Madamu Jeannette Kagame ageza ijambo ry’ihumure ku bitabiriye inama mpuzamahanga ku kurwanya Jenoside yabereye i Rusororo kuri Intare Conference Arena kuri uyu wa Gatatu tariki 8 Mata 2026 yabibukije ijambo babwiwe n’Inkotanyi bwa mbere rivuga riti ‘Baho ntugipfuye’.
Mu nama mpuzamahanga ku kurwanya Jenoside iri kubera i Rusororo kuri Intare Conference Arena kuri uyu wa Gatatu tariki 8 Mata 2026 hagaragajwe uburyo igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ifite ingengabitekerezo ya Jenoside yibasira Abanyekongo b’Abanyamurenge bavuga ururimi rw’ikinyarwanda bo mu bwoko (…)
Perezida wa IBUKA, Dr Philbert Gakwenzire, yasabye abitabiriye umugoroba wo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 kwegera abarokotse Jenoside ndetse no kubahumuriza kuko ari ibihe bituma batonekara kubera ibikomere basigiwe n’ibyo bahuye na byo mu gihe cya Jenoside.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye Urugendo rwo Kwibuka ruzwi nka ’Walk to Remember’ rwabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 7 Mata 2026.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yavuze ko kuzirikana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, igahagarikwa na FPR Inkotanyi, bikwiye kwibutsa ibihugu kubahiriza inshingano zo gukumira Jenoside, zemejwe n’Umuryango w’Abibumbye.
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije Icyumweru cy’Icyunamo n’iminsi ijana yo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.
Ikigo cy’imari cya BK Group Plc, cyatangaje ko cyabonye inyungu ya Miliyari 110 na Miliyoni 100 Frw mu 2025, avuye kuri miliyari 91 Frw yari yungutse mu mwaka wari wabanje. Ikaba yarabonye inyongera ingana ya 22.9%.
Banki ya Kigali yeretse Abakiriya bayo b’imena uburyo System ya ‘BK Open API’ izabafasha ikanaborohereza kubona serivisi mu buryo bworoshye batarinze gutegereza igihe kinini ndetse no kujyayo.
Mbere y’umwaka wa 2030, u Rwanda ruzaba rushobora gutanga intanga z’inka ibihumbi 840, bivuye ku ntanga ibihumbi 120 zitangwa uyu mwaka.
Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda, tariki 30 Werurwe yerekanye Filimi ‘Beyond the Clouds’ mu kigo cy’Amashuri yisumbuye ya FAWE Girls School riherereye ku Gisozi mu mujyi wa Kigali igaruka ku guha uburezi abana baturuka mu miryango ikennye.
Perezida w’Umuryango AVEGA Agahozo, Hon. Mukamugema Alphonsine, yagaragaje uburyo urugendo rw’Ubudaheranwa rwafashije Abapfakajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 kongera kwiyubaka.
Perezida Kagame yemereye Abayisilamu gusubizaho umuhamagaro w’isengesho rya mu gitondo cya kare, hifashishijwe indangururamajwi uzwi nko gutora Adhana. Perezida Kagame yabibemereye mu kiganiro cyamuhuje n’Abayisilamu bo mu Rwanda cyabereye muri BK Arena kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Werurwe 2026.
Mufti w’u Rwanda Sheikh Mussa Sindayigaya yashimiye Perezida Kagame uburyo yasubije agaciro Abayislamu bakaba batakitwa amazina y’amahimbano arimo no kubita Abaswayile. Mufti Sheikh Mussa Sindayigaya yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Werurwe 2026 mu gikorwa cyo guhura no kuganira na Perezida wa Repubulika, Paul (…)
Abayisilamu bo mu Rwanda bavuga ko kwiteza imbere babikesha umutekano bazaniwe na Perezida Paul Kagame. Babitangaje Kuri uyu wa Gatutu tariki 25 Werurwe 2026 mu gikorwa cyo guhura no kuganira na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame muri BK Arena.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi, Amb. Bazivamo Christophe, yasabye urubyiruko rusaga 2000 rwitabiriye Inama Nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye ku Muryango FPR Inkotanyi kwirinda ibihuha bica ku mbuga nkoranyambaga no kurwanya ibinyoma bivugwa ku Rwanda.
