Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko amateka akomeye u Rwanda rwanyuzemo yasize byinshi Abanyarwanda bakwiye kwicuza, kugira ngo bibafashe kubaka igihugu gishingiye ku bumwe no kwirinda gusubira mu makosa yakozwe muri ayo mateka.
Abadepite bagize Komisiyo ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) ntibanyuzwe n’ibisobanuro byatanzwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi (RTDA) ku miliyari zisaga 6 Frw zakoreshejwe mu isanwa ry’umuhanda Musanze-Rubavu.
Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yemeje umushinga w’itegeko ryemeza burundu amasezerano y’inguzanyo ya miliyari zisaga 30 z’amafaranga y’u Rwanda yatanzwe n’Ikigega Nyafurika Gitsura Amajyambere (AfDB), azifashishwa mu gushyira mu bikorwa gahunda y’iterambere rikomatanyije ry’umushinga w’amazi ya Muvumba.
Inama yo ku rwego rwo hejuru yahuje u Rwanda, Congo, yarangiye ibihugu byombi byiyemeje kohererezanya impunzi.
Abaturage bo mu Murenge wa Nasho, Akarere ka Kirehe, bahawe inka ebyiri n’ihene 100 mu gikorwa cyateguwe n’Ingabo z’u Rwanda (RDF) ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda (RNP), kigamije gufasha imiryango itishoboye kwiteza imbere no kwivana mu bukene.
Abasesenguzi mu bya politiki bavuga ko amagambo aherutse gutangazwa na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yo kuvuga ko azisubiza Goma na Bukavu agaragaza ko adashyigikiye inzira y’ibiganiro n’amasezerano agamije kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Congo.
Imvi ni kimwe mu bimenyetso bikunze kugaragara uko umuntu agenda asaza, ariko si ko buri gihe ziterwa n’imyaka gusa. Hari impamvu zitandukanye zishobora gutuma umuntu atangira kugira imisatsi y’imvi hakiri kare akiri muto ndetse anashaje.
Guverinoma y’u Busuwisi yatangaje ko ibiganiro byari biteganyijwe kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Kamena hagati ya Amerika na Iran bitakibaye, mu gihe impande zombi zari zitezwe guhurira muri icyo gihugu hagamijwe gukomeza ibiganiro byari bigamije intambara n’ubushyamirane bumaze iminsi urangwa mu Burasirazuba bwo Hagati.
Umuyobozi ushinzwe Ishami ry’Ubuzima bwo mu Mutwe mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), Dr. Gishoma Darius, yatangaje ko ubushakashatsi bw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) bugaragaza ko umuntu umwe mu bantu 120 ashobora kuba afite Autism.
Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo Gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) bwasanze 44% by’Abiga mu mashuri abanza aribo bashobora gusubiza neza ibyo basomye.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) cyatangaje ko ikoranabuhanga mu buhinzi rizafasha guhanga imirimo igera ku 849,000 bitarenze mu mwaka wa 2029.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Solange Uwituze, yavuze ko ikoranabuhanga rya drones risigaye rifasha abaturage gutahura hakiri kare indwara zishobora kwibasira ibihingwa.
Nubwo ibiribwa byinshi bifitiye umubiri akamaro, hari bimwe bishobora kongera ibyago byo gutera amenyo kurwara, cyane cyane iyo bifashwe kenshi kandi nta suku ihagije ikurikiraho.
Imyumvire imwe y’abantu igaragaza ko ibiryo bitetse ku nkwi biryoha kurusha ibitetse kuri gaze no ku mbabura, ariko hari n’abandi bavuga ko uburyo bwo guteka budahindura uburyohe bw’ibiryo iyo biteguwe neza.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yatangaje ko inganda zitunganya imyenda zitezweho guhanga imirimo mishya isaga 50,500 bitarenze umwaka wa 2029, mu rwego rwo guteza imbere inganda no kugabanya ubushomeri mu gihugu.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yatangaje Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2026/27 ingana na miliyari 7796,3 Frw, ugereranyije na miliyari 6952,1 Frw ari mu ngengo imari ivuguruye y’umwaka wa 2026.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yatangaje ko inzego z’ubutabera zabashije kugaruza amafaranga y’umutungo wa Leta yari yaranyerejwe angana na Miliyoni 729 Frw ndetse n’ibihumbi 5 by’Amadolari ya Amerika.
