Faustin Munyakazi, ukorera umwuga w’ubuvumvu mu nkengero za Pariki y’igihugu ya Nyungwe mu murenge wa Kitabi, aratangaza ko amaze guteza imbere urugo rwe n’imibereho y’abarugize kubera uwo mwuga uzwi ku izina ry’ubuvumvu.
Itsinda ry’Abadepite batanu bagize Komisiyo y’Ubuhinzi, Ubworozi n’Ibidukikije basuye akarere ka Gakenke kuri uyu wa Gatanu tariki 31/05/2013, kugira ngo birebereye ibibazo bididinza igikorwa cyo gutera inka intanga.
Aborozi bo mu mirenge y’akarere ka Rutsiro iherereye ku ishyamba rya Gishwati bavuga ko amafaranga 80 bahabwa kuri litiro y’amata ari macye cyane bagereranyije n’ingufu ubworozi bwabo bubasaba ndetse n’agaciro k’ifaranga muri iki gihe.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buri kugenzura abororera inka mu nkengero z’ishyamba rya Gishwati bavugwaho kwigabiza inzuri za Leta nta wazibahaye rimwe na rimwe ndetse hakavukamo n’ubwumvikane bucye biturutse ku kugonganira kuri izo nzuri.
Nyuma y’aho mu murenge wa Mulinga mu karere ka Nyabihu, na Cyanzarwe na Busasamana mu karere ka Rubavu hagaragariye indwara y’uburenge ku nka, iyi mirenge yashyizwe mu kato.
Nyuma y’uko mu gihugu cy’Ubushinwa hagaragariye indi virusi nshya H7N9 y’ibicurane by’ibiguruka, ikigo gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB) cyamaze impungenge aborozi b’ibiguruka mu Rwanda bari batangiye gukeka ko iyo virusi yageze muri Uganda, aho bakura ibyangombwa bijyane n’ubworozi bwabo.
Akarere ka Gicumbi kujuje inzu y’ibagiro ndetse ikazajya ivurirwamo amatungo yose. Iyi nzu yubatswe nyuma yuko iyari isanzweho yanenzwe kuba nto, kugira umwanda ndetse no kutuzuza ibyangombwa bisabwa ibagiro ry’amatungo.
Umurama w’abana b’amafi wateye mu biyaga by’akarere ka Bugesera urimo gutanga umusaruro kuko watumye uwabonekaga warazamutse cyane. Mu mwaka ushize wa 2012 hasaruwe toni 126.4 kandi hari ikizere ko uyu musaruro uziyongera kubera ingamba zafashwe.
Ku bufatanye na Koreya y’Epfo, mu karere ka Nyamagabe hari gutunganywa ibyuzi bizororerwamo amafi bikazegurirwa abaturage mu rwego rwo kubafasha gutera imbere no kuzamura imibereho yabo.
Nyuma yo gukomorerwa ubucuruzi bw’inka, ikigo nyarwanda gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB) kirasaba abatuye akarere ka Nyagatare gukomeza ingamba zari ziriho zo gukumira indwara y’uburenge.
Akarere ka Gatsibo kafashe icyemezo cyo kugurisha inka 56 ziturutse mu miryango 36 kugira ngo abaturage babone ikibatunga ndetse banabone ubushobozi bwo gusubiza abana mu mashuri.
Ubuyobozi bwa Parike y’Akagera buratangaza ko ikibazo cy’amazi cyakemutse ku baturage bajyaga muri Parike y’Akagera gushaka amazi yo gukoresha no kuhira inka zabo.
Bitewe n’ubukana bw’indwara y’ubutaka ku nka, mu karere ka Nyabihu bihaye gahunda yo gukingira iyi ndwara buri mwaka naho muri Gishwati by’umwihariko bikaba bikorwa 2 mu mwaka nk’uko ushinzwe ubworozi mu karere ka Nyabihu Shingiro Eugene abivuga.
Icyorezo cy’uburenge bwibasiye inka mu ntara y’Uburasirazuba, bigatuma zijya mu kato kamaze amezi arenga atatu, cyateje impaka hagati y’abayobozi zirangira bemeranyijwe gukemura ikibazo cy’iyo ndwara muri uku kwezi, no gukomorera abaturage mu kwezi gutaha kwa gatatu.
