Bamwe mu bagize Inteko ishinga amategeko biyemeje gutanga ikirego ku ihuriro mpuzamahanga ry’inteko zishinga amategeko ku isi (IPU), ku mpamvu hari ibihugu byahagarikiye u Rwanda inkunga nta nteguza.
Abategarugori bo mu karere ka Gisagara umurenge wa Mukindo, baravuga ko bari kwitabira gahunda yo kugabanya imirimo ishingiye ku buhinzi bahanga indi ishobora kubateza imbere kandi bakaba banazigamye ubutaka.
Umurenge wa Gahunga wo mu karere ka Burera wabaye uwa mbere mu mirenge 17 igize ako karere mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2011-2012, wahawe amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 150 n’ishimwe rya Certificat, nyuma yo kugira amanota 93,82.
Imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yakoze impanuka ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 13/09/2012 mu Kagali ka Rusagara, Umurenge wa Gakenke ariko abantu babiri bari bayirimo basohokamo ari bazima.
Uturere dutanu tugize Intara y’Amajyaruguru, ku ikubitiro twakusanyije inkunga ingana na miliyari ebyiri, miliyoni 417, ibihumbi 327 n’amafaranga 690, mu rwego rwo gutera inkunga ikigega Agaciro Development Fund.
Abasirikare bakuru 24 bo mu bihugu bihuriye mu muryango w’akarere k’ibiyaga bigari (ICGRL) nibo bemejwe ko bazakora ubugenzuzi ku mipaka ihuza Congo n’ibihugu biyikikije birimo u Rwanda, Uganda n’Uburundi biregwa gutera inkunga abarwanya Leta ya Congo.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James, kuri uyu wa 14/09/2012 mu karere ka Muhanga, yafunguye ishuri rizajya rifasha abayobozi mu nzego z’ibanze kwigishwa imiyoborere myiza.
Niyomugaba Alphonse utuye mu mujyi wa Kigali acumbikiwe kuri polisi y’u Rwanda i Rwamagana mu Kigabiro akekwaho gukoresha impapuro mpimbano ku cyemezo avuga ko yahawe n’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe iterambere ry’igihugu (RDB).
Abagize Sosiyete Sivile barasaba abaturage kudatekereza ko ikorera mu kwaha kwa Leta, ahubwo ko ifatanya na Leta mu bikorwa byiza, byaba ngombwa inakayihwitura; nk’uko babitangarije mu mushyikirano bagiranye n’itangazamakuru, kuri uyu wa Gatanu tariki 14/09/2012.
Minisitiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, yasuye tumwe mu duce tw’akarere ka Nyabihu mu rwego rwo kureba ibyakozwe no gusuzuma ibibazo bigiye bihari ngo bizashakirwe umuti.
Abakozi bashinzwe abinjira n’abasohoka muri Congo bakorera ku mupaka wa Goma banze ko abanyamakuru b’Abanyarwanda ndetse n’abakorera ibitangazamakuru mpuzamahanga baba mu Rwanda bajya gukurikirana inama irimo kubera i Goma yiga ku ishyirwaho ry’abagenzuzi bazagenzura umupaka w’u Rwanda na Congo.
Umukuru w’Inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite, Rose Mukantabana, yasobanuye ko mu gihugu kigendera kuri demokarasi, abaturage bafite uburenganzira bwo gusaba ubayobora kurekura ubutegetsi mu gihe baba batamushaka, kandi akavaho atabanje kugira abo ahutaza cyangwa ngo abice.
Abafatanyabikorwa b’akarere ka Nyagatare biyemeje guha umwanya umuturage akagira uruhare mu bikorera bamukorera, nyuma y’amahugurwa bahawe n’igihugu gishwizwe guteza imbere abaturage (RLDSF) ku micungire n’imikoreshereze y’umutungo ndetse kunoza serivisi baha abaturage.
Abatuye mu mujyi wa Nyamata mu karere ka Bugesera bavuga ko bahangayikishijwe na za ruhurura z’imihanda ya Kaburimbo muri uwo mujyi zangije amasambu yabo bakaba bifuza bahabwa ingurane.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko hari icyizere ko mu myaka 10 iri imbere u Rwanda ruzaba rutakibeshwaho n’inkunga ziturutse hanze y’igihugu.
