Ibitaro mpuzamahanga byigisha ubuvuzi muri Afurika, Aga Khan University Hospital bifite icyicaro i Nairobi, byahaye u Rwanda impano y’imodoka ebyiri zifashishwa nk’amavuriro yimukanwa, hamwe n’ibyuma bikonjesha imiti (Frigo 20) bizajya bishyirwamo inkingo zishyirwa abaturage iwabo mu cyaro.
Inama yahuje u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Angola ni yo yabaye impamvu yo gufungwa k’umupaka munini uhuza Goma na Gisenyi kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 5 Ugushyingo 2024.
Mu rukerera tariki 5 Ugushyingo 2024, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) yafunze umupaka munini uhuza Goma na Gisenyi.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi uwitwa Rurangirwa Wilson uzwi cyane nk’Umupfumu Salongo, ukurikiranyweho ibyaha bitandukanye. Salongo yatawe muri yombi ku itariki 31 Ukwakira 2024.
Aba Badepite bo muri Somalia, bagize Komisiyo y’Uburinganire n’Uburenganzira bwa Muntu bari mu ruzinduko rw’iminsi itanu mu Rwanda, aho baje kureba uko u Rwanda rwiyubatse mu bikorwa bitandukanye by’iterambere, kuko rumaze kuba icyitegererezo ku Mugabane wa Afurika kubera iterambere rugeraho mu nzego zitandukanye.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yatangaje ko Virusi ya Marburg imaze guhitana abantu 16 mu Rwanda, yavuye ku ducurama turya imbuto tuba mu buvumo bw’ibirombe bitari kure y’i Kigali.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ushinzwe ubufatanye n’Akarere, Gen(Rtd) James Kabarebe, mu kiganiro yagiranye n’igitangamakuru cya CSIS, yasobanuye byinshi ku bijyanye n’umubano w’u Rwanda n’ibihugu bituranye na rwo harimo Uganda, u Burundi ndetse na Repubulika Iharanira Demokarasi (…)
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Cricket yegukanye irushanwa ryayihuzaga n’Igihugu cya Kenya nyuma yo kuyitsinda imikino itatu kuri ibiri. Ni irushanwa ryaberaga kuri Stade Mpuzamahanga ya Gahanga ya Cricket kuva tariki 29 Ukwakira 2024 kugeza tariki ya 2 Ugushyingo 2024. Umukino wa kane watangiye saa tatu za mu gitondo Kenya (…)
Kigali, umurwa mukuru w’u Rwanda uri mu mijyi irimo gutera imbere cyane bitewe n’ibikorwa remezo birimo imihanda n’inyubako zijyanye n’igihe.
Imiryango 1000 yo mu Murenge wa Busogo mu Karere ka Musanze, yatangiye gutera ibiti by’imbuto za Avoka mu ngo zayo, bikaba byitezweho ko mu myaka ibiri iri imbere, bizaba byatangiye gusarurwaho imbuto za avoka zeze neza, iyo miryango ikabasha kwihaza mu biribwa igakumira imirire mibi kandi igasagurira n’amasoko.
Ku itumanaho rigezweho kandi ryihuta, Infinix Rwanda yasohoye telefone zigezweho za Hot 50 Series z’umubyimba muto kurusha izindi kandi zikoresha ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano rya AI.
Kuri uyu wa Gatandatu, Rayon Sports yatsinze inyagiye Kiyovu Sports yabanje kwihagararaho kuri Kigali Pelé Stadium, yari yuzuye abafana ibitego 4-0 ifata umwanya wa mbere.
Minisiteri y’Ubuzima, Minisante, yatangaje ko abakize Virusi ya Marburg, bagomba kwitwararira cyane birinda gukora imibonano mpuzabitsinda idakingiye, konsa kuko hari ibice virusi isigaramo mu gihe kirenga umwaka, utitwararitse akaba yakwanduza abandi iyo ndwara.
Ikigo cy’imari cya BK Capital cyahawe igihembo cy’Umuhuza mwiza w’Isoko ry’Imari n’Imigabane mu Rwanda mu 2024 (Best Securities House in Rwanda) gitangwa na Euromoney.
U Rwanda rwashyikirije Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) inyubako izakoreramo icyicaro gikuru cy’ikigo cyawo gishinzwe imiti n’ibiribwa (Africa Medecines Agency, AMA) kikazafasha uyu mugabane kubona imiti ifite ubuziranenge.
