Nyuma y’ukwezi kurenga bamaze bahuguwe ndetse bagatangira gushyira mu bikorwa inshingano zo gutanga inama ku buzima bw’amatungo, abajyanama b’ubuzima bw’amatungo bo mu karere ka Rutsiro baratangaza ko ibikoresho n’amagare bahawe tariki 23/07/2014 bizabafasha kwita ku matungo uko bikwiye.
Mu rwego rwo kurwanya indwara z’amatungo zaba izandura n’izitandura, minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi ibinyujije mu kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) yahuguye abajyanama ku buzima bw’amatungo bazafasha abaganga b’amatungo guhashya izo ndwara.
Abavumvu bo mu gace kegereye ibirunga batangaza ko bafite ikibazo cy’ubukonje bw’agace batuyemo butuma inzuki zabo zikonja bigatuma zidatanga umusaruro w’ubuki uhagije bakaba bifuza ko bahabwa imizinga ijyanye n’ako gace gakonja.
Abanyamahanga baturutse mu bihugu bya Afurika ndetse n’Uburayi basuye abikorera mu by’ubuhinzi ndetse n’ubworozi bo mu karere ka Gicumbi babigize umwuga ndetse banabigiraho uburyo bwo kwagura ubworozi mu bihugu byabo.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda arasaba abashoramari gushora imari yabo mu bworozi bw’amafi muri icyo gihugu kuko ngo amafi afite isoko ririni kandi ryatanga inyungu mu wabikora ku buryo bw’umwuga akabyitaho uko bikwiye.
Kugeza ubu inka zitaramenyekana umubare neza zatanzwe muri gahunda ya Girinka munyarwanda, zaragurishijwe mu Murenge wa Remera mu karere ka Gatsibo nkuko bitanazwa n’Ubuyobozi bw’uyu Murenge.
Iyo ugeze mu mirenge ya Macuba na Karambi yo mu karere ka Nyamasheke, utangazwa no kubona ibimasa biziritse mu mirima ibindi biri mu biraro, ugashaka inka y’inyana ukayibona bigoranye.
Aborozi bagera kuri 40 baturutse mu mirenge ya Rwimiyaga na Matimba yo mu karere ka Nyagatare, kuri uyu wa Kane tariki 8/5/2014, basuye umworozi ntangarugero wo mu murenge wa Gishari mu karere ka Rwamagana biyemeza ko bagiye kwihatira kororera mu biraro kuko ari byo bitanga umusaruro.
Aborozi bigabiza ishyamba ry’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) ishami rya Karama mu karere ka Bugesera, basabwe kuvana ibikumba yabo muri iryo shyamba bitarenze ukwezi kwa kabiri.
Aborozi bo mu karere ka Kirehe bitwaye neza bahembwe n’umuryango utegamiye kuri Leta ushinzwe guteza imbere abaturage mu bikorwa bijyanye n’ubworozi bw’amatungo, kurwanya imirire mibi no kurengera ibidukikije (HPI) ufatannije n’umushinga uteza ubuhinzi n’ubworozi mu karere ka Kirehe (KWAMP) ku bufatanye n’akarere ka Kirehe.
Nyuma y’uko indwara yitwa “igifuruto” igaragaye mu mirenge 6 y’Akarere ka Gakenke kuva hagati mu kwezi k’Ukuboza, ikica inka 22, imirenge yose yashyizwe mu kato mu rwego rwo gukumira ko yakwirakwira hose.
Imibare ituruka mu mirenge itandatu y’Akarere ka Gakenke iragaragaza ko inka zirenga 250 zafashwe n’indwara yitwa “igifuruto” muri zo 22 zamaze gupfa.
Imiryango 51 itishoboye yo mirenge itandatu yo mu karere ka Burera yagabiwe inka muri gahunda ya “Gira Inka” munyarwanda isabwa kuzifata neza, bakaziragira neza, kugira ngo zizabavane mu mukene kandi nabo bazaziturire bagenzi babo.
Mu gihe abacuruzi b’inka bavuga ko abakiriya b’inyama babaye benshi kubera iminsi mikuru, abazikura mu masoko y’akarere ka Nyagatare bavuga ko gutwara inka zitaziritse bigoranye dore ko ngo kugenda ziziritse ku modoka birangirana n’uyu mwaka wa 2013.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr Agnes Kalibata, atangaza ko u Rwanda rurimo kubaka ubushobozi bwo gutunganya umusaruro w’inyama zifite ubuziranenge kuburyo mu minsi iri imbere hagiye gutezwa imbere ubworozi butanga umusaruro w’inyama mu gihe gito.
