Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Domitilla Mukantaganzwa, yasabye abacamanza, abanditsi b’inkiko n’abashakashatsi mu by’amategeko gukomeza kwiyungura ubumenyi ku mategeko agenga umuryango n’ubutaka, kugira ngo barusheho guca imanza ziboneye kandi zitanga ubutabera bufite ireme.
Abanyeshuri 30 bahize abandi mu marushanwa y’Icyongereza yiswe The Orator English Competition bahembwe kujya mu Bwongereza, aho bazamara ibyumweru bibiri bahugurwa mu rurimi ndetse bakishyurirwa amafaranga y’ishuri mu gihe cy’umwaka.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko uburyo bushya bwo kwishyurana bwiswe e-Kash buzafasha abaturage kohereza no kwakira amafaranga mu buryo bwihuse, bworoshye kandi bwizewe hagati y’ibigo by’imari n’ibigo by’itumanaho.
Perezida wa Repubulika akaba na Chairman w’Umuryango FPR Inkotanyi, Paul Kagame, yabwiye abayobozi batuzuza inshingano zabo ko bakwiye kumenya ko gutinza cyangwa kudatanga serivisi uko bikwiye ari amakosa ashobora no guhanirwa n’amategeko.
Amwe mu mafunguro ategurirwa muri Kigali Universe akunzwe na benshi harimo iryitwa Ragoût de chèvre, rikundwa kubera uburyo ritegurwa n’uburyohe bwaryo.
Intore zisaga 700 ziri mu cyiciro cya 16 cy’Itorero ry’Indangamirwa 2026, zavuze ko zizaharanira kugaragaza ukuri kw’amateka y’u Rwanda barwanya abagikwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside.
Hashize iminsi 10 Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) itangiye kubariza mu ruhame ibigo bya Leta, ibitaro, za kaminuza n’uturere twagaragayeho amakosa mu micungire y’imari n’umutungo bya Leta nk’uko bigaragazwa na raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yavuze ko Senateri wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Lindsey Graham, azibukwa nk’umuntu wavugishaga ukuri kandi waharaniraga ubufatanye hagati ya Amerika n’Afurika.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yageze i Doha muri Qatar mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 13 Nyakanga 2026, aho yagiye kwifatanya n’abaturage ba Qatar, Umuryango w’Abami n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, mu kababaro k’urupfu rwa se, Sheikh Hamad bin Khalifa Al Thani.
Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Rwinkwavu biherereye mu Karere ka Kayonza bwabuze ibisobanuro bihagije buha Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Umutungo n’Imari bya Leta (PAC), ku bikoresho by’ibitaro bifite agaciro ka miliyoni 201 Frw bimaze umwaka bidakora, nyamara bikenewe mu gutanga (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi bwemereye Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Umutungo n’Imari bya Leta (PAC) ko butakurikiranye neza gahunda ya Girinka Munyarwanda, nyuma y’uko bigaragaye ko inka 148 zatanzwe muri iyi gahunda zapfuye ariko abari bazifite ntibashumbushwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi bwemereye Abadepite bagize Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Umutungo n’Imari ya Leta (PAC) ko bwagize intege nke mu kurangiza ku gihe icyiciro cya mbere cy’umuhanda Gihundwe-Busekanka.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje Itegeko rigena ingengo y’imari ya Leta y’umwaka wa 2026/2027, aho amafaranga yose ateganyijwe kwinjira no gukoreshwa angana na Miliyari ibuhumbi birindwi n’ibice birindwi mu mafaranga y’u Rwanda.
Abahawe serivisi z’ubuvuzi ku bufatanye bw’Ingabo z’u Rwanda na Polisi y’u Rwanda mu gihe cy’amezi atatu bangana na 33,722, mu Ntara zose z’igihugu.
Ibikorwa by’iterambere n’imibereho myiza y’abaturage byakozwe na Polisi y’u Rwanda n’Ingabo z’u Rwanda (RDF) mu mezi atatu ashize byatwaye arenga miliyari 2 na miliyoni 700 z’amafaranga y’u Rwanda.
Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (Rwanda Polytechnic) ryananiwe gusobanurira Abadepite bagize Komisiyo Ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) impamvu rimaze igihe ridasubiza abanyeshuri amafaranga y’ingwate (Caution) arenga miliyoni 250 Frw.
Perezida wa Mozambique akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu (FADM), Daniel Francisco Chapo, yashimiye Perezida Paul Kagame na Guverinoma y’u Rwanda ku ruhare u Rwanda rukomeje kugira mu kurwanya iterabwoba no kugarura amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Buhinde, Jacqueline Mukangira yahamagariye ba rwiyemezamirimo bo mu Buhinde gushora imari mu Rwanda kuko hakiri amahirwe menshi, kandi igihugu kikaba cyorohereza abanyemari.
Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) ntiyanyuzwe n’ibisobanuro byatanzwe na Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB) ku gutinda kugeza mu mashuri ibitabo 396,000.
Perezida wa Sena na Perezida w’Umutwe w’Abadepite mu kuri uyu wa 29 Kamena, bamuritse urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwubatswe ku cyicaro cy’Inteko Ishinga Amategeko.
ACP Kuradupagase Augustin, uzwi ku izina rya Jarudi, wahoze mu Ngabo za FAR, ubu akaba ari muri Polisi y’u Rwanda, yavuze ko ingengabitekerezo yabarangaga icyo gihe yari ishingiye ku kwemera ko Umututsi wese ari umwanzi wabo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko amateka akomeye u Rwanda rwanyuzemo yasize byinshi Abanyarwanda bakwiye kwicuza, kugira ngo bibafashe kubaka igihugu gishingiye ku bumwe no kwirinda gusubira mu makosa yakozwe muri ayo mateka.
Abadepite bagize Komisiyo ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) ntibanyuzwe n’ibisobanuro byatanzwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi (RTDA) ku miliyari zisaga 6 Frw zakoreshejwe mu isanwa ry’umuhanda Musanze-Rubavu.
Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yemeje umushinga w’itegeko ryemeza burundu amasezerano y’inguzanyo ya miliyari zisaga 30 z’amafaranga y’u Rwanda yatanzwe n’Ikigega Nyafurika Gitsura Amajyambere (AfDB), azifashishwa mu gushyira mu bikorwa gahunda y’iterambere rikomatanyije ry’umushinga w’amazi ya Muvumba.
Inama yo ku rwego rwo hejuru yahuje u Rwanda, Congo, yarangiye ibihugu byombi byiyemeje kohererezanya impunzi.
Abaturage bo mu Murenge wa Nasho, Akarere ka Kirehe, bahawe inka ebyiri n’ihene 100 mu gikorwa cyateguwe n’Ingabo z’u Rwanda (RDF) ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda (RNP), kigamije gufasha imiryango itishoboye kwiteza imbere no kwivana mu bukene.
Abasesenguzi mu bya politiki bavuga ko amagambo aherutse gutangazwa na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yo kuvuga ko azisubiza Goma na Bukavu agaragaza ko adashyigikiye inzira y’ibiganiro n’amasezerano agamije kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Congo.
Imvi ni kimwe mu bimenyetso bikunze kugaragara uko umuntu agenda asaza, ariko si ko buri gihe ziterwa n’imyaka gusa. Hari impamvu zitandukanye zishobora gutuma umuntu atangira kugira imisatsi y’imvi hakiri kare akiri muto ndetse anashaje.
Guverinoma y’u Busuwisi yatangaje ko ibiganiro byari biteganyijwe kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Kamena hagati ya Amerika na Iran bitakibaye, mu gihe impande zombi zari zitezwe guhurira muri icyo gihugu hagamijwe gukomeza ibiganiro byari bigamije intambara n’ubushyamirane bumaze iminsi urangwa mu Burasirazuba bwo Hagati.
Umuyobozi ushinzwe Ishami ry’Ubuzima bwo mu Mutwe mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), Dr. Gishoma Darius, yatangaje ko ubushakashatsi bw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) bugaragaza ko umuntu umwe mu bantu 120 ashobora kuba afite Autism.