Ijambo “amafaranga yarabuze” ryaremwe kera kuko nararisanze, ariko n’abanduta mfite ibimenyetso ko na bo mu gihe cyabo barikoreshaga, ku buryo kumenya igihe iki kibazo cyatangiriye bishobora kugorana.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima RBC kiratangaza ko ikigereranyo cy’abana b’abangavu 25 buri munsi mu Rwanda babyara, naho abangavu 25/1000 mu babyeyi babarirwa mu bihumbi 300 babyara buri mwaka.
Umuyobozi w’akarere ka Musanze avuga ko imyanya itari myiza bamaze iminsi bagira mu mihigo idaterwa n’uko badakora, ahubwo ibyo bakora batazi kubimenyekanisha.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA), guhera kuri uyu wa Mbere tariki 16 Ukuboza 2024, rwatangaje ko imihanda (lignes) 24 yongewe mu buryo bushya bwo kwishyura amafaranga ahwanye n’urugendo umugenzi yakoze, aho kwishyura amafaranga y’urugendo (ligne) rwose.
Abakozi barimo abazamu, abatetsi n’abarimu mu ishuri ribanza rya Kabirizi, Umurenge wa Karangazi, bavuga ko bamaze igihe badahembwa bakabwirwa ko biterwa n’uko amafaranga Leta igenera amashuri yo gusana ibyangiritse n’indi mirimo ataraboneka.
Leta y’u Rwanda yavuze ko ibiganiro byagombaga guhuza ba Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Felix Tshisekedi wa Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo ndetse na João Lourenço wa Angola ku mutekano wa Kongo, byasibijwe n’ikibazo Kongo itaravana mu nzira.
Ibiganiro byari bitegerejwe hagati ya Perezida w’u Rwanda Paul Kagame na mugenzi we wa Congo Felix Tshisekedi n’umuhuza João Lourenço wa Angola ku mutekano muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo byasubitswe ku munota wa nyuma.
Ababyeyi barerera mu Iseminari Ntoya ya Butare basabwe kutabangamira abana babo igihe bifuje gukomeza inzira y’Ubupadiri kugira ngo hakomeze kuboneka Abapadiri bafasha abakirisitu.
Rayon Sports yatsindiye kuri Kigali Pelé Stadium ibitego 3-1 mu mukino w’umunsi wa 13 wa shampiyona ikomeza gushimangira umwanya wa mbere.
Abarimu bo mu karere ka Burera bishyize hamwe bagabira inka mugenzi wabo Rukundo Janvier wigisha ku Ishuri ryisumbuye rya Gahunga TSS.
Mu ijoro ryo ku wa 13 Ukuboza 2024,Umuholandi Max Verstappen yegukanye igihembo cya Formula One 2024.
Abagore bo mu Karere ka Ruhango babanaga n’abagabo batasezeranye mu buryo bwemewe n’amategeko, batangaza ko bahoranaga ubwoba bw’aho bakwerekeza n’abana babo, mu gihe abagabo babo baba batakiriho.
Mu birori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wa mwarimu uba buri mwaka ku wa 13 Ukuboza 2024 Minisitiri w’intebe Dr Edouard Ngirente yabwiye abarezi ko abafitiye igisubizo cyiza ku bibazo bagaragaje.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yabasabye abapolisi kumenya ko bafite inshingano zo gukora kinyamwuga, haba mu kurinda umutekano no kugeza ku banyarwanda ibikora by’iterambere.
Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Wang Xuekun, yasuye Kigali Today Ltd muri gahunda yo gutsura umubano w’igihe kirekire iki kinyamakuru gisanzwe gifitanye na Ambasade.
Perezida Paul Kagame, yakiriye abitabiriye Inteko Rusange y’Ishyirahamwe ry’Umukino wo Gutwara Imodoka (FIA) ndetse n’itangwa ry’ibihembo mu bahize abandi muri uwo mukino bizabera mu Rwanda kuri uyu wa 13 Ukuboza 2024.
Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye itsinda ryaturutse mu Muryango Susan Thompson Buffett Foundation.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yavuze ko Urwego rw’Ubutabera mu Rwanda rwagize amateka mabi, ndetse biviramo bamwe mu Banyarwanda kubura ubutabera bubakwiriye, ari na ho havuye amateka ashaririye yagejeje no kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
U Rwanda ku bufatanye n’Umuryango Mpuzamahanga witwa FIA Foundation, batangije Laboratwari ya mbere ku mugabane wa Afurika ipima ubuziranenge bwa kasike(ingofero) zambarwa n’abagenda kuri moto, ikaba yitezweho kubuza kasike ziteza impanuka kongera kwinjira mu Gihugu.
Guverinoma y’u Rwanda yahawe miliyoni 25 z’Amadolari y’Amerika (asaga miliyari 34,6 Frw) n’Ikigega cya Abu Dhabi gishinzwe Iterambere, ADFD, azafasha mu kwagura ubushobozi bw’uruganda rw’amazi rwa Karenge Water Treatment Plant mu Karere ka Rwamagana.
Icyegeranyo kuri ruswa (Rwanda Bribery Index) cyakozwe n’Umuryango Transparency International Rwanda muri uyu mwaka wa 2024, kigaragaza ko inzego z’abikorera cyane cyane mu bwubatsi ndetse no muri Polisi y’u Rwanda, ziza imbere mu kugira abantu benshi barya ruswa kugira ngo batange serivisi.
Imishinga itanu ya ba rwiyemezamirimo b’abari n’abategarugori yahize iyindi muri 25 yahataniraga ibihembo by’icyiciro cya munani cya ‘BK Urumuri Initiative’ yahawe igihembo cy’amafaranga bazishyura badashyizeho inyungu.
Perezida Paul Kagame uri muri Mauritanie mu nama Nyafurika yiga ku Burezi no gushakira imirimo urubyiruko, yagaragaje ko urubyiruko ari amizero ya Afurika ndetse n’Isi muri rusange bityo ko rukwiye gufashwa rugahabwa ubumenyi butuma rwuzuza ibikenewe ku isoko ry’umurimo.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yakiriye indahiro z’abayobozi n’Abacamanza b’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare ndetse na Visi Perezida n’Abacamanza mu Rukiko rwa Gisirikare. Ni umuhango wabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Ukuboza 2024.
Perezida Paul Kagame yashimiye John Dramani Mahama, uherutse kongera gutorerwa kuyobora Ghana mu matora y’Umukuru w’Igihugu.
Abaturage bo mu Karere ka Ngororero mu Murenge wa Muhororo, mu Kagari ka Nganzo, ahacukurwa amabuye y’agaciro na Kompanyi ya Ruli Mining, barasaba ko kubimurira mu macumbi asigasira ubuzima bwabo, byakorwa mu buryo butandukanye n’ubw’abandi batuye mu manegeka.
Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 9 Ukuboza 2024 Perezida Kagame uri i Nouakchott yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Algeria, Abdelmadjid Tebboune, ku kwagura umubano mu nzego zirimo uburezi, umutekano, imikoranire mishya mu buhinzi n’ibikorwa remezo.
Perezida Paul Kagame ari i Nouakchott muri Mauritania, aho yitabiriye Inama Nyafurika yiga ku burezi no gushakira imirimo urubyiruko, yateguwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ku bufatanye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana, UNICEF.
Urukiko rwa Gisirikare ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 09 Ukuboza 2024, rwakatiye Sergeant Minani Gervais, igihano cy’igifungo cya burundu ndetse no kwamburwa impeta za gisirikare.
Mu Kagari ka Rukira mu Murenge wa Huye hari ahantu hamwe na hamwe hari insinga z’amashanyarazi ziri hasi, izindi ziri hafi cyane ku buryo n’abana babasha kuzikoraho. Ibi bituma abahatuye baba bafite impungenge ko abana bashobora kuzikubaganya bakicwa n’amashanyarazi.