Kuri uyu wa Kane tariki 5 Mutarama 2023 nibwo abanyeshuri biga mu ntara aho bacumbikirwa, basubiye ku bigo by’amashuri ngo bitegure itangira ry’igihembwe cya kabiri.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe uburezi bw’ibanze (REB), rwasabye abarimu bigisha mu mashuri y’Incuke, abanza n’ayisumbuye badafite impamyabumenyi mu kwigisha, kwiyandikisha kugira ngo bazahabwe amasomo abagira abarimu b’umwuga.
Muri 2022, urwego rw’Uburezi mu Rwanda rwagaragayemo ibikorwa n’impinduka zitandukanye, harimo izijyanye n’ingengabihe y’umwaka w’amashuri, izamurwa ry’umushahara wa mwarimu, amasaha yo gutangiriraho amasomo; Minisiteri y’Uburezi yakunze kugaragaza ko zigamije kurushaho kuzamura ireme ry’Uburezi.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), cyatangaje ingengabihe yo gusubira ku ishuri, aho abanyeshuri bazagenda kuva ku wa Kane tariki 5 kugera ku Cyumweru tariki 8 Mutarama 2023.
Ntabudakeba Immaculée ni umubyeyi umaze imyaka 44 mu burezi. Avuga ko akazi ka mwarimu ugakoze ugakunze kakugeza ku iterambere ukabasha gusaza neza. Mu kiganiro aherutse kugirana na Kigali Today, Ntabudakeba yatangaje ko akorera umwuga w’uburezi mu Karere ka Nyanza mu Murenge wa Rwabicuma kuri G.S Mubuga.
Guverinoma y’u Rwanda itangaza ko ifite gahunda yo gushyira Internet nibura muri 60% by’amashuri abanza hirya no hino mu gihugu, ibyo bikazaba byamaze gukorwa bitarenze umwaka wa 2024.
Inama y’Igihugu ishinzwe Amashuri Makuru na Kamunuza (HEC), iremeza ko mu gihe ishuri rikuru cyangwa Kamunuza yakiriye umunyeshuri utujuje ibisabwa, bishobora kuyigiraho ingaruka zishobora no gutuma ifungirwa zimwe muri Programu zayo, byaba na ngombwa igafungwa burundu.
Minisiteri y’Uburezi yagaragaje gahunda ivuguruye y’amasaha mashya y’ishuri, izatangira gukurikizwa guhera tariki 1 Mutarama 2023.
Abanyeshuri biga mu mashami ya siyansi mu ma club bibumbiyemo, bagenda bakora udushya tugamije gukemura ibibazo biri muri sosiyete Nyarwanda. Mu byo bagaragaje muri uyu mwaka, harimo ruteruzi no gusudira bifashishije amazi.
Ishuri ryisumbuye rya Petit Séminaire Virgo Fidelis de Butare, ryashimiye Gwiza Ngamije Nesta uharangije mu ishami rya PCB (Ubugenge, Ubutabire n’ibinyabuzima), kuko yabaye uwa mbere mu bizamini bisoza umwaka w’amashuri 2021-2022, ku rwego rw’Igihugu.
Raporo y’ingendo Abadepite baheruka gukorera mu turere ivuga ko hari amashuri atagaburira abana ifunguro rihagije, ku buryo ngo hari n’aho basanze abana 20 basangira ikilo (kg) kimwe cy’umutsima w’ibigori(kawunga).
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA), nyuma y’ibibazo bitandukanye byibazwaga n’abanyeshuri ndetse n’ababyeyi, cyabisubije.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) kuri uyu wa Kane tariki ya 15 Ukuboza 2022 yatangaje amanota y’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye ivuga ko muri rusange abanyeshuri batsinze neza kuko mu byiciro byose byatsi hejuru ya 90%.
Hashingiwe ku ngengabihe y’amasomo n’igihe cy’ibiruhuko by’abanyeshuri, yatangajwe na Minisiteri y’Uburezi, Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini bya Leta n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA), kiramenyesha abayobozi b’amashuri, abarezi ndetse n’ababyeyi ko abanyeshuri biga bacumbikirwa bazatangira kujya mu biruhuko bisoza (...)
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibizamini bya Leta n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA), cyatangaje ko amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye umwaka wa 2021/2022, azatangazwa ku wa Kane tariki 15 Ukuboza 2022.
Mu kiganiro EdTech Monday gikorwa ku bufatanye na Mastercard Foundation kikagaruka ku iterambere mu burezi bushingiye ku ikoranabuhanga, cyatambutse kuri KT Radio tariki ya 28 Ugushyingo 2022 hatangajwe ko mu myaka itatu ikoranabuhanga rizaba ryageze mu mashuri yose mu Rwanda.
