Ba Minisitiri b’Uburezi ndetse n’abandi bayobozi bashinzwe uburezi hamwe n’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’uburezi muri Afurika bitabiriye Inama Nyafurika ku Burezi bw’Ibanze, yari imaze iminsi itatu iteraniye mu Rwanda, bashimye uburyo uburezi bw’abana bo mu Rwanda bwubatse, kuva mu mashuri y’incuke kuzamura.
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwatangaje ko bwataye muri yombi umusirikare witwa Sergeant Minani Gervais w’imyaka 39 y’amavuko, akaba akurikiranyweho kurasira abantu batanu mu Kabari.
Umugabo wo mu Karere ka Kamonyi wari warabaswe no gukoresha ibiyobyabwenge, ubusinzi n’ingeso y’ubusambanyi avuga ko iyo asubije amaso inyuma asanga yari afite imyitwarire nk’iy’impyisi ishaka kurya umwana wayo ikabanza kumubonamo uw’ihene.
Abayobozi batandukanye barimo ba Minisitiri b’Uburezi muri bimwe mu bihugu bya Afurika bitabiriye inama ya ‘Africa Foundation Learning Challenge 2024’ (Africa FLEX 2024), basangiye ubunararibonye ku buryo bwo kunoza imyigire n’imyigishirize mu mashuri y’ibanze.
Madamu Jeannette Kagame yavuze ko ibihugu bya Afurika bikeneye gushyiraho uburyo abana bahabwa uburere n’ubumenyi bw’ibanze ku buryo bakurana indangagaciro zikwiye kuranga umuntu.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa kabiri tariki 12 Ugushyingo 2024 yageze i Baku muri Azerbaijan aho yifatanije n’abandi bayobozi ku Isi mu Nama ya 29 y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku mihindagurikire y’ibihe (COP29).
Urwego rw’u Rwanda rushinzwe lgorora (RCS) rwirukanye abakozi 411 barimo na Komiseri. RCS yasobanuye ko aba bakozi birukanywe kubera imyitwarire mibi mu kazi, ruswa n’ibindi byaha.
Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, itsinda riyobowe n’intumwa yihariye y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ishinzwe kurwanya icyaha cya Jenoside n’andi marorerwa.
Kuri uyu wa Mbere, Ishami ry’Umuryango w’Abibmbye ryita ku Bana mu Rwanda (UNICEF Rwanda), ryatangije ubufatanye na Hempel Foundation, bugamije kongerera imbaraga uburezi bw’ibanze mu Rwanda.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, araburira abajura, abasaba kwisubiraho kuko ngo bahagurukiwe, akanabwira abadashaka kwihana kwitegura kuzahangana n’ingaruka z’ibizababaho.
Ihuriro ry’ibigo bishinzwe amasoko ya Leta muri Afurika (The African Public Procurement Network/APPN) rigiye guteranira i Kigali ku matariki ya 12-14 Ugushyingo 2024, aho rizasuzuma uruhare rw’amasoko ya Leta mu iterambere rirambye, harimo kwirinda kwishyura serivisi n’ibintu byangiza ibidukikije.
Polisi y’u Rwanda yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abapolisi 154 barimo ba Komiseri barindwi na ba Ofisiye bakuru 15.
Mu myaka 20 ishize u Rwanda rugaragara mu ruhando rw’ibihugu bigira uruhare mu butumwa bwo kugarura amahoro ku Isi no kuyabungabunga. Umwihariko w’ibikorwa biranga abarimo Ingabo ndetse na Polisi by’u Rwanda boherezwayo, biri mu bikomeje kugaragazwa nk’inkingi ikomeye mu gutuma ahenshi mu hakorerwa ubwo butumwa bwo (…)
Mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro tariki 09 Ugushyingo 2024 iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, harimo umwanzuro wafatiwemo uvuga ko Dr. Pierre-Damien Habumuremyi yagizwe umwe mu bagize Inama y’Inararibonye z’u Rwanda.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatandatu tariki 09 Ugushyingo 2024, yayoboye Inama y’Abaminisitiri yateraniye mu biro bye (Village Urugwiro) ifatirwamo ibyemezo bikurikira:
Umujyanama wihariye mu Muryango w’Abibumbye(UN) ushinzwe gukumira ibyaha bya Jenoside, Alice Wairimu Nderitu, hamwe n’Umushinjacyaha w’Urwego rwasigaranye imirimo y’icyari Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda(IRMCT), Serge Brammertz, bamaze iminsi mu Rwanda mu biganiro bigamije gukumira Jenoside.
