Ababyeyi bo mu Karere ka Muhanga bemera ivuka rya Yezu, bahamya ko kwizihiza Noheli bari kumwe n’abana babo, ari umwanya wo guhigura imihigo bahize yo gutsinda neza, no gukomeza intambwe idasubira inyuma.
Musenyeri Filipo Rukamba wa Diyosezi ya Butare uri mu kiruhuko cy’izabukuru yongeye gushimangira umurongo Kiliziya Gatolika yo mu Rwanda iherutse kwerekana, ko idashyigikiye na mba gukuramo inda.
Wa munsi Abakirisitu bategereza amezi cumi n’abiri wageze. Ni umunsi umaze imyaka 2024 wizihizwa, Noheli ibibutsa ivuka rya Yesu, umwami, umukiza n’umucunguzi.
Hari abaturage bitoroheye kujya kwizihiriza Noheli mu miryango yabo, kuko bagera muri gare bagasiragira, bikabaviramo gutinda kubona imodoka, bitewe no kutamenya gahunda y’ingendo yashyizweho n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA).
Mu gihe muri iyi minsi abantu bari bishimiye igabanuka ry’ibiciro ku biribwa bimwe na bimwe nk’umuceri, birayi, amashaza, inyanya n’ibindi, kwitega ko hari buhahe abantu benshi byatumye ibiciro bizamuka.
Ababyeyi bafite abana bavukanye ubumuga mu Karere ka Muhanga, baravuga ko kubera gahunda zidaheza Leta yashyizeho zo kwita ku bafite ubumuga, batagiterwa ipfunwe no kuba barabyaye abana bafite ubumuga.
Umudugudu wa Nganzo mu Kagari ka Rugogwe mu Murenge wa Muhororo, ku gice cyo haruguru y’umuhanda wa Kaburimbo, niho higanje ibirombe by’amabuye y’agaciro acukurwa na Kompanyi ya Ruli Mining Ltd.
Mu mateka y’umuco w’Abanyarwanda nta mugore wakamaga inka, nta mugore wuriraga inzu ngo ajye gusakara, nta mugore wavuzaga ingoma mu guhamiriza kw’Intore kuko iyo mirimo yari iy’abagabo gusa.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye abayobozi bahabwa inshingano kutagira urwitwazo amikoro make y’Igihugu ngo bakore akazi kabo nabi, abibutsa ko mu byo bashinzwe harimo gushaka ayo mikoro.
Kuri iki Cyumweru,ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatsindiwe muri Sudani y’Epfo ibitego 3-2 mu mukino ubanza wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika ku bakinnyi bakina imbere mu bihugu bya bo CHAN 2024.
Iyo aba akiriho, Musenyeri wa mbere wo mu Karere k’ibiyaga bigari, umunyarwanda Aloys Bigirumwami yari kuba afite imyaka 120. Icyakora n’ubwo yagiye, abakirisitu Gatorika n’abanyarwanda muri rusange bafite umurage yabasigiye.
Madamu Jeannette Kagame kuri uyu wa 21 Ukuboza yataramanye n’abana baturutse hirya no hino mu Gihugu basaga 300, abifuriza iminsi mikuru myiza ya Noheli n’Ubunani.
Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda yasabye ba Minisitiri b’Ingabo n’umutekano mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba gufata umwanya bagasuzumira hamwe ibibazo bibangamiye amahoro n’umutekano muri Afurika.
Ishuri ribanza ryigenga rya Les Petits Pionniers mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, ryasangiye Noheli n’abanyeshuri baryigamo n’abo baturanye, mu rwego rwo kubafasha kwishimira iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani bwa 2025.
Ashingiye ku bubasha ahabwa n’Itegeko Nshinga, kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Ukuboza 2024, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyizeho abayobozi batandukanye barimo Nelly Mukazayire, wagizwe Minisitiri wa Siporo na ho Uwayezu François Regis agirwa Umunyamabanga Uhoraho.
Umudugudu wa Gakoma, Akagari ka Rwisirabo, Umurenge wa Karangazi, umaze imyaka irindwi utarangwamo icyaha.
Intara y’Iburasizuba niyo ibarizwamo inzuri nyinshi zirenga 10,000 ikaba ari nayo ifite inka nyinshi ahanini ziba mu nzuri, zikagera ku mazi zikoze ingendo ndende. Ibi byiyongera ku kibazo cy’izuba gikunze kuharangwa, kigatera inka gusonza.
Isesengura ku itangwa ry’Amasoko ya Leta ryakozwe n’Umuryango Transparency International Rwanda, rigaragaza ko inzego zishinzwe itangwa ry’amasoko ya Leta zitabwira abantu ko hari isoko runaka ririmo gupiganirwa, kugira ngo abayobozi n’abandi bakozi ba Leta biheshe ayo masoko cyangwa bahabwe ruswa.
Mu myaka icumi ishize, umubyeyi utuye i Kigali yafashwe na Kanseri yo mu bihaha ubwo yari atwite ubugira kabiri.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Ukuboza 2024, Perezida Paul Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri Angola, Tete Antonio, wamugejejeho ubutumwa bwa mugenzi we wa Angola, João Manuel Gonçaves Laurenço, usanzwe ari umuhuza mu gushakira umuti ibibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika (…)
Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa 18 Ukuboza yerekanye abantu 16 bakurikiranyweho ibyaha birimo kwiba inka zisaga 100 z’abaturage mu turere twa Gasabo, Nyarugenge, Rulindo, Gicumbi na Gakenke.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC gitangaza ko buri Munyarwanda akwiye kurinda umwuka ahumeka, kuko bigaragara ko ibikorwa bya muntu, bituma bahumeka umwuka wanduye ku kigero cya 43%, mu gihe biteganyijwe ko umwuka mwiza wakagombye kuba uri kuri 5%.
Mu Karere ka Musanze hatangijwe ubukangurambaga buzamara amezi atatu bw’isuku n’isukura mu bigo by’amashuri yo mu Mirenge yegereye Ibirunga, mu rwego rwo gukangurira abana bato isuku birinda indwara ziterwa n’umwanda.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa kabiri tariki 17 Ukuboza 2024 yifashishije ikoranabuhanga, yagejeje ubutumwa ku bitabiriye igikorwa cyo gutangiza ikigo cy’icyitegererezo cy’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) i Lyon mu Bufaransa.
Urugaga rw’abikorera (PSF) mu karere ka Huye rwahigiye guhindura Huye umujyi bandebereho mu nyubako z’ubucuruzi n’amacumbi, ndetse n’imyidagaduro.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA), rwashyizeho gahunda y’ingendo mu minsi mikuru isoza umwaka kugira ngo abantu batazabura imodoka.
Urubanza rwa Hategekimana Philippe Manier uzwi nka Biguma ruragana ku musozo ku rukiko rwa rubanda rw’i Paris mu Bufaransa, aho aburana ubujurire ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.