Ikipe y’umukino wa Basketball, IPRC-Kigali BBC niyo yatwaye igikombe cy’Intwari (Basket Heroes Tournament 2017) nyuma yo gutsinda Espoir BBC.
Mu irushanwa ryo kwizihiza umunsi w’intwari no kuzirikana intwari z’u Rwanda, APR mu bagabo na Gorillas mu bakobwa nib o begukanye ibikombe mu mukino wa Handball.
Nkurunziza Gustave wari usanzwe ayobora Ishyirahamwe ry’umukino wa Volley Ball mu Rwanda FRVB, yongeye gutorerwa uyu mwanya abona amajwi 18, ku majwi icyenda ya Karekezi Leandre bari bahanganye.
Muri tombola yo guhatanira itike yo kwerekeza muri CHAN 2018, u Rwanda rwatomboye igihugu cya Tanzania
Myugariro uzwi mu Rwanda mu makipe atandukanye ubu wakiniraga ikipe ya Musanze, Hategekimana Bonaventure yamaze gusezera umupira w’amaguru nyuma y’iminsi arwaye.
Umusifuzi umwe w’umunyarwanda ni we watoranyijwe kuzasifura igikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 20 kizabera muri Zambia, imikino ikazatangira muri uku kwezi
Ikipe ya Polisi y’igihugu ikorera mu Karere ka Nyagatare yatsinze abamotari bo muri ako karere igitego 1-0 mu mukino wo kurwanya ibiyobyabwenge.
Ikipe y’umupira w’amaguru APR FC niyo yegukanye igikombe cy’umunsi w’Intwari nyuma yo gutsinda Rayon Sports igitego 1 kuri 0
Ikipe y’umupira w’amaguru ya APR FC yasuye abasirikare bamugariye ku rugamba batuye mu mudugudu uri mu murenge Nyarugunga, mu Karere ka Gasabo.
Ku wa 29 Mutarama 2017 nibwo igice kibanza cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda cyarangiye amakipe yose uko ari 16 amaze guhura hagati yayo, usibye imikino Pepiniere yagombaga gukina na AS Kigali na Marines itarabaye.
Uwari umutoza w’ikipe ya Mukura Okoko Godefroid, yandikiye ibaruwa ikipe ya Mukura yo gusezera ku mirimo ye, asaba iyi kipe kumwishyura no kumuhemba.
Uwahoze atoza ikipe ya Rayon Sports Ivan Minnaert, amaze gusinya gutoza ikipe ya Mukura mu gice cy’imikino yo kwishyura
Umutoza Okoko Godfrey wa Mukura yatangaje ko mu ikipe hari abantu bazana umwuka mubi, bagaragaza ko batamushyigikiye ibyo bikaba imbarutso yo kutitwara neza kw’ikipe.
Mu mukino wa nyuma w’imikino ibanza ya Shampiona y’u Rwanda, Police Fc yasanze Marines kuri Stade Umuganda iyihatsindira ibitego 2-0
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 28 Mutarama 2017 mu mukino wok u munsi wa 15 w’igice kibanza cya shampiyona Ikipe ya Bugesera yanganyije na APR 1-1.
Ikipe ya Patriots BBC na REG BBC yatangiye neza mu irushanwa ryo guhatanira igikombe cy’intwari mu mukino w’intoki wa Basketball.
Ikipe ya Rayon Sports itsinze Kiyovu ibitego 3-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, ihita isubira ku mwanya wa mbere mu gihe APR Fc itarakina.
Karekezi Leandre wabaye umuyobozi w’akarere ka Gisagara yiyamamarije kuzayobora ishyirahamwe ry’mukino w’intoki wa Volley Ball (FRVB), aratangaza ko zimwe mu mpinduka yazana ari ukugeza uyu mukino mu cyaro.
Salma Rhadia Mukansanga yamaze gutoranywa mu basifuzi bazakurwamo abazasifura igikombe cy’isi cy’abagore cy’umupira w’amaguru kizabera mu Bufaransa muri 2019
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryatangiye gushakisha umutoza w’ikipe y’igihugu nkuru uzasimbura McKinstry wirukanwe umwaka ushize
Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda ryatangaje ko amakipe 11 yo mu Rwanda ari yo yamaze kwemera kuzitabira irushanwa ry’intwari
Nkurunziza Gustave abona kuba Rayon Sports yaravuye muri SHampiona ari imwe mu mpamvu zatumye abafana batakitabira imikino ya Shampiona cyane
Girubuntu Jeanne D’arc atangaza ko imvune yagize mu mwaka wa 2016 yamubabaje bitewe n’uko atabashije kwegukana irushanwa ry’amagare (Rwanda Cycling Cup 2016)
Ikipe ya Kiyovu yari isanzwe izwiho kugira abafana benshi hirya no hino mu Rwanda isigaye ijya gukina, abafana bayo ari mbarwa ku kibuga.
Kuri cyumweru tariki ya 22 Mutarama 2017, ikipe ya Marine yahagaritse umuvuduko wa Kiyovu iyitsinda igitego 1-0, cyatsinzwe na Jimmy Mbaraga Ku munota wa 13 w’igice cya mbere.
Ikipe ya APR Fc yatsinze Rayon Sports mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro, ihita inayikura ku mwanya wa mbere yari imazeho iminsi
Bwa mbere Jimmy Mulisa nk’umutoza ahura na Rayon Sports, abashije kuyitsinda igitego 1-0, ndetse APR ihita inafata umwanya wa mbere muri Shampiona
Gasore Hategeka ni we wegukanye isiganwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda rizwi nka Rwanda Cycling cup 2016, isiganwa ryasojwe kuri uyu wa Gatandatu
Mutokambari Moise utoza ikipe y’igihugu ya Basket Ball, atangaza ko kuba bataritabiriye imikino Nyafurika (Afro-Basket) ya 2015, byabasigiye isomo rikomeye rizabafasha kutazongera kuyisiba.
Taliki ya 20 Mutarama 2016-Taliki 20 Mutarama 2017, umwaka urashize u Rwanda rutsinze Gabon rukora amateka yo kubona itike ya 1/4 mu gikombe cy’Afurika cy’abakuru mu mupira w’amaguru