Chorale de Kigali ni imwe mu makorari akomeye, kandi akunzwe cyane mu Rwanda, muri Kiliziya Gatolika.
Dr Eugène Rwamucyo, wahoze ari umuganga ndetse akaba yaranabaye umuyobozi w’Ikigo cya Kaminuza cyita ku Buzima Rusange (CUSP) i Butare ndetse n’umwarimu muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (UR) aritaba urukiko rw’ubujurire rw’i Paris kuri uyu wa kabiri tariki 9 Kamena kugeza ku wa 16 Nyakanga 2026.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena, iyobowe na Perezida Paul Kagame yemeje politiki, ingamba na porogaramu zirimo no gukodesha ubutaka bwa Leta buri mu Karere ka Karongi sosiyete yitwa Zipline Rwanda Ltd.
Minisitiri w’Intebe yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki 6 Kamena 2026 mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ku ishusho rusange y’igihugu.
One Acre Fund Rwanda yatangaje ko mu gihembwe cy’ihinga cya 2027AB iteganya gufasha abahinzi miliyoni 1.3, hibandwa cyane ku bihingwa bifite agaciro ku isoko kugira ngo umusaruro mwinshi ujyane no kongera inyungu z’abahinzi.
Abaturage bo mu karere ka Karongi mu murenge wa Gishyita bakora uburobyi mu Kiyaga cya Kivu bavuga ko izamuka rya Lisansi na Mazutu ryatumye ibiciro by’insambaza n’amafi, bizamuka bitewe ahanini n’ubwato bwifashishwa mu burobyi n’ubwikorezi bukoresha Lisansi na mazutu.
Abarenga miliyoni 50 b’Abanyetiyopiya bazindukiye mu matora rusange yabaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Kamena 2026, mu gikorwa gifatwa nk’icy’ingenzi mu rugendo rwa Demokarasi muri iki gihugu.
Umurizaboro Aline umwe mu rubyiruko rwitabiriye Ihuriro ry’Urubyiruko, yatanze ubuhamya bukomeye, aho yavuze ko yavutse gato nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, maze aba mu buzima bw’ibikomere bikomeye byatumye yiheza mu bantu.
Madamu Jeannette Kagame yafunguye ’Ntarama Genocide Memorial Gallery’, Inzu y’Amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi iri ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama mu Karere ka Bugesera.
Madamu Jeannette Kagame yabwiye urubyiruko ko rufite igihango cyo kurinda ubumwe bw’Abanyarwanda, gusigasira ibyo Igihugu kimaze kugeraho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 no gukomeza kubaka u Rwanda.
Urubyiruko rwaturutse hirya no hino mu gihugu kuri uyu wa 30 Gicurasi rwitabiriye Ihuriro Ngarukamwaka ry’Urubyiruko ryiswe ‘Igihango cy’Urungano ryabereye ku Intare Conference Arena i Rusororo mu Karere ka Gasabo.
Mu bihe byo hambere, umutetsi yajyaga ku isoko akagura inkoko, akayibaga, agakuragaho igice cy’amajanja n’umutwe akabijugunyira imbwa cyangwa injangwe ariko ubu ntibigihabwa amatungo ahubwo nabyo bisigaye ari imari.
Umutwe w’Abadepite wateguwe ingendo rusange z’Abadepite mu turere twose tw’igihugu zigamije kubona amakuru yo kugenzura ibikorwa birebana no kongera umusaruro w’ibihingwa ngandurarugo byatoranyijwe n’ibihingwa ngengabukungu bya kawa n’icyayi.