Rwiyemezamirimo Mukayirere Adeline, wo mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Runda mu Ntara y’Amajyepfo, ku wa Gatatu tariki ya 19 Ukwakira 2025, yashyikirijwe Miliyoni 30Frw na BK Foundation ku bufatanye n’Ikigo cy’u Budage cy’Iterambere (GIZ), binyuze mu mushinga uzafasha ba rwiyemezamirimo by’umwihariko urubyiruko, kubona (…)
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Ugushyingo 2025, Ikigo gishya cya Polisi gishinzwe kugenzura Ubuziranenge bw’Ibinyabiziga (Contrôle technique), giherereye mu Murenge wa Ndera mu Karere Gasabo, cyatangiye kwakirirwamo ibinyabiziga byiganjemo moto n’amakamyo.
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore, yatangaje ko Minisiteri ayoboye ifatanyije n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi mu Rwanda (RTDA), bagiye gukora igenzura ryimbitse mu ikorwa ry’imihanda kugira ngo itazongera kujya isenyuka itarambye, hifashishijwe imodoka zabugenewe.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), yasabwe gukemura ibibazo bigaragara muri gahunda yo kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana bato bitarenze amezi 12.
Perezida w’Agateganyo w’Inama y’Abakomiseri muri Komisiyo y’Igihugu ishinzwe abakozi ba Leta (NPSC) Sebagabo Muhire Barnabé, yatangaje ko uturere twatsinzwe imanza 4 ducibwa 18,826,907Frw kubera kutubahiriza uburenganzira bw’abakozi.
Umuyobozi Mukuru w’agateganyo w’Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buhinzi n’Ubworozi (RAB), Dr. Uwituze Solange, yabwiye Abadepite bagize Komisiyo y’Ubutaka, Ubuhinzi, Ubworozi n’Ibidukikije, ko Leta yashyizeho ingamba zihamye zo kubungabunga umusaruro w’ibigori ku buryo utazongera kwangirika mu isarura.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yabwiye Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’imari ya Leta, ko inzu zigera ku 29,732 zigomba gusanwa.
Urukiko rw’i Paris mu Bufaransa rwategetse ko Nicolas Sarkozy wabaye Perezida w’icyo gihugu afungurwa by’agateganyo, mu gihe ategereje kuburana ubujurire mu rubanza yakatiwemo gufungwa imyaka itanu.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yibukije Abanyarwanda ko nta gihugu cyakizwa no gusabiriza, ko ahubwo ibihugu byagombye kwishyira hamwe, bikagirana inama, bigakora bigatera imbere.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, yatangaje ko Ubumwe n’Ubwiyunge bw’Abanyarwanda bwiyongereyeho 13% muri uyu mwaka wa 2025.
Minisitiri w’Umutekano Imbere mu Gihugu, Dr. Vincent Biruta, yashimye ubufatanye bw’ibihugu bya Eastern Africa Police Chiefs Cooperation Organization (EAPCCO) ndetse n’u Bushinwa, mu guhangana n’ibibazo by’umutekano, birimo ibyaha by’ikoranabuhanga, kuko bwongereye umutekano.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga no Guhanga Udushya, Ingabire Paula ageza ibisobanuro ku nteko rusange umutwe w’Abadepite, ibisubizo mu magambo ku bibazo byagaragaye mu ikoreshwa ry’ikoranabuhanga hatangwa serivisi ku baturage, yavuze ko hakenewe iminara 2,500 yiyongera ku 1700 yari isanzwe kugira ngo Internet ibashe kugera mu (…)
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwataye muri yombi abagabo batatu (3) bakurikiranyweho kugura no kugurisha amahembe y’inzovu afite ibilo 20, bayavanye muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, ajyanywe gucuruzwa ku Mugabane wa Aziya.
Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yasoje igikorwa cyo gukangurira abagore kwishyurana hakoreshejwe telefone ngendanwa, hagamijwe kwiteza imbere no kwihaza mu by’imari muri gahunda yiswe ‘Gendana Konti’.
Mu rwego rwo gushyiraho gahunda ihamye y’uburyo bwo gukumira ibiza, guhangana n’ingaruka zabyo no kubaka ibikorwa bitakwibasirwa n’ibiza, Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko igiye gushyiraho ingengo y’imari izayifasha kubaka ubushobozi hakiri kare, buzashingira ku makuru yizewe yo gucunga ibiza hadategerejwe inkunga z’amahanga.
