Nyuma ya Tombola yabereye mu Misiri ku cyicaro Gikuru cy’impuzamashyirahamwe y’ umukino w’Umupira w’amaguru ku mugabane w’Afurika CAF, kuri uyu wa 21 Ukuboza 2016, APR FC na Rayon Sport FC zamaze kumenya amakipe mu marushanwa Nyafurika
Ikipe y’u Rwanda ya Handball y’abatarengeje imyaka 20 itsinze iya Uganda ihita ibona itike yo gukina igikombe cy’Afurika kizabera muri Gabon muri Werurwe 2017.
Ikipe y’u Rwanda ya Handball y’abatarengeje imyaka 20, yakatishije itike yo gukina umukino wa nyuma uzaba ku wa gatatu tariki ya 21 Ukuboza 2016.
Mu mukino usoza iy’amatsinda mu irushanwa rya IHF Challenge trophy ribera muri Uganda, u Rwanda rwatsinze Uganda ibitego 44-29, zose zizamukana muri ½
Olivier Karekezi wamamaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda akinira APR FC n’ikipe y’igihugu Amavubi, yatangaje ko afite gahunda yo gutoza mu Rwanda muri shampiyona ya 2017-2018.
Ubuyobozi bw’abafana ba Rayon Sports FC buratangaza ko amafaranga ari gukusanywa ngo agure Amiss Cedrick azifashishwa mu gushaka umusimbura wa Pierrot Kwizera uzagenda.
Mu mukino wa mbere u Rwanda rwakinnye kuri iki cyumweru, rwatsinze Sudani y’Amajyepfo yaraye itewe mpaga na Uganda, bituma rubona itike ya ½ cy’irangiza.
Mu marushanwa ya Handball ari guhuza ibihugu bitandatu byo muri Afurika y’Iburasirazuba, u Rwanda rurakina umukino wa mbere na Sudani y’Amajyepfo
Minisiteri y’uburezi mu Rwanda (MINEDUC) ifatanyije n’ishyirahamwe ry’imikino mu mashuri, bakomeje gushakisha abana b’abanyeshuri bafite impano mu mikino itandukanye.
Ubuyobozi bw’ikipe y’umupira w’amaguru mu cyiciro cya mbere (Pepiniere Fc) buratangaza ko iyi kipe izongera kwakirira imikino ku kibuga cyayo nyuma yo kugisana.
Mu rwego rwo kwitegura igikombe kizabera muri Uganda guhera taliki ya 16 Ukuboza 2016, ikipe y’igihugu ya Handball y’abatarengeje imyaka 20 ikomeje imyitozo i Huye
Urubyiruko ruturuka mu bihugu bigize akarere u Rwanda ruherereyemo rwashoje imikino rwakinagamo umukino witwa Football3 ugamije gukemura amakimbirane no kwimakaza uburinganire.
Perezida wa Rayon Sports Fc Gacinya Denis, yasobanuye ko hari ikipe yo muri Maroc yatangiye kubavugisha ngo igure Pierrot, anatangaza ko na Cedrick bagomba kumugarura vuba
Amiss Cedrick wahoze akinira Rayon Sports, yongeye kuyigaragaramo ndetse anayitsinda igitego muri 3-1 batsinze ikipe ya La Jeunesse mu mukino wa gicuti wabaye kuri uyu wa Gatatu
Ikipe ya APR Fc nyuma yo gutsinda Kirehe mu mukino w’ikirarane wabereye kuri Stade ya Kigali, yahise ifata umwanya wa kabiri ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiona
Abakinnyi 20 b’umukino w’amagare batangajwe, bazatoranywamo uwahize abandi muri Afurika mu mwaka wa 2016, barimo Abanyarwanda batatu.
Umutoza Sogonya Hamisi wa Kirehe FC avuga ko ikipe ye igiye kwerekana ko ikomeye itsinda umukino w’ikirarane uyihuza na APR FC kuri uyu wa Gatatu
Abakinnyi babiri bari bamaze iminsi bitwara neza mu Rwanda, Areruya Joseph na Mugisha Samuel berekeje mu ikipe yabigize umwuga ya Dimension data for Qhubeka yo muri Afurika y’Epfo
Iddy Ibe Andrew umunya Nigeriya utoza ikipe ya Sunrise, arashinja ubuyobozi bw’ikipe ye kugira uruhare mu musaruro mucye ifite.
Ikipe ya APR Handball Club yigaranzuye Police Hc iyitwara igikombe , inafashijwe cyane n’abakinnyi yayikuyemo
Rayon Sports itsindiye Amagaju iwayo, ihita yuzuza imikino 7 idatsindwa ndetse itaranatsindwa igitego muri iyi Shampiona
Mu mukino we wa mbere atoza APR Fc, Jimmy Mulisa abashije kubonera ikipe yahoze anakinira amanota 3, nyuma yo gutsinda Etincelles
Ikipe ya Rayon Sports yatangije uburyo bwo gukusanya amafaranga yo kugura rutahizamu Amiss Cedrick binyuze kuri telefoni zigendanwa
Irushanwa ikipe ya Rayon Sports yagombaga kwitabira ryari riteganyijwe kubera muri Tanzania guhera mu kwezi gutaha ryamaze gusubikwa
Kuri iki cyumweru taliki ya 04 Ukuboza 2016, kuri Stade Amahoro haratangira Shampiona y’umukino wa Basketball mu Rwanda, aho imikino ibanza izasozwa taliki ya 04 Werurwe 2017
Nyuma y’imvune yagiriye ku mukino wahuje Rayon Sports na Bugesera, Manzi Thierry ntazajyana n’ikipe ye mu marushanwa azabera muri Tanzania ukwezi gutaha
Abafana batandukanye ba Kirehe FC batangaza ko bababajwe no kuba bataremerewe kwinjira mu mukino wahuje ikipe yabo na SC Kiyovu.
Ikipe ya Police Fc yihereranye ikipe ya Musanze iyisanze iwayo, iyitsinda ibitego 3-1 ihita ifata umwanya wa kabiri ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiona y’u Rwanda
Akarere ka Ngoma gatangaza ko kagiye kongera miliyoni 15 ku nkunga kageneraga ikipe yako Etoile de l’Est yo mukiciro cyakabiri.
Mu marushanwa yari agamije gitegura Shampiona ya 2016-2017, ikipe ya Patriots yegukanye igikombe itsinze ikipe ya REG amanota 76-75