Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolée, arashima Inkotanyi zamufashije kuva mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zikamuzana zimutwaye mu ndege.
Mu Nteko Ishinga Amategeko harimo kubera Inama nyunguranabitekerezo ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’Urugamba rwo kuyihagarika. Mbere y’ibiganiro, Madamu Jeannette Kagame yabanje gusura Ingoro y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi iri ahakorera Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda RSSB cyagaruje 32% by’amafaranga y’imisanzu ya pansiyo cyari kiberewemo n’ibigo bya Leta n’iby’abikorera mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2024/2025, nk’uko byatangarijwe na Komisiyo y’Imibereho Myiza y’Abaturage mu Nteko Ishinga Amategeko.
Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore babwiye Inteko rusange ko imitangire ya serivise y’urwego rushinzwe gutanga serivisi z’Amazi Isuku n’Isukura WASAC ziri ku gipimo cyo hasi nk’uko bigaragara mu isesengura rya Raporo y’iyi Komisiyo.
Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore, ubwo bagezaga ku Nteko rusange umutwe w’Abadepite kuri uyu wa Mbere tariki 18 Gicurasi 2026 Raporo y’Ibikorwa by’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) by’umwaka wa 2024/2025 na gahunda y’ibikorwa by’umwaka wa 2025/2026, bagaragaje ko (…)
Nkundanyirazo Elvis mu buhamya yatanze tariki 16 Gicurasi 2026 mu gikorwa cyo kwibuka Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994 muri Seminari nto ya Ndera yaragijwe Mutagatifu Vincent, yavuze ko kurokoka kwe hamwe n’abavandimwe be babikesha Abahutu Se yavuye kuko yari umuganga.
Kaminuza yigisha ubuhinzi bubungabunga ubutaka RICA kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Gicurasi 2026 basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali.
Umuntu iyo agejeje ku myaka mirongo inani bavuga ko akuze, yageza ku myaka 100 bakavuga ko yaramye, ariko mu nyamaswa hari izigeza ku myaka magana ane.
Umuyobozi w’Ikigega cy’Imari cya Banki y’Isi gifasha abikorera (International Finance Corporation), Makhtar Diop, yavuze ko inzego zirimo ubuhinzi zitejwe imbere zafasha Afurika mu guhanga imirimo, kwihaza mu biribwa no guteza imbere inganda.
Abadepite basabye Minisiteri y’Ibikorwa Remezo n’ibigo biyishamikiyeho ko bakwiye kwita ku kibazo cy’amazi make ari mu Karere ka Muhanga.
Umuyobozi Mukuru w’ikigo cy’ingufu (REG) ZINGIRO Armand yabwiye Abadepite bagize Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo bya Leta ko umushinga wo kubaka umuyoboro w’Amashanyarazi wagombaga guhuza igice cya Bwishyura mu karere ka Karongi na Kamanyora muri Repubulika Iharanira Demokari ya Congo wadindiye kubera ko ingengo (…)
Perezida Kagame yageze muri Kenya aho yifatanyije n’abandi Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma mu nama ihuza u Bufaransa n’ibihugu bya Afurika ‘Africa Forward Summit’, irimo kubera i Nairobi, hagati ya tariki 11-12 Gicurasi 2026.
Minisitiri w’Imari n’igenamigambi, Yussuf Murangwa, yavuze ko icyuho cy’ibyoherezwa n’ibitumizwa mu mahanga cyagabanutseho 1, 9 % mu mwaka wa 2025 biva kuri Miliyari 2,4 z’Amadorali ya Amerika 2024 bigera kuri Miliyari 2,3$ z’Amadorali ya Amerika mu mwaka wa 2025.
Itsinda ry’abavuzi b’Abashinwa bamaze iminsi bakorera mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro, kuri uyu wa Gatandatu tariki 09 Gicurasi 2026 bazindukiye mu gikorwa cyo gusuzuma no kuvura indwara zitandukanye abakozi ba Kigali Today Ltd hamwe n’imiryango yabo.
Inzobere mu mirire zisobanura uburyo umuntu yagombye kunywamo ikawa ndetse n’ingano umuntu akwiye kunywa.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, (RCS) rwatangaje ko Karasira Aimable Uzaramba yapfuye mu masaha y’ijoro ryo ku wa 7 Gicurasi 2026 ahagana saa sita nyuma y’uko afashe imiti myinshi yari asanzwe anywa, akarenza ingano yayo.
Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, Alexis Kamuhire yagaragarije Inteko rusange, imitwe yombi y’Abagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ko gutinda kurangiza kubaka inzu 548 i Batsinda icyiciro cya II (HEZA ESTATE) byatumye igiciro cyagombaga kuzirangiza kiyongera kigera kuri Miliyari 42.24Frw.
Arnold de Bosscher uzwi nka DJ Toxxyk nyuma yo guhamwa n’ibyaha yari akurikiranyweho kuri uyu wa mbere tariki 4 Gicurasi 2026, Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwamuhanishije gutanga ihazabu ya miliyoni 1,5 Frw no gukora imirimo y’inyungu rusange asubitse mu gihe cy’amezi atandatu, runategeka ko ahita arekurwa.
Inteko rusange umutwe w’Abadepite yateranye ku wa Kane tariki 29 Mata 2026 yatangaje ko Leta yatsinzwe imanza 9 bituma yishyura 46,438,529 Frw harimo n’indishyi z’akababaro kubera imanza yarezwemo zirebana no kuba zimwe mu nzego za Leta zitubahiriza amategeko, amabwiriza n’ibyemezo bijyanye n’imicungire y’abakozi ba Leta.
Gutwara amatungo nabi igihe agiye kubagwa biri mu bituma inyama zitakaza ubuziranenge, bikagira ingaruka ku buzima bw’umuntu waziriye.
Umushinjacyaha ushinzwe kurwanya Iterabwoba mu Rukiko rwa Paris mu Bufaransa, Olivier Christen yirinze kugira icyo atangaza kuri Dosiye ya Padiri Wenceslas Munyeshyaka ndetse n’umugore w’uwahoze ari Perezida w’u Rwanda Agatha Kanziga.
Ishuri Rikuru Gatolika rya Kabgayi (ICK) ryagaragaje uburyo ibikorwa byaryo bigira uruhare mw’iterambere ry’akarere ka Muhanga cyane cyane mu bucuruzi.
U Bufaransa buri mu iperereza ku Banyarwanda 36 bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yahitanye Umwamikazi Rosalie Gicanda wari utuye mu Mujyi wa Butare, akaba yari umugore w’Umwami Mutara III Rudahigwa, wiciwe i Bujumbura mu Burundi mu 1959.
Ubuhamya bwatanzwe na Gatamba Jean de Dieu warokokeye mu murenge wa Mwulire mu Karere ka Rwamagana kuru uyu wa Gatandatu tariki 18 Mata 2026 mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 yavuze ko Abatutsi bari bahungiye kuri uyu musozi babashije kwirwanaho kugeza ubwo abicanyi bahuruje (…)
Abantu benshi bakunze gufata ifunguro ririho ibiribwa bitandukanye kubera kutamenya intungamubiri zibigize ndetse bamwe ugasanga ifunguro ryabo rigizwe ahanini n’ibiribwa bifite intungamubiri zimwe.
Urwego rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) rwagaragarije Abasenateri bagize Komisiyo y’Ubukungu muri Sena ko bafite imbogamizi zo kudashora imari mu nganda kubera ikiguzi cy’ubutaka buhenze cyane.
Inteko rusange y’umutwe w’Abadepite yateranye kuri uyu wa Mbere tariki 13 Mata 2026 itora umushinga w’itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano y’inguzanyo hagati y’u Rwanda na Banki ya Standard Chartered ingana na miliyoni magana abiri na cumi n’eshatu, ibihumbi ijana na mirongo itandatu na bine na magana atatu mirongo (…)
Mu gikorwa cyo kwibuka Abanyepolitike bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 ku nshuro ya 32, cyabereye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Rebero, kuri uyu wa 13 Mata ubwo hasozwaga Icyumweru cy’Icyunamo, Ihuriro ry’imitwe ya Politike mu Rwanda ryasabye abagizwe ingwate n’abasize bakoze Jenoside kwitandukanya na bo bakagaruka (…)
Perezida wa IBUKA, Dr. Philibert Gakwenzire, asanga imyitwarire y’Ingabo z’Ababiligi ari igihamya y’uko batigeze bifuriza u Rwanda na Afurika amahoro.