Imibiri 10 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 yataburuwe mu masambu y’abaturage mu murenge wa Nyakabuye mu karere ka Rusizi nyuma y’imyaka 18 ahingwamo imyaka yashyinguwe mu cyubahiro tariki 17/08/2012.
Akarere ka Rusuzi karashimirwa uburyo kashoboye gushyingura mu cyubahiro imibiri y’inzirakarengane zigera ku bihumbi birindwi zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Celestin Kabahizi, agasanga ari ukubasubza agaciro kabo.
Abacikacumu ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bari mu kigero cy’imyaka 40 na 45 no munsi ya 25, bakeneye ababegera kubera ihungabana batewe nayo, nk’uko ubushakashatsi bwakorewe mu turere twa Huye na Gisagara bwabigaragaje.
Imibiri 407 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 yashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rwa Jenoside ruri mu murenge wa Busogo mu karere ka Musanze.
Ubwo korali Abagenzi yibukaga abahoze ari abaririmbyi bayo bazize Jenoside mu karere ka Ruhango, tariki 08/07/2012, nta baturage baje kwifatanya nayo ndetse ngo n’umuyobozi wahageze ntiyafashwe uko bikwiye.
Ubwo hibukwaga abarwayi n’ abarwaza baguye mu bitaro bya Gakoma biri mu karere ka Gisagara mu gihe cya Jenoside, haragaragajwe icyifuzo ko muri ibyo bitaro hakubakwa urwibutso rwihariye bitewe n’umubare w’abahaguye.
Umuganda wabaye tariki 30/06/2012 mu karere ka Rusizi waranzwe no gushyingura mu cyubahiro imibiri 75 y’abazize Jenoside ku rwibutso rw’ako karere.
Abanyeshuri bagera kuri 56 biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bagize ikibazo cy’ihungabana, ubwo bifatanyaga n’abarezi babo mu kwibuka abarezi n’abanyeshuri bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu ntara y’Amajyepfo mu karere ka Huye, barasaba ko impunzi z’Abarundi zakoreye ubwicanyi muri ako gace nyuma zikisubirira iwabo zakurikiranwa n’ubutabera.
Abanyeshuri n’abarezi b’Urwunge rw’amashuri rwa Runda Isonga ruri mu karere ka Kamonyi, tariki 28/6/2012, bibutse abanyeshuri 31 n’abarezi 5 bo ku Ishuri ribanza rya Runda bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu karere ka Rusizi babajwe n’imibiri 64 y’ababo biciwe mu kigo cy’urwunge rw’amashuri rwa Gihundwe batarashyingurwa mu cyubahiro.
Nyuma y’imyaka 18, imibiri 44096 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi baguye ahahoze ibiro bya komini Rwamatamu muri Perefegitura ya Kibuye bashyinguwe mu cyubahiro tariki 24/06/2012, mu rwibutso rwubatswe mu murenge wa Gihombo mu karere ka Nyamasheke.
Abaturage bo mu Murenge wa Mahembe mu karere ka Nyamasheke, tariki 23/06/2012, bibutse abarezi n’abanyeshuri bo muri uwo murenge bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.
Jeanette Kagame, umufasha wa Perezida wa Repuburika, yafunguye ku mugaragaro urwibutso rwa Jenoside rwa Cyanika ruherereye mu murenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe mu muhango wajyaniranye n’igikorwa cyo gushyingura no kwibuka inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abanyeshuri n’abarezi bo mu kigo cy’amashuri yisumbuye cya Mutagatifu Wenceslas (APECOF), bibutse Abatutsi bishwe muri Jenoside bakajugunywa mu mugezi wa Sebeya wo mu murenge wa Kanama mu karere ka Rubavu.
Abakozi b’Ikigo cy’Igihugu cyo Gutanga Amaraso (RBC/NCBT), bifatanije n’Imiryango y’abahoze bakora muri icyo Kigo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu rwego rwo gufata mu mugongo abarokotse bo muri iyo miryango no kwifatanya n’Abanyarwanda bose kwibuka no kwamagana ibikorwa byose byerekeza kuri Jenoside (...)
Abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe umutungo kamere n’ububiko bw’impapuro mpamo (Rwanda Natural resources Authority), bateye inkunga y’amafaranga asaga miliyoni ebyiri n’igice abacitse ku icumu rya Jenoside batuye mu mudugudugu wa Gasaka, wo mu kagari ka Nzega ko mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe.
Imiryango y’abari abakozi ba perefegitura zahinduwemo intara y’Amajyepfo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi u 1994, irasaba ko hashyirwaho ikimenyetso cyerekana uko bishwe.
Mu muhango wo kwibuka abanyeshuri umunani bigaga mu ishuri ryisumbuye rya Buramba riri mu murenge wa Kabacuzi mu karere ka Muhanga, abanyeshuri bahiga basabwe kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside yagiye igaragara ahatari hake mu bigo by’amashuri.
Urwibutso rushyinguyemo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ruherereye mu murenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe ruzatahwa ku mugaragaro tariki 23/06/2012 ubwo hazaba hibukwa inzirakarengane zaguye i Cyanika.
Imibiri isaga ibihumbi 44 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 baguye ku biro by’icyahoze ari komini Rwamatamu, ku cyumweru tariki 24/06/2012, izimurwa aho yari ishyinguye maze ishyingurwe mu cyubahiro mu rwibutso rwubatswe mu murenge wa Gihombo.
Inzirakarengane z’Abatutsi zirimo abihayimana, ababyeyi n’abanyeshuri bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, baguye kuri Paruwasi y’Abangilikani (EAR Hanika) mu karere ka Nyanza, bazongera kunamirwa mu gikorwa giteganyijwe kuri iki Cyumweru tariki 17/06/2012.
Musenyeri wa diyosezi ya Cyangungu aherekejwe n’abapadiri 40 bo muri iyi diyosezi, kuri uyu wa gatatu tariki 13/06/2012, basuye urwibutso rwa Murambi rushyinguyemo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ruherereye mu karere ka Nyamagabe.
Abayobozi bakuru barimo Minisitiri w’Umuco na Siporo, Protais Mitali na Minisitiri w’Umutungo kamere, Stanislas Kamanzi n’itsinda ry’Abadepite n’Abasenateri, bashimye akarere ka Rutsiro kashoboye kubaka urwibutso rwa Jenoside rujyanye n’igihe kandi nta nkunga basabye.
Ubuyobozi bw’Urukiko rw’Ikirenga n’ubw’Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda burimo kwitegura igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya kane abari abakozi b’izi nzego zombi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Kuri uyu wa gatanu tariki 08/06/2012, mu rwibutso rwa Jenoside rwa Congo Nil ruri ku cyicaro cy’akarere ka Rutsiro harashyingurwa mu cyubahiro imibiri igera ku 1390 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi i Kabgayi, mu karere ka Muhanga mu ntara y’Amajyepfo, bahangayikishijwe n’uburyo igikorwa cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi kigenda giteshwa agaciro, kandi aha ari ahantu hafite amateka mabi yagize ingaruka mbi ku gihugu cyose.
Abanyeshuri batatu biga ku ishuri ryisumbuye rya APERWA, riri mu kagali ka Nyagahinga umurenge wa Rusororo, akarere ka Gasabo, bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rusororo kuva kuwa Gatanu tariki 01/06/2012 bakekwaho ingengabiterezo ya Jenoside.
Egide Nkuranga, Visi Pereziza wa IBUKA, asobanura ko gushyingura abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 hamwe bigira akamaro ko kurinda amateka y’urupfu rudasanzwe bapfuye, bikanafasha igihugu n’ababo kubarindira umutekano w’imva bashyinguyemo no gusurwa mu cyubahiro.
Abarokotse Jenoside bo mu karere ka Kamonyi basaba ko imva zashyinguwemo imibiri y’abazize Jenoside nyuma gato ya Jenoside zakorerwa neza kuko byagaragaye ko zitangiye gusenyuka.