Bamwe mu bagore batunze ingo mu Karere ka Nyagatare bavuga ko inka bagabiwe muri gahunda ya Girinka zabakuye ku guca inshuro, ubu bakaba ari abakire bitunze.
Imiryango 833 yo mu Karere ka Nyagatare irimo iyagaragayemo imirire mibi yahawe ibiti by’imbuto ihabwa n’inyigisho zo gutegura indyo yuzuye, naho imiryango 200 yorozwa amatungo magufi.
Mu gihe Leta yashyizeho gahunda ya Girinka mu rwego rwo kuvana abaturage mu bukene, ubu umubare munini w’Abanyarwanda ukaba utunze inka, hari abagorwa no gusobanukirwa ubwoko bw’inka batunze bikaba byadindiza umusaruro zitanga bitewe no kudahabwa ibyo zikeneye.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) irashishikariza abaturage kwitabira ubworozi bw’inkoko zo mu bwoko bwa SASO, nibura buri muryango ukagira inkoko eshanu mu rwego rwo kurwanya imirire mibi hagamijwe iterambere.
Aborozi bo mu Karere ka Rubavu bakenera ibiryo by’amatungo bizwi nka ‘drêche’ biva mu ruganda rwa Bralirwa rukorera mu Murenge wa Nyamyumba, bavuga ko bibona umugabo bigasiba undi bitewe n’ubucuruzi buri mu kigo cya SOSERGI kibigurisha.
Amafi ni ikiribwa kigenda cyitabirwa cyane, bitewe n’uko hari abantu bavuga ko batagikunda kurya inyama zitukura, ahubwo bakarya amafi kuko yo afatwa nk’inyama z’umweru. Icyakora abayagura bagaragaza impungenge ku giciro cyayo kuko bavuga ko kiri hejuru.
Impuguke mu by’ubworozi bw’amatungo zivuga ko mu bituma inka zorowe zimererwa neza, harimo kuba zitagenerwa amazi cyangwa ngo ziyahatirwe nk’uko aborozi benshi babigenza, ahubwo ko ibyiza ari uko inka zegerezwa amazi, aho ziyashakiye zigasomaho.
Abacuruzi b’isambaza mu mujyi Kamembe baratangaza ko babonye igisubizo cyo kubika umusaruro w’isambaza usanzwe uboneka mu kiyaga cya Kivu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara bwifuza ko hasubizwaho kantine yahoze mu byuzi by’amafi bya Kigembe (abahaturiye bazi ku izina rya Rwabisemanyi), MINAGRI yo igashaka ko ubushakashatsi mu gutuma haboneka umusaruro uhagije w’amafi ari bwo bwabanza guhabwa imbaraga.
Umukozi w’Intara y’Iburasirazuba ushinzwe iterambere ry’uturere Rugaju Alex, avuga ko kwirinda ikwirakwira rya COVID-19 bitakomye mu nkokora gahunda ya Girinka Munyarwanda.
Imiryango 112 y’abatujwe mu mudugudu w’icyitegererezo mu Murenge wa Gikomero mu Karere ka Gasabo irimo ibice bibiri, abahatujwe muri 2019 bakaba bashinja abahabatanze, kwanga gusangira na bo umusaruro ukomoka ku nkoko zahawe uwo mudugudu.
Ntirandekura Ntakirende wo mu Mudugudu wa Subukiniro, Akagari ka Rugogwe, Umurenge wa Uwinkingi yiciwe inka n’abarwanyi ba FLN none yashumbushijwe imbyeyi ihaka n’ikimasa icukije.
Guhera tariki ya 8 kugera ku ya 15 Nzeri 2020, Akarere ka Bugesera ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) ndetse n’abavuzi b’amatungo (Veterineri) bikorera bo muri ako karere, ubu bari mu gikorwa cyo gukingira amatungo magufi (ihene n’intama), indwara ya muryamo ikunda kuzibasira mu (…)
Aborozi b’inka bo mu misozi ya Ndiza, ni ukuvuga mu Murenge wa Rongi n’indi iwukikije mu Karere ka Muhanga, bagiye kubakirwa ikusanyirizo ry’amata rizahesha agaciro umukamo wabo.
