Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko izamuka n’ishyirwaho ry’imwe mu misoro mishya ryemejwe n’Inama y’Abaminisitiri nta ngaruka zikomeye rizagira ku muguzi wa nyuma, kubera ko byakozwe bibanje gutekerezwaho.
Inama y’Abaminisitiri yemeje amategeko n’amateka mashya ajyanye n’imisoro, aho ibikoresho by’ikoranabuhanga bigiye kujya byishyura umusoro ku nyongeragaciro (VAT).
Mu Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rw’Akarere ka Musanze, rwahoze ari Cour d’Appel Ruhengeri, guhera ku wa Mbere tariki 10 Gashyantare 2025, hatangijwe Imurikamateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe amashuri ya Tekiniki, Imyuga n’Ubumenyingiro (RTB), ruratangaza ko rwatangiye igikorwa cyo kubaka ibigo by’amashuri y’icyitegererezo ya TVET (Centers of Excellence) ari ku rwego nk’urw’ay’i Burayi, mu rwego rwo gukomeza gushaka ibisubizo by’uko u Rwanda n’Abanyarwanda bajya bahangana ku rwego (…)
Kuri iki Cyumweru tariki 09 Gashyantare 2025, habaye amatora ya Komite Nyobozi ya FPR-Inkotanyi ku rwego rw’Umujyi wa Kigali, aho Dusengiyumva Samuel yongeye kugirirwa icyizere cyo kuyobora uyu muryango n’amajwi 502, ahwanye na 86% by’abari bagize inteko itora.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame witabiriye inama ya EAC-SADC, yiga ku kibazo cy’Umutekano mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC), yavuze ko iki guhugu kitacecekesha u Rwanda kandi ari cyo cyananiwe gukemura ibibazo byacyo binagira ingaruka no ku Rwanda.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ushinzwe ubufatanye n’Akarere, Gen (Rtd) James Kabarebe, yagaragaje ko kugira ngo Igihugu gitere imbere byihuse, bihera ku kwita ku mibereho myiza n’iterambere by’umwana.
Umunsi wari utegerejwe n’akarere k’Ibiyaga bigari ndetse n’umuryango w’ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika wageze.
Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA), yahagaritse imirimo mu gihe cy’amezi atandatu kubera ikibazo cyo kubura Ingengo y’Imari.
Kuva mu 1958 ubwo Marshall Plan yahinduraga izina ikaba Mutual Security Agency, ikaza kuba USAID mu ntagiriro za 1960, ikiganza kiramukanya kivuga ko inkunga itangwa ari magirirane hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibihugu igenewe (mutual benefits shared by US and friends around the world.)
U Rwanda rwahaye Afurika y"epfo inzira yo gutwara imibiri 14 y’abasirikare barasiwe ku rugamba aho bari bafatanyije n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo mu guhangana n’abarwanyi ba M23 muri Kivu y’ Amajyaruguru.
Impunzi z’abanyarwanda bamaze imyaka 31 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Ntara ya Kivu y’ Amajyaruguru bakiriwe mu Rwanda
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye Nasser Bourita, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Maroc ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 6 Mutarama wamuzaniye ubutumwa bw’Umwami Mohammed VI wa Maroc.
Abanyeshuri biga mu Ishuri ryisumbuye rya Tekiniki, Imyuga n’Ubumenyingiro rya Kirehe (Kirehe TSS) biga kubaka, kubaza, kudoda, gusudira n’ibindi, bavuga ko mu biruhuko batangira kubibyaza umusaruro.