Imikoreshereze y’ururimi ry’Ikinyarwanda ni kimwe mu byatinzweho mu nama y’Urubyiruko rwitabiriye Inama Nkuru ya gatandatu y’Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye ku muryango FPR Inkotanyi, rusaba abayobozi kujya bakoresha ururimi rw’Ikinyarwanda igihe batanga serivisi, bakirinda kuvanga indimi.
Umuyobozi Wungirije w’Umuryango FPR Inkotanyi, Uwimana Consolée, afungura Inama Nkuru y’urugaga rw’urubyiruko rushamikiye ku muryango FPR Inkotanyi yarusabye kwirinda kwishora mu ngeso z’ubusambanyi n’izindi ngeso mbi kuko bigira ingaruka ku buzima bwabo kandi bikaba ari icyaha gihanwa n’amategeko.
Mu nama Nkuru ya Gatandatu y’urugaga rw’Abagore rushamikiye ku Muryango FPR Inkotanyi, yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 21 Werurwe 2026 hatowe Komite nshya iyobowe na Uzamukunda Pudencienne.
Madamu Jeannette Kagame yavuze ko ntawavuga umuryango RPF Inkotanyi atavuze uruhare abagore n’abana babo bagize mu rugamba rwo kubohora u Rwanda no mu bufatanye bw’iterambere ry’Igihugu.
Minisitiri w’lbikorwa Remezo, Dr. Jimmy Gasore, yagaragaje ko imirimo yo kubaka inganda zitunganya amazi mu mijyi igeze kure aho hari kubakwa inganda nshya, izindi zikongererwa ubushobozi mu rwego rwo kugeza amazi meza ku baturage.
Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore basabye Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi gufasha aborozi bo muri Gicumbi kwishyuza Koperative IAKIB amafaranga agera kuri Miliyari 1 frw bivugwa ko yabambuye.
Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore babajije impamvu Akarere ka Kayonza gakunze kwibasirwa n’inzara ndetse n’uko icyo kibazo cyakemuka burundu.
Abahanga mu by’imirire bavuga ko atari byiza gutekesha amavuta y’ubuto inshuro nyinshi, kuko bigira ingaruka ku buzima bw’umuntu.
Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Biruta Vincent, yabwiye Abadepite bagize Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no kurwanya Jenoside ko ingamba Leta yashyizeho zatangiye gutanga umusaruro ku bucucike buri mu magororero hirya no hino mu gihugu kuko bwagabanutseho 46,8%.
Ku cyicaro gikuru cya Banki ya Kigali (BK) tariki ya 9 Werurwe 2026 habereye igikorwa cyo kwizihiza umunsi mukuru w’Umugore, abakiriya bahabwa impano nk’abafatanyabikorwa beza.
Abasenateri bagize Komisiyo y’Ubukungu n’Imari ubwo bagezaga ku Nteko Rusange ya Sena raporo ku gikorwa cyo kugenzura ibikorwa bya Guverinoma byo kugeza amazi meza ku baturage, bavuze ko WASAC Group ikwiye gushyiraho uburyo buhamye bwo gupima ubuziranenge bw’amazi yose atangwa mu baturage.
Waba warigeze wumva abantu bavuga ko umwana muto uriye ubwonko bw’Ifi agira ubwenge bwinshi mu ishuri ndetse akaba n’umuhanga mu bintu bitandukanye.
Abahanzi Nyarwanda baganiriye n’Abadepite bagize Komisiyo y’Uburezi, Ikoranabuhanga, Umuco, Siporo n’Urubyiruko ku ruhare rw’abahanzi mu gusigasira ururimi rw’Ikinyarwanda bavuze ko ikoreshwa ry’Ikinyarwanda cy’umwimerere ryagabanutse bitewe n’ikwirakwira ry’amagambo n’imvugo z’amahanga.
Abagize Komisiyo y’Uburezi, Ikoranabuhanga, Umuco, Siporo n’Urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko basabye Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) gushyira imbaraga mu nshuti z’umuryango kugira ngo zifashe imiryango ibana mu makimbirane kuyakemura.
Abanyarwanda biganjemo abakunzi b’inyama, ariko abenshi ntibasobanukiwe inyama nziza iyo ari yo ndetse n’uko bagomba kubika iki kiribwa kugira ngo kidatakaza ubuziranenge n’uburyohe.