Abakoresha umuhanda wa Kaburimbo Kigali - Musanze, batanga impuruza z’umusozi uyu muhanda wubatseho, mu gace kazwi nko kuri ‘Buranga’, ukomeje kwangirika mu buryo bukomeye kandi busatira cyane uwo muhanda, ku buryo haramutse nta gikozwe mu maguru mashya ngo hasanwe, uwo muhanda ushobora kuzaridukira mu manga, ubuhahirane (…)
Mu mukino warebwe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi yatsindiye Djibouti kuri Stade Amahoro ibitego 3-0 mu mukino wo kwishyura mu ijonjora rya mbere, mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika ku bakinnyi bakina imbere mu gihugu 2024.
Nyuma y’uko igishushanyo mbonera cy’imikoreshereze y’ubutaka cyo ku rwego rw’Igihugu cyemejwe mu Nama y’Abaminisitiri yo muri Nyakanga 2020, hakozwe ibishushanyo mbonera by’Uturere bishyira mu bikorwa icyo gishushanyo mbonera mu byiciro bito bito kugeza mu mwaka wa 2050.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 31 Ukwakira 2024, Miss Muheto Nshuti Divine yagejejwe ku Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro aho yaburanye ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ku byaha akurikiranyweho.
Hamaze iminsi havugwa ikibazo cyo kutumvikana hagati y’Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, Mukanyirigira Judith na Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Abakozi ba Leta (NPSC), ku kibazo cy’umukozi witwa Ndagijimana Froduald wirukanwe ku mwanya w’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbogo.
Imvura yaguye i Huye mu masaa saba n’igice kuri uyu wa 30 Ukwakira 2024 yasenye inzu zitari nkeya mu Tugari twa Gatobotobo na Kabuga mu Murenge wa Mbazi mu Karere ka Huye.
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, ari i Doha muri Qatar kuva tariki 29 Ukwakira 2024 aho yitabiriye inama yizihirizwamo isabukuru y’imyaka 30 y’Umwaka Mpuzamahanga w’Umuryango.
Mu ijoro ryo ku itariki ya 29 Ukwakira 2024 ububiko bw’Uruganda Sunbelt Textiles Rwanda ruherereye mu cyanya cyahariwe inganda cy’Akarere ka Bugesera bwaraye bufashwe n’inkongi y’umuriro, ibitambaro birenga ibihumbi 180 bikoreshwa mu kudoda ibiryamirwa birimo amashuka, n’ibiringiti birakongoka.
Itorero Imbuto zitoshye mu Mbonezamihigo, rigizwe n’urubyiruko rw’abasore n’inkumi 253 bafashwa n’Umuryango Imbuto Foundation barangije amashuri yisumbuye. Barishimira ubumenyi bakuye mu itorero ry’Igihugu aho bemeza ko ubwo bumenyi bubabereye impamba ifatika mu gusobanura amateka y’u Rwanda.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari two mu Karere ka Gakenke bashyikirijwe Moto nshya, zitezweho kuborohereza mu kazi kabo ka buri munsi aho bemeza ko nta rundi rwitwazo bagifite rutuma badashyira umuturage ku isonga.
Itsinda ry’impuguke zigize Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO), rikaba rishinzwe kumenya ibyanya bizaba pariki za jewoloji mu Rwanda, International Geo-Science and Geo-Park Program (IGGP), rivuga ko rizakomeza kugenzura niba ibirunga byo mu Rwanda bidashobora gukanguka ngo byongere biruke.
Tariki 31 Ukwakira 2024 hazaba inama ya 23 y’Isoko Rusange rya Afurika y’Iburasirazuba n’Amajyepfo (Common Market for Eastern and Southern Africa, COMESA), ikazabera mu gihugu cy’u Burundi. Muri iyi nama u Rwanda ruzahagararirwa na Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda.
Imiryango itishoboye yo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Musanze yakuwe mu byayo n’ibiza bikomoka ku mazi ava mu birunga, irasaba kubakirwa amacumbi yemerewe, igatandukana no gukomeza kugorwa n’imibereho yo gucumbikirwa mu bukode.
Kuri uyu wa mbere, tariki 28 Ukwakira 2024 itsinda ry’Abadepite umunani baturutse muri Ghana basuye Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Umutwe w’Abadepite, aho bari mu rugendo rugamije gusangira ubunararibonye.
Minisitiri w’ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana asaba Abanyarwanda gukomeza ingamba zo kwirinda icyorezo cya Marburg, no kwirinda uducurama haba kutwegera no kudukoraho kuko ari two twagaragaye ko twazanye icyorezo cya Marburg.