Ubwo hatangizwaga ku mugaragaro ikigega Agaciro Development Fund ku rwego rw’akarere ka Musanze, abagatuye bakusanyije amafaranga miliyoni 734, ibihumbi 340 na 222, ikimasa, ibiro 13 by’ibishyimbo, igitoki ndetse n’ikibanza.
Imfungwa n’abagororwa bafungiye muri gereza ya Mpanga iri mu karere ka Nyanza bishyize hamwe bahimba indirimbo yamamaza Agaciro Development Fund kugira ngo nabo bagaragaze uruhare rwabo.
Abaturage baturiye umugezi wa Burehe wahoze unyura mu ruganda rwa Bralirwa ariko ukaza kwimurwa ugashyirwa hanze y’uruganda ahegereye abaturage none ukaba umaze kubasenyera barasaba kurenganurwa kubera ibiza bibibasira.
Abana babiri bari munsi y’imyaka 16 batoraguwe mu mujyi wa Kibungo kuri uyu wa 11/09/2012 saa yine z’ijoro bavuga ko bagiye i Kigali n’amaguru gushaka akazi bahunga mu kase ubatoteza akanabima ibiryo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare burasaba abayobozi b’inzego z’ibanze gukurikirana ikibazo cy’abanyamahanga baba muri ako karere badafite ibyangombwa bibemerera kuba mu Rwanda kuko akenshi baba intandaro y’umutekano muke.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa 12/09/2012 yagiranye ikiganiro n’Abanyarwanda biganjemo abacuruzi bakorera mu mujyi wa Tianjin mu gihugu cy’u Bushinwa abakangurira kwitwara neza bakaba abavugizi b’u Rwanda aho bari.
Leta ya Zimbabwe yafashe icyemezo cyo kwirukana Umunyarwanda witwa Busy Mana Theoneste wari wayandikiye asaba uburenganzira bwo gutangiza idini ryemera kandi risenga Shitani.
Emmanuel Nsanzimana na Damien Rugwizangoga nibo batsindiye ibihembo bya moto mu ma rushanwa ya SHARAMA na MTN, n’abandi batsindira ibihembo bitandukanye kuri iki cyumweru cya karindwi iri rushanwa rimaze riba mu Rwanda.
Intumwa y’umuryango w’abibumbye mu ishami rishinzwe guharanira amahoro, Elver Ladsous uri mu Rwanda, yatangaje ko ashyigikiye imyanzuro y’Inama mpuzamahanga mu karere k’ibiyaga bigari (ICGLR), yo gushyiraho abagenzuzi n’umutwe w’ingabo utabogamye, ku mipaka ya Kongo n’u Rwanda.
Bamwe mu Banyaburera bavuga ko abasore benshi bo muri ko gace batagikwa abakobwa kubera umuco wo “Gukocora” uharangwa, aho umusore yumvikana n’umukobwa bakajya kubana ababyeyi babo batabizi.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu barasaba amasosiyete afite serivise bakoreshwa cyane kujya yihangana guhagarika gahunda zayo batabimenyeshejejwe kuko bibatera igihombo.
Perezida w’u Rwanda, Kagame Paul, aratangaza ko ibibazo by’amakimbirane n’ubugizi bwa nabi muri Congo byatangiye kera cyane nawe ubwe ataravuka.
Imvura yiganjemo umuyaga n’amahindu yaguye mu murenge wa Bugarama ku mugoroba wa tariki 11/09/2012 isenya amazu agera 100 harimo 50 yangiritse bikabije.
Imiryango 40 yo mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu kuri uyu wa kabiri tariki 11/09/2012 yangirijwe n’imvura yaguye mu gihe cy’amasaha ya saa tanu, ihitana n’umuntu umwe naho abana batatu bajyanwa kwa muganga.
Umunyarwandakazi witwa Ilibagiza Immaculée yakiriwe n’Umushumba wa Kiliziya Gatulika, Papa Benedigito wa XVI i Vatikani mu Butaliyani tariki 03/09/2012, amushimira ibikorwa byiza byo kubwiriza henshi ijambo ry’Imana no gushishikariza imbaga y’abatuye isi gusenga no kubabarira.