Inka eshanu mu zahawe abatishoboye bimiwe ahazubakwa Ikibuga cy’Indege cya Bugesera zimaze gupfa.
Abaturage bimuwe ahazubakwa Ikibuga cy’Indege cya Bugesera mu Murenge wa Rilima barasaba akarere kubaha ibyo bemerewe mbere yo kwimurwa.
Bamwe mu bahinzi bakoresha imashini mukuhira imyaka yabo muri iki gihe cy’impeshyi, baravuga ko byabagabanyirije imvune n’ikiguzi batangaga ku bakozi.
Bamwe bagore bakora ubukorikori no kongerera agaciro ibikomoka ku buhinzi mu Karere ka Bugesera bavuga ko byahinduye ubuzima bwabo.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye bo mu Karere ka Bugesera barasaba Leta ko yabasonera ubukode bw’ubutaka kuko amafaranga basabwa badashobora kuyabona.
Abatuye mu Karere ka Bugesera barizihiza imyaka 22 u Rwanda rwibohoye bishimira amashuri yisumbuye 36, mu gihe mbere habarizwaga rimwe.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu Kagari ka Kindama, Umurenge wa Ruhuha muri Bugesera, baravuga ko ubufatanye bagirana hagati yabo bubashoboza kwesa imihigo.
Inama nkuru y’itangazamakuru mu Rwanda (MHC) iravuga ko kongerera ubumenyi abanyamakuru binyuze mu mahugurwa bituma barushaho kunoza umwuga wabo.
Abarundi bashakanye n’Abanyarwanda bamaze igihe batuye mu Rwanda barasaba ko bahabwa ibyangombwa byo gutura maze bagakora imirimo yabo batuje.
Nkundimana Eric afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi i Nyamata nyuma yo gutemagura Biziyaremye Tharcisse ashiramo umwuka amukekaho kumusambanyiriza umugore.
Uwitwa Ndohera Athanasi afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata, azira gutema umwana we w’imyaka itatu akaboko, akanamutwika amuziza kunyara kuburiri.
Gahunda yo kwigisha abanyeshuri indimi hifashishijwe ikoranabuhanga rya telefoni zigendandwa yatumwe bashishikarira gukurikira gusoma no kwandika ikorohereza n’abarimu.
Ikipe ya Bugesera Fc ikeneye Milioni 78Frws ngo ibashe gusoza shampiona nta kibazo igize, iraza kwakirira Rayon Sports i Kigali
Umugabo witwa Habyarimana Jean Bosco afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ruhuha mu Karere ka Bugesera ashinjwa gutekera umutwe abaturage akabarya utwabo.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Murambi mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Bugesera n’umucungamari wa Sacco bavunzwe bakekwaho kunyereza amafaranga ya VUP.
Itorero ry’ADEPR ryasabye imbabazi Abanyarwanda kubera abari abashumba n’abayoboke baryo bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, ishami rya Karama mu Bugesera, kimaze imyaka isaga itatu gikora ubushakashatsi ku bworozi bw’ingamiya.
Umugabo wo mu Kagari ka Nyabagendwa mu Murenge wa Rilima w’Akarere ka Bugesera yatawe muri yombi afite amafaranga y’amahimbano ibihumbi 20Frw.
Koperative y’Inkeragutabara zo mu Murenge wa Ruhuha mu Karere ka Bugesera yaciye ubujura bw’amagare yibwaga ku munsi w’isoko, bayacungira umutekano.
Bamwe mu rubyiruko batangaza ko kwegera abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bituma bakosora amakosa ya rugenzi rwarwo rwayigizemo uruhare.
Peresidente w’inteko Mukabarisa Donatilla, arasaba Abanyarwanda kwandika ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kugira ngo atazibagirana, binabafashe guhangana n’abayihakana.
Bamwe mu bari abakobwa bafashwe ku ngufu muri Jenoside yakorewe Abatutsi bagaterwa inda, ntibataragira ubutwari bwo kubwira abana babyaye amateka banyuzemo.
Urukiko rw’Ibanze rwa Ruhuha mu Karere ka Bugesera, rwafunguye by’agateganyo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarugenge, Nsengiyumva Charles, ukurikiranweho kunyereza amafaranga yari agenewe abatishoboye, agakomeza gukurikiranwa ari hanze.
Imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ishyinguye mu rwibutso rwa Ntarama mu Karere ka Bugesera igiye kwimurirwa mu mva nshya.
Bamwe mu bana bajya mu muhanda baravuga ko babiterwa no kutumvikana kw’ababyeyi babo, bigatuma bayijyamo kuko ari ho babonera amahoro.
Bamwe mu bari mu bikorwa by’itorero ry’abanyeshuri baratangaza ko bibafasha gutuma bazabasha kwibeshaho mu minsi iri imbere.
Abagize ihuriro ry’inteko ishinga amategeko rikumira Jenoside, ipfobya n’ihakana rya Jenoside yakorewe Abatutsi bagiye kujya mu mashuri gukangurira urubyiruko kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb Claver Gatete, arashishikariza abikorera gushora imari no mu rwego rw’ubuzima kugira ngo bifashe buri Munyarwanda kubone ubuvuzi bwiza.
Polisi y’u Rwanda yemeje amakuru y’uko Umunyamabanga Nshingwabikorwa (gitifu) w’Umurenge wa Nyarugenge mu Karere ka Bugesera, Nsengiyumva Charles, n’ushinzwe VUP, Nyecumi Jean Baptiste; bafunzwe bakurikiranweho kunyereza amafaranga agenewe abatishoboye.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa (gitifu) w’Umurenge wa Nyarugenge mu Karere ka Bugesera n’ushinzwe VUP, batawe muri yombi bakurikiranweho kunyereza amafaranga agenewe abatishoboye.