Diregiteri w’imikino mu ikipe y’igihugu ya Marooc, Bilal Mohamed, atangaza ko amakipe y’u Rwanda na Eritrea atangiye kunanirwa ikintu kizafasha abakinnyi b’ikipe ye bitabiriye Tour du Rwanda 2014 babanje guha abandi umwitangirizwa.
Mu rwego rwo kumenya neza abafana b’ikipe ya Rayon Sport, Rwanda Promoters Company iri mu gikorwa cyo kubarura aba bafana ariko ikifashisha abajyanama b’ubuzima bari mu midugudu.
N’ubwo umunya Marooc Marouini Salaeddine yatwaye agace Muhanga –Rubavu kuri uyu wa kane tariki 20/11/2014, ntibyabujije Umunyarwanda Ndayisenga Valens Rukara kuguma ku mwanya wa mbere ku rutonde rusange rw’agateganyo.
Abakinnyi babiri b’ikipe y’u Rwanda ya Kalisimbi ntibashoboye guhirwa n’agace ka Musanze- Muhanga kakinwaga ku munsi wa kane wa Tour du Rwanda aho banyereye hasigaye metero 200 ngo barangize maze biha amahirwe umunya Eritrea Haile Dawit kugera ku murongo ari uwa mbere.
Abaturage bo mu karere ka Gakenke baratangaza ko babona isiganwa ry’amagare rya Tour du Rwanda rya 2014 rishobora kwegukanwa n’umunyarwanda bitewe n’uko batangiye neza, kuko kugeza ku munsi waryo wa gatatu amakipe ahagarariye u Rwanda ari ku isonga.
Minisitiri w’umuco na siporo Amb. Joseph Habineza yishimiye uburyo amakipe y’u Rwanda akomeje kwitwara muri Tour du Rwanda ndetse anavuga ko amashyirahamwe y’imikino itandukanye mu Rwanda akwiye kwigira byinshi ku mitegurire y’iri rushanwa.
Umunyarwanda Ndayisenga Valens Rukara yambitswe umupira w’umuhondo nyuma yo kwegukana agace ka Rwamagana-Musanze kuri uyu wa 18/11/2014; bikaba bigaragaza ko uyu mwaka Abanyarwanda biteguye Tour du Rwanda ku rwego rwo hejuru.
Abaturage bo mu gihugu cya Autriche bavuga ko bagiye kubaka ishuri ry’umupira w’amaguru mu gihe kitarenze umwaka mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke.
Abatuye akarere ka Ngoma bagaragaje kwishimira isiganwa ry’amagare « Tour du Rwanda » ryageze mu karere kabo kuwa mbere tariki ya 17/11/2014, aho babigaragaje bahagaragara ku mihanda ari benshi guhera winjiye mu mugi wa Kibungo ahitwa Rond –point kugera aho wasorejwe.
Uwahoze atoza ikipe ya Mukura VS, Kayiranga Baptiste yatangaje ko kuri we abona yarakinwe agakino n’ikipe yatozaga kugira ngo ayishakire abakinnyi maze ihite imusezerera atabatoje.
Uwahoze atoza ikipe ya APR FC Andy Mfutila ari bukoreshe imyitozo ya mbere muri Rayon Sports kuri uyu wa mbere tariki 17/11/2014 nyuma yo gusinya amasezerano y’umwaka umwe muri iyi kipe y’i Nyanza.
Numero ya mbere mu magare muri Afurika, Debesay Makseb ni we utwaye agace ka mbere ka Tour du Rwanda ya 2014, aho kuri uyu mbere tariki ya 17/11/2014 abasiganwa bagenze ibirometero 96.4 mu muhanda Kigali-Ngoma, uyu munya Erithrea akaba yabirangije akoresheje amasaha abiri, iminota 36 n’amasegonda 37 (2h36’37”).
Uwahoze ari kapiteni w’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare Adrien Niyonshuti asanga abakinnyi b’ikipe y’igihugu bageze ku rwego rwiza rwatuma bigaragaza cyane muri Tour du Rwanda ya 2014.
Abanyarwanda bane b’ikipe ya Kalisimbi ni bo baje imbere mu gace kabanziriza utundi muri Tour du Rwanda ya 2014 aho Hadi Janvier yongeye kukegukana nkuko yabigenje umwaka ushize.