Mu rwego kuvugurura umusaruro w’ibikomoka ku mata kugira ngo bibashe gupigana ku isoko mpuzamahanga, aborozi bo mu murenge wa Rambura mu karere ka Nyabihu bahawe ibikoresho bya kijyambere bifite agaciro karenga miliyoni 15 z’amafaranga y’u Rwanda.
Abanyecongo bahungishije inka zabo mu Rwanda bahawe gehitari 160 zo kuba baragiyeho inka zabo muri Gishwati, kandi bavuga ko babanye neza n’Abanyarwanda. Izi nzuri zahawe Abanyecongo ziri mu murenge wa Bigogwe mu karere ka Nyabihu.
Abaturage batandatu bo mu murenge wa Rurembo mu karere ka Nyabihu bahawe inka muri gahunda ya Girinka bituye bagenzi babo, naho abandi bagera kuri 25 nabo bagabirwa inka muri iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 8/11/2013.
Umwaka urashize Ikusanyirizo ry’Amata riri mu Murenge wa Gakenke, Akarere ka Gakenke ryuzuye ariko ntiriratangira gukora bitewe n’ibikoresho by’ibanze byari bitaraboneka ngo ritangire.
Aborozi b’inka zitanga amata bo mu karere ka Burera batangaza ko ikusanyirizo ry’amata begerejwe ryatumye barushaho kumenya agaciro k’inka kuko basigaye babona amafaranga aturutse ku mata bagurisha kuri iryo kusanyirizo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko buzakomeza kongera umusaruro w’amafi mu biyaga bya Burera na Ruhondo ndetse no mu byuzi kuburyo ngo bateganya ko mu mwaka wa 2014 bazaba basarura toni 200 z’amafi.
Ishami rya Kaminuza y’u Rwanda rya Nyagatare ryahoze ryitwa “Umutara Polytechnic University” ngo ni igisubizo ku borozi bo mu Burasirazuba, kuko rifasha abo borozi mu buvuzi bw’amatungo ya bo rikanabigisha uburyo bayitaho kugira ngo ababyarire inyungu.
Umukozi w’akarere ka Muhanga ushinzwe ubworozi, Guard Munyezamu aratangaza ko igikorwa cyo gutera intanga ku nka kiracyari hasi ariko ngo hari ikizere cy’uko bizagenda bihinduka.
Ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera burasaba aborozi bo mu murenge wa Ruhuha n’indi mirenge ituranye nawo, kuzajya bagemura umukamo wabo ku ikusanyirizo ry’amata kuko abatazabikora bazabihanirwa.
Mu gihe ubworozi bw’amafi buri gushyirwamo ingufu, amwe mu mafi yatewe mu biyaga bya Sake, Mugesera na Birira ngo yatanze umusaruro mwiza kurenza uwari witezwe.
Aborozi 146 bazafasha bagenzi babo kwita no kuvura amatungo mu gikorwa gisa n’icy’abajyanama b’ubuzima mu karere ka Rwamagana bashyikirijwe inyoroshyangendo n’ibikoresho bakeneye ngo bazabashe gufasha aborozi muri ako karere korora amatungo atarangwaho indwara.
Gufunga ikivu hagamijwe kongera umusaruro w’isambaza bizajya bikorwa mu kwezi kwa cyenda n’ukwa cumi aho kuba mu kwa munani n’ukwa cyenda nk’uko byari byemejwe umwaka ushize.
Inka Singirankabo Meraneza yahawe muri gahunda ya Girinka mu mwaka wa 2009 yabyaye inyana 3 mu mpera z’ukwezi kwa Gicurasi. Uyu musaza atuye mu murenge wa Jomba mu karere ka Nyabihu.
Leta y’u Rwanda ibinyujije mu kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) yageneye ishimwe umuryango ukorera mu Bwongereza witwa MSAADA kuko ukomeje gukora ibikorwa bikomeye mu guteza imbere ubworozi mu Rwanda.
Intumwa zo mu ruganda FONTERRA zituruka muri Clinton Health Access Initiative yo mu gihugu cya New Zealand zasuye akarere ka Gicumbi mu rwego rwo kureba ahantu bakubaka uruganda rukora amata y’ifu mu Rwanda.