Ikiganiro EdTech Monday gikorwa ku bufatanye na Mastercard Foundation kikagaruka ku iterambere mu burezi bushingiye ku ikoranabuhanga, aho cyibanda ku nsanganyamatsiko zitandukanye.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga buravuga ko gutoza umwana isuku, byatuma n’abakuru baboneraho kuko usanga umuco wo kugira isuku ku bakuze utitabwaho kubera uko bakuze bisanga mu muryango nyarwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko bufatanyije n’Umuryango Mpuzamahanga uteza imbere imikurire iboneye y’umwana na serivisi zidaheza (Humanity& Inclusion), bagiye kwita ku basaga ibihumbi 18 mu buryo budaheza mu mashuri mu gihe cy’imyaka itanu.
Umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe ibizamini bya Leta n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA), Dr Bernard Bahati, avuga ko guhanga udushya bigiye kuzashyirwa mu byo abanyeshuri bose baherwa amanota mu ishuri no mu bizamini bya Leta.
Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Dr Ron Adam, yashimishijwe n’uburyo abana bitabwaho mu ngo mbonezamikurire (ECD) zo mu Karere ka Bugesera, kuko ngo ari uburyo bwiza bwo kurera neza abana no gukangura ubwonko bwabo bakiri bato.
Urubyiruko 4,000 rwo mu Karere ka Nyamasheke rwafashijwe kwiga imyuga itandukanye irufasha kwihangira imirimo, gusa impamyabushobozi bahawe ntabwo zemewe n’ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro (RTB), bakifuza ko bakorerwa ubuvugizi zikaba zakwemerwa kuko bibabangamiye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera hamwe n’ubw’Ishuri ribanza rya Ngeruka, bashimira abafatanyabikorwa barimo Banki ya Kigali kubera inkunga batanze yo kubaka icyumba cy’umukobwa cyatumye abana batongera gusiba ishuri.
Minisitiri w’Uburezi Dr Uwamariya Valentine, yagarutse ku byashingiweho hafatwa icyemezo cyo guhindura amasaha abanyeshuri batangiriragaho, bakanasoza amasomo, avuga ko hagendewe ku bushakashatsi bwakoze, hagamijwe kunoza ireme ry’uburezi.
Bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri Gatolika ndetse n’ibigo bifitanye amasezerano y’imikoranire na Kiliziya Gatolika bagize icyo bavuga ku nkunga y’amafaranga basabwe yo kwizihiza Yubile ya Musenyeri wa Diyosezi ya Butare Philippe Rukamba yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 12 Ugushyingo 2022.
Umuryango witwa ‘Kina Rwanda’ ukangurira ababyeyi n’abarezi gukina n’abana, wasohoye igitabo kirimo imikino 21 abana n’ababyeyi bazajya basoma ku buntu, bagisanze mu masomero yose mu Gihugu.
Mu Karere ka Nyabihu hatangijwe ishuri ry’imyuga, ryitezweho korohereza urubyiruko rwaho n’uruturuka mu tundi Turere dutandukanye two mu gihugu, kugira ubumenyi bwimbitse, mu bijyanye n’umwuga w’ubudozi, ubutetsi, gutunganya imisatsi, n’umwuga w’ubuhinzi.
Abarimu n’abarezi barasabwa kurangwa n’imyitwarire myiza, kugira ngo babere urugero rwiza abanyeshuri bigisha n’abantu bose bari aho banyura. Ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe mwarimu, Dr. Edouard Ngirente, yababwiye ko Guverinoma y’u Rwanda ifite intego yo kugira ubukungu bushingiye ku bumenyi (Knowledge (...)
Abayobozi b’ibigo by’amashuri bavuga ko muri iki gihe ibiciro ku biribwa byazamutse, kandi amafaranga Leta igenera umunyeshuri arushaho kuba make kuko ahita akurwaho umusoro, bigatuma umunyeshuri adahabwa ibiribwa bingana n’ibyo aba yagenewe, bityo bagasaba ko uwo musoro wakurwaho.
Mu kiganiro cyatambutse kuri KT Radio tariki 3 Ugushyingo 2022, kivuga ku kubahiriza ihame ry’uburinganire mu bayobozi b’amashuri n’abarimu mu Rwanda, abacyitabiriye bakanguriye bagenzi babo kujya mu myanya y’ubuyobozi, kuko umugore na we ashoboye.