Myugariro w’ikipe ya Rayon Sports Tubane James ashobora kumara andi mezi abiri atagaragara mu kibuga nyuma yo kugira ikibazo cy’amaso gitumye kugeza ubu atari yaboneka mu mukino wa shampiyona w’ikipe ye.
Amakipe 14 ni yo agomba kwitabira isiganwa ku mugare rizenguruka igihugu cy’u Rwanda, nyuma yaho igihugu cya Algeria gitangarije ku munota ko kitacyitabiriye iri rushanwa rigiye gukinwa ku nshuro ya gatandatu.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru Amavubi ishoboye kunganya n’ikipe ya kabiri ya Marooc mu mukino wa gicuti wabereye kuri sitade ya Complexe Sportif de FES, i Marrakech.
Umukinnyi w’inyuma w’ikipe ya Espoir, Ndikumana Hamad Katauti ndetse n’umufasha we Oprah, batangaza ko bameranye neza mu rukundo aho kuva kuri uyu wa kane bari kumwe i Rusizi aho ikipe uyu mukinnyi akinira iherereye.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku mugabane wa Afurika (CAF) ryarangije kwemeza ko igihugu cya Guinée Équatoriale ari cyo kizakira igikombe cya Afurika cya 2015.
Ikipe ya AS Muhanga yo mu cyiciro cya kabiri ikomeje imyiteguro ya shampiyona y’iki cyiciro aho intego ari ukwifashisha abakinnyi bakomoka muri karere ka Muhanga yizera ko bazayifasha guhita izamuka.
Ikipe ya Meubles Decarte yo mu gihugu cy’u Busuwisi ni yo yabaye iya mbere yo ku mugabane w’u Burayi mu kugera mu Rwanda ije kwitabira irushanwa rya Tour du Rwanda rigomba gutangira kuri iki cyumweru.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Police FC butangaza ko butazigera bwima amahirwe yo kujya mu kibuga rutahizamu wabo Jimmy Mbaraga, uherutse kugaruka mu Rwanda nyuma yo kuva muri iyi kipe atayibwiye.
Irushanwa rizenguruka u Rwanda ku magare “Tour du Rwanda 2014” rifite umwihariko ko uyu mwaka uzaryegukana ashobora guhita anafata umwanya wa mbere ku mugabane wa Afurika, cyane ko batatu ba mbere kuri uyu mugabane bazarigaragaramo.
Ikipe ya Musanze FC itangaza ko yarangije kwemeza ko uwari umutoza wungirije Nyandwi Idrissa ari we ugiye kuba atoza iyi kipe nk’umutoza mukuru nyuma y’igenda ry’uwari umutoza wayo Okoko Godfroid werekeje muri Mukura FC.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Stephen Constantine yarangije gushyira hanze abakinnyi 21 ari buhagurukane na bo kuri uyu wa gatatu berekeza muri Maroc gukina umukino wa gicuti n’iki gihugu kuri uyu wa gatanu.
Rutahizamu w’ikipe ya Real Madrid Cristiano Ronaldo yakoresheje urubuga rwe rwa Facebook mu guhakana amakuru yavugaga ko akoresha igitutsi gikomeye iyo ashaka kuvuga umukinnyi bahora bahanganye Lionel Messi.
Inzozi z’ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 zo kwerekeza mu gikombe cy’isi zaraye zirangiye ubwo iyi yatsindwaga na Algeria amaseti 3-0, mu mukino ubanziriza uwa nyuma w’iri rushanwa rikomeje kubera mu Misiri.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) butangaza ko nta kindi bwafasha ikipe ya Rayon Sports ku kibazo yagiranye na Police FC kubera umukinnyi Sina Jérôme, kirenze kubahuriza mu kanama gashinzwe imyitwarire kakabagira inama kuko impande zombi zakoze amakosa.
Amakipe 15 ni yo yarangije kwemezwa burundu ko azitabira isiganwa rizenguruka u Rwanda n’amagare “Tour du Rwanda” rizatangira mu mpera z’iki cyumweru, aho amakipe atatu yanze kwitabira iri rushanwa kubera Ebola yarangije gusimbuzwa.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Stephen Constantine yatangaje ko imyiteguro y’irushanwa nyafurika rikinwa n’abakinnyi b’imbere mu gihugu (CHAN) itari kugenda nk’uko yabyifuje kubera ubuke bw’imikino ya gicuti ari gukina.