Umuyobozi Mukuru w’ikigo cy’Ubutaka (NLA), Marie Grace Nishimwe, yavuze ko urupapuro ruhesha ububasha umuntu bwo guhagararira undi mu ihererekanya ry’ubutaka (Procuration) rutemewe mu Rwanda, uretse ku bantu bari hanze y’Igihugu.
Paul Biya w’imyaka 92 y’amavuko, yongeye gutorerwa kuyobora Cameroun, ikaba ari manda ye ya 8, ahigika Issa Tchiroma Bakary bari bahanganye mu matora.
Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva, yasabye Abanyarwanda gutera ibiti kuko Leta y’u Rwanda ifite gahunda yo kubitera ku buso bunini bushoboka, abasaba kubirinda.
Abafite inganda za kawa mu Rwanda bagera kuri 50 bahuriye mu Mujyi wa Kigali ku mugoroba wa tariki 24 Ukwakira 2025, baganira n’abayobozi ba Banki ya Kigali (BK) uburyo bwo gukomeza kwagura imikoranire, no kurebera hamwe ibibazo bihari ngo bishakirwe ibisubizo.
Umuryango Plan International Rwanda, kuri uyu wa Kane tariki 23 Ukwakira 2025, wamuritse ibikorwa wagezeho mu myaka itanu ishize, ndetse n’ibyo uteganya mu myaka itanu iri imbere (2026-2030), uvuga ko abagera ku bihumbi 770 bagezweho n’ibikorwa byawo.
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Amb. Christine Nkulikiyinka, yagaragarije Abasenateri bagize Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage n’Uburenganzira bwa Muntu mu biganiro bagiranye kuri uyu wa Mbere tariki 20 Ukwakira 2025, ibirimo gukorwa mu guteza imbere imibereho y’abageze mu zabukuru, no kugira ngo umubare munini (…)
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu yakiriye Perezida Bassirou Diomaye Diakhar Faye wa Sénégal, uri mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda rugamije gushimangira ubufatanye hagati y’ibihugu byombi, igikorwa cyabereye muri Village Urugwiro.
Perezida Bassirou Diomaye Faye wa Sénégal yageze mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Ukwakira 2025, aho aje mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu,akaba yakiriwe na Mugenzi we w’u Rwanda, Perezida Paul Kagame hamwe n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga no Guhanga Udushya, Yves Iradukunda, yavuze ko ubwenge buhangano (Artificial Intelligence/AI) buzifashishwa mu gusuzuma umugore utwite, bikazafasha kumenya mbere uko ubuzima bwe n’ubw’umwana buhagaze.
Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, NCHR, yatangaje ko mu 2024/2025 ubucucike mu magororero bwagabanutseho 24.4% ugereranyije n’umwaka ushize wa 2023/2024.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr Yvan Butera, yavuze ko 95% by’Abanyarwanda bazajya babona serivisi z’ubuzima ku rwego rwa Poste de Santé no ku bigo nderabuzima.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Habimana Dominique, yavuze ko urwego rw’akagari ruzakomeza kongererwa ubushobozi kugira ngo ibibazo birurimo bikemuke, bityo serivisi rutanga ku baturage zinozwe, ndetse na bo boroherezwe mu byo bakora.
Perezida w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije Democratic Green Party of Rwanda (DGPR), Dr. Frank Habineza, yatorewe kuba Senateri kuri uyu wa 14 Ukwakira mu Nteko Rusange y’Urwego rw’Igihugu rw’Inama y’Igihugu y’Amashyaka ya Politiki (NFPO).
Perezida wa Madagascar Andry Rajoelina, yagejeje ijambo ku baturage bwa mbere nyuma y’igihe igihugu cye kirimo imyigaragambyo ikaze y’abiganjemo urubyiruko bazwi nka Gen Z, gusa uyu Mukuru w’Igihugu ntawe uzi aho ari kuko bivugwa ko yahungishijwe atinya kwicwa.
Akigera muri Isarel, Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko igihe cy’intambara n’umwijima cyarangiye, hatangiye igihe gishya cy’amahoro n’iterambere mu Burasirazuba bwo Hagati.