bahagurukiwe kugira ngo ryubahizwe harengerwa inyungu z’umworozi.
Ihuriro ry’amakoperative y’abarobyi mu kiyaga cya Kivu rikorera mu karere ka Nyamasheke riravuga ko hamwe no guhindura imikorere ngo rigiye gushaka uko ryabyaza umusaruro iki kiyanga mu nyungu z’abanyamuryango n’Abanyarwanda muri rusange, nyuma y’aho ryari ryarazahajwe na barushimusi ubu bakaba bagiye guhagurukirwa (…)
Abaveterineri b’imirenge 14 bahawe ibikoresho byifashishwa mu gutera intanga no kuzibika biyemeza kwegera aborozi no kubafasha kuvugurura amatungo.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudian, avuga ko abafashamyumvire mu bworozi bitezweho kuzamura umukamo no gushishikariza aborozi korora kijyambere.
Bamwe mu barobyi mu Kiyaga cya Muhazi baravuga ko guhagarikirwa bumwe mu buryo bwo kuroba indugu bishobora kuzagira ingaruka ku mirire kuko abagituriye bari bamaze kugira umuco wo kwigurira indugu zo kugaburira imiryango ku mafaranga 500 ku kilo.
Kugira ngo bafashe Abanyarwanda kugira ubuzima bwiza no gutera imbere, aborozi n’abacuruza amata biyemeje kuyabakundisha.
Nyuma yo kubona inka za ‘Jersey’ zitanga umukamo mwinshi kandi zishobora kororwa n’abatagira amikoro menshi, Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yiyemeje kongera umubare wazo.
Imiryango itishoboye 113 yo mu mirenge itatu yo muri Nyagatare yahawe inka. Kamugundu Nasson umuturage wo mu kagari ka Nsheke, umwe mu bahawe inka, ashimira perezida wa Repubulika wamuhaye inka nyuma y’imyaka irenga 20 ize zinyazwe.
Aborozi bo mu turere dutatu tuzwiho kugira umukamo utubutse ari two Nyagatare, Gatsibo na Gicumbi baravuga ko batewe igihombo kinini n’icyemezo cy’uruganda Inyange Industries cyo kudafata amata yabo iminsi ibiri mu cyumweru.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) iratangaza ko ifite gahunda yo kuvugurura ubworozi bw’ingurube bugakorwa kinyamwuga.
Hari aborozi bashima inka zo mu bwoko bw’Injeresi (Jersey), bavuga ko zibereye kororwa n’Abanyarwanda, kuko ngo zirya bike kandi zigatanga umukamo mwinshi.
Aborozi mu Karere ka Nyagatare barakangurirwa gukorera inzuri zabo kuko leta yabashyiriyeho uburyo bwo kubafasha buzwi nka "nkunganire", aho ibaha angana na 50%.
Minisitiri w’urubyiruko avuga ko leta yifuza ko abafashijwe, bahera ku nkunga bahawe bakiteza imbere aho guhora bategereje kongera gufashwa.