U Rwanda rushyira mu bikorwa ibyo rwiyemeje hakurikijwe inama yo ku wa 20 Nzeri 2016, i New York, yarebaga uburyo bwo kwinjiza ubuzima bw’impunzi mu iterambere ry’igihugu mu burezi, umurimo, ingufu n’isuku n’isukura, ibikorwa remezo n’ibidukikije, kurinda no gushaka ibisubizo n’ubuvuzi.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda Alain Mukuralinda, yatangaje ko Leta y’u Rwanda izishyura ibyangijwe n’ibisasu biherutse kuraswa mu Rwanda bivuye muri DRC, mu gihe ibisubizo bya Politiki nabyo bizaba bikurikiranwa.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda Alain Mukurarinda, aratangaza ko Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo DRC, yangiza imbaraga nyinshi mu guharabika u Rwanda aho kuzishyira mu gushaka ibisubizo by’ibibazo by’icyo Gihugu gituranyi n’u Rwanda.
Aborozi b’ingurube mu Rwanda batangaje ko mu gihe cy’amezi arindwi, bazaba batangije gahunda yo guha ibibwana by’ingurube amata yo kunywa byakorewe, kugira ngo za nyina zororoke vuba.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aratangaza ko mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo DRC, azi neza ko intambara atariyo izakemura ikibazo cy’umutekano mucye mu Gihugu cye, ariko yananiwe kwigobotora ibitekerezo by’abamujya mu matwi bamwumvisha ko adakwiye kwemera kuva ku izima.
U Rwanda n’u Burusiya byiyemeje gufatanya mu kungurana ibitekerezo ku kibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.
Abadepite bagize Komisiyo y’Umutekano n’Ubusugire bw’Igihugu mu Nteko Ishinga Amategeko ya Afurika y’Epfo, baravuga ko nta cyizere cy’uko abasirikare b’icyo Gihugu bagera kuri 14 biciwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo DRC, bucya bagejejwe mu Gihugu cyabo.
Imibare igaragaza ko abarenga ibihumbi 60 bari bafungiwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bamaze gufungurwa bagasubira mu muryango nyarwanda.
Komisiyo y’Umutekano n’Ubusugire bw’Igihugu mu Nteko Ishinga Amategeko ya Afurika y’Epfo irimo guhata ibibazo Minisiteri y’Ingabo ku kibazo cy’ingabo zabo ziri muri Kongo, zikaba zaratakaje abasirikare 14 mu rugamba bafatanya na FARDC mu kurwanya M23.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Antoine Felix Tshisekedi, bagiye guhurira mu biganiro ku kibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa DRC by’umwihariko muri Kivu y’Amajyaruguru.
Ku wa Gatandatu tariki ya 01 Gashyantare 2025, Abanyarwanda baba muri Nigeria n’inshuti zabo bizihije umunsi w’Intwari z’Igihugu ku nshuro yawo ya 31, mu ndangagaciro z’umuco w’u Rwanda.
Akarere u Rwanda ruherereyemo gashoje icyumweru cy’injyanamuntu; urugamba rukomeye hagati ya M23 irwana n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo n’abayishyigikiye barimo na FDLR ni rwo rwaranze ingingo nyamukuru mu bitangazamakuru, byaba ibyo mu karere no ku isi yose.
Mu gihe u Rwanda n’Isi bitegura kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kwirinda no kurwanya indwara za Kanseri uba buri mwaka tariki 04 Gashyantare, Minisiteri y’Ubuzima yifatanyije n’Abanya-Kigali muri Siporo rusange (Car Free Day), yatangiwemo ubutumwa bwo kwirinda iyo ndwara.
U Rwanda rwamaganye ibirego byashyizwe ku ngabo z’u Rwanda (RDF) byo kwinjira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no kugaba ibitero ku basivile, nk’uko bigaragara mu itangazo ry’Inama idasanzwe yahuje abakuru b’ibihugu bigize Umuryango w’Ubukungu n’Iterambere ry’Ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC) yateranye (…)
Nyuma yo kwerekana ukuntu “Abakurambere b’intwari bitanze batizigama”, bahanze u Rwanda kugeza ubwo ruvamo “ubukombe”, reka nkomeze nerekane n’abandi “bakurambere b’intwari” bivugwa ko “batsinze ubukoroni na mpatsibihugu”.