I Nyagatare mu Burasirazuba bw’u Rwanda hari aborozi ngo baba bogesha amatungo imiti y’ibihingwa kuko iyagenewe amatungo ihenda kandi ntiyice uburondwe.
Aborozi b’inkoko basanzwe bagaburira amatungo yabo ibiryo by’uruganda ‘Tunga Feeds’, baratangaza ko hari ubwo babura ibiryo by’amatungo kuri urwo ruganda, bikabagiraho ingaruka mu bworozi bwabo.
Ku ikusanyirizo rya Cooperative y’aborozi ryitwa ‘Bugesera Milk Collection Center’ riherereye mu Mujyi wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, muri iki gihe hahora umurongo w’abantu baje gukamisha, rimwe na rimwe bakayabona ubundi bakayabura bitewe n’uko ngo izuba ryatse umukamo ukaba muke.
Ikibagarira ni imwe mu ndwara zikwirakwizwa n’uburondwe, kugeza ubu mu Rwanda ikaba ari yo yihariye 80% by’amatungo apfa azize indwara zitandukanye.
Umushinga ugamije guteza imbere ubworozi (Rwanda Dairy Development Project, RDDP), uratangaza ko wkuyeho gahunda ya nkunganire ku buhunikiro bw’ubwatsi n’imashini zibusya, kuzitira urwuri,... hagashyirwa imbaraga mu mu kunganira abashoramari mu kongerera agaciro ibikomoka ku mata.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Rurangwa Steven, avuga ko bagiye gukorana n’ihuriro ry’abarozi ndetse n’izindi nzego kugira ngo hagaruzwe amafaranga y’inkingo z’amatungo asaga miliyoni 40 aborozi bambuye.
Umuyobozi w’ihuriro ry’aborozi mu Karere ka Nyagatare Gashumba Gahiga avuga ko muri iyi minsi amata agera ku makusanyirizo yagabanutse bitewe ahanini n’ibiza ndetse n’izuba ryinshi.
Umworozi wo mu Mudugudu wa Gihorobwa mu Kagari ka Rutaraka, Umurenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare arasaba Akarere kumutiza aho yaba yororeye inka kubera ko urwuri rwe rwarengewe n’amazi.
Ku wa Gatatu tariki 29 Nyakanga 2020, Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi Geraldine Mukeshimana, yatangaje ko akato k’amatungo kari karashyizweho mu Ntara y’Uburasirazuba kakuweho.
Abaroba isambaza baravuga ko bishimiye imitego yiswe ‘icyerekezo’ ubu iri mu igeragezwa mu gukoreshwa mu burobyi bw’isambaza mu Rwanda, ikaba yasimbura iyindi isanzwe ikoreshwa kuko ifasha mu kuroba isambaza nini.
Niho Joseph ni umworozi w’inzuki wabigize umwuga, akaba yararangije kaminuza mu ikoranabuhanga ariko ntiyigeze asaba akazi, ahubwo yashyize imbaraga mu bworozi bw’inzuki ku buryo yumva nta kindi yakora.
Abatuye mu Murenge wa Musha mu Karere ka Gisagara barashima ubuyobozi bwiza burangajwe imbere na Perezida Kagame kubera ikusanyirizo ry’amata begerejwe. Ngo rizatuma kugera ku isoko biborohera, bityo babashe gutera imbere babikesha ubworozi bwabo.
Aborozi b’inkoko bavuga ko biruhutsa kubera ko ubwishingizi bw’inkoko bwemewe nyuma y’igihe babisaba, kuko ari amatungo akunda guhura n’ibibazo agapfa ari menshi bagahomba none ngo ntibizongera kuko zizaba zishingiwe.
Umuyobozi wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), Dr. Solange Uwituze avuga ko bagishakisha inkomoko y’indwara y’uburenge yagaragaye mu nzuri z’aborozi mu karere ka Kayonza mu Ntara y’Iburasirazuba.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi irasaba aborozi bo mu turere twa Gatsibo, Kayonza na Kirehe guhagarika ingendo z’amatungo hagamijwe gukumira indwara y’uburenge.
Icyorezo cy’indwara y’ibicurane ifata ingurube cyadutse muri koperative yorora ingurube nyinshi mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Nigeria.