Abatuye mu Murenge wa Cyabingo mu Karere ka Gakenke, bibaza impamvu inyubako yagombaga gukorerwamo n’icyahoze ari Akarere ka Bugarura irinze isaza nta kintu na kimwe kiyikorewemo nyamara yarashowemo amafaranga menshi mu kuyubaka.
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC) tariki ya 8 Ugushyingo 2024 cyafashe amaraso abayobozi bakuru mu ngabo z’u Rwanda yo gufasha abantu barembye.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi(MINAGRI) ku bufatanye n’Ishuri ry’u Rwanda ryigisha Ubuhinzi butangiza Ibidukikije(RICA), hamwe n’Umuryango Mpuzamahanga uteza imbere ubuhinzi(One Acre Fund/OAF) uzwi ku izina rya ‘Tubura’ mu Rwanda, bahaye impamyabumenyi impuguke 16 zari zimaze umwaka ziga gutubura imbuto z’ibihingwa (…)
Umukuru w’Igihugu Paul Kagame, ubwo yafunguraga ku mugaragaro inama ya Youth Connekt 2024, yagaragaje ko Afurika ifite ibyo ikeneye byose kugira ngo ibashe kugera aho abayituye bifuza ndetse kandi ko kutabigeraho bakwiye kwigaya.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere Ka Kicukiro, Antoine Mutsinzi niwe warahije abanyamahanga 72 bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda, tariki 7 Ugushyingo 2024 mu Karere ka Kicukiro.
Mu Karere ka Musanze hatangiye kubakwa uruganda rugiye kujya rukora ibyuma mu mabuye y’Ubutare, rukaba rwitezweho kugabanya ingano y’ibyatumizwaga hanze y’u Rwanda n’akayabo k’amafaranga byatwaraga.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), Maj Gen(Rtd) Albert Murasira, asaba abatuye ahabashyira mu byago bose kwibwiriza bakahava badategereje ingurane, cyane ku bantu bituje mu manegeka cyangwa abafite ubushobozi barimo n’abafatiye ubwishingizi inzu zabo.
Guverinoma y’u Rwanda yongeye kugenera imfashanyo ingana na toni 19 zirimo ibyo kurya by’abana, imiti n’ibikoresho byo kwa muganga mu gufasha abaturage bugarijwe n’intambara muri Gaza.
Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafunze Bigwi Alain Lolain, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara, ukurikiranyweho icyaha cyo kwaka indonke.
Perezida Paul Kagame yashimiye Donald Trump watorewe kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ndetse ko yiteguye gukorana nawe ku nyungu rusange z’ibihugu byacu mu myaka iri imbere.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Rayon Sports nyuma y’imyaka itanu, yatsindiye Musanze FC kuri Stade Ubworoherane igitego 1-0, mu mukino w’umunsi wa cyenda wa shampiyona yuzuza imikino itanu yikurikiranya itsinda gusa.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Gatatu tariki 6 Ukwakira rwahanishije Miss Muheto Divine igihano cy’igifungo cy’amezi atatu gisubitse mu gihe cy’umwaka umwe n’ihazabu y’ibihumbi 190 Frw.
Mu Murenge wa Bwira mu Karere ka Ngororero, bakomje gushakisha umusore wo mu kigero cy’imyaka 20, umaze iminsi itandatu agwiriwe n’ikirombe cy’amabuye y’agaciro ya Koruta, cyari kimaze hafi iminsi 20 gifunzwe kubera kutuzuza ibisabwa.
Umurepubulikani Donald Trump w’imyaka 78 y’amavuko yamaze kubona amajwi arenga ayo yari akeneye kugira ngo yegukane intsinzi mu matora ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ni amatora yari ahanganiyemo n’umukandida w’Abademokarate, Kamala Harris w’imyaka 60.