Mukanyuzahayo Vestine utuye mu murenge wa Murama wiyemerera ko abana na virus itera SIDA yemeza ko yari asigaranye abasirikare b’umubiri batatu hanyuma nyuma yo kunywa amata y’ihene (amahenehene) ubu akaba ageze ku basirikare 1019.
Umutwe w’Inkeragutabara, usanzwe umunyerewe mu bikorwa byo kurinda umutekano n’ibindi bigamije iterambere rusange, umaze guhugurirwa gutera amatungo intanga, kugirango ufashe Leta kuziba icyuho cy’abakozi badahagije, nk’uko bitangazwa n’ikigo RAB gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi.
Akarere ka Gicumbi kishimiye ko kabonye ivuriro ry’amatungo ry’icyitegererezo kandi ubu bakaba batazongera kuvura indwara batazi kuko mbere bavuranaga urujijo.
Kuva tariki 12/11/2012 mu mirenge ya Kabarore na Rwimbogo yo mu karere ka Gatsibo haravugwa indwara y’uburenge yibasira inka.
Aborozi bo mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza bari guhura n’igihombo kubera ko bashyiriweho akato kubera indwara y’uburenge yagaragaye muri uwo murenge. Aborozi bafite inka zikamwa bavuga ko batemerewe kugurisha amata ahantu na hamwe.
Inama Njyanama y’akarere ka Musanze yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 07/12/2012, yemeje ko abantu bose bororera inka mu mujyi wa Musanze bimurira amatungo yabo mu bice by’icyaro mu gihe kitarenze amezi atandatu.
Abakora umwuga wo gucuruza inyama bo mu mujyi wa Nyagatare barasaba ko bakwemererwa kubaga inka zabo bemeza ko akato kazisanze mu ibagiro, ariko abashinzwe ubuvuzi bw’amatungo batangaza ko iki cyifuzo cyabo kitakwemerwa mu gihe batagaragaza ibyangombwa by’izo nka n’igihe zagereye mu ibagiro.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Agnes Kalibata, arasaba aborozi bo mu duce twagaragayemo indwara y’uburenge kubahiriza akato kashyiriweho inka zamaze kwandura, kugira ngo zibanze zivurwe zitanduza izikiri nzima.
Umugabo witwa Uwifashije Hiramu afungiye kuri sisasiyo ya polisi ya Busogo mu karere ka Musanze, kuva tariki 26/11/2012 akekwaho kwigira veterineri maze akabyaza inka bikayiviramo gupfa ndetse n’iyo yahakaga.
Ikibagarira ni indwara iterwa n’uburondwe ikunda kwibasira inka za kijyambere cyane cyane inyana. Uretse ko uburyo bwo kuyivura bunahenze cyane, buragoye kuko n’iyo itungo rirusimbutse risigarana ubumuga.
Abaturiye ikiyaga cya Burera bavuga ko icyo kiyaga gifite ubujyakuzimu burebure ku buryo iyo bagiye kuroba amafi arimo yigira hasi ntiyogere hejuru bigatuma batayaroba, bagira n’ayo baroba akaza ari mato kandi ari na make.
Akarere oa Huye gafite umwihariko wo kweza bwiz kurusha ahandi kubera imiterere y’ako, nk’uko bitangazwa n’Umuryango utegamiye kuri Leta (ARDI) ufasha abaturage b’abakene kwiteza imbere binyuze mu myuga iciriritse, harimo buhinzi no ku bworozi.
Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) buratangaza ko kubera gahunda yo gukumira indwara zishobora gufata amatungo, guhera tariki 09/09/20110, buzatangiza gahunda yo kurwanya isazi ya Tsetse n’indwara ya Tripanosomiase ikwirakwiza n’iyo sazi mu duce twegereye Pariki y’Akagera.
Uwambajimana Felicien wo mu mudugudu wa Nyagasozi, akagari ka Gihinga, umurenge wa Gacurabwenge, yagitse imizinga y’inzuki mu biti by’amashyamba ya Leta no mu by’abaturanyi. Mu gihe cy’umwaka akuramo ibiro birenga 300 by’ubuki.
Kuva aho mu karere ka Ruhango hatangiriye kuvugwa indwara y’inka yitwa Ubutaka tariki 23/07/2012, inka zigera ku munani zimaze gupfa.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) kirasaba ubufatanye hagati y’abaturage, abacuruzi n’ubuyobozi kugira ngo hakumirwe indwara y’uburenge yibasiye tumwe duce tw’igihugu cy’Ubugande duhana imbibe n’Akarere ka Nyagatare.