Ubwo imashini zarimo gusiza ahazubakwa ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bugesera, zataburuye imirambo ibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buvuga ko nubwo hari abakozi bagera kuri 47 beguye, nta cyuho basize kuko ngo hari abo bakoranaga basigaye bakora.
Abamotari bo mu Karere ka Bugesera barasaba ubuyobozi bw’Akarere kugabanya amande y’ikirenga bubaca, igihe bakerewe gutanga umusoro w’aho baparika.
Izabiriza Alphonsine n’umwana we Tuyishimire Fabien b’i Bugesera barasabirwa igifungo cya burundu kubera icyaha bashinjwa cyo kwica uwitwa Mbyariyehe Francois.
Semutwa Aloys wo mu Bugesera arasaba guheshwa miliyoni 40 z’indishyi yatsindiye mu rubanza rw’umwana we wahohotewe akanduzwa SIDA afite imyaka ine.
Ikamyo ya rukururana yari yikoreye isima ipima toni 35 yaguye ku kiraro cya Rwabusoro, irangirika ibuza izindi modoka gutambuka.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Nemba mu murenge wa Rweru muri Bugesera, Ndayisaba Alfred arashakishwa nyuma yo gutorokana amafaranga y’abaturage.
Abakozi batatu bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Ruhuha mu Bugesera, bakekwaho kunyereza amafaranga asaga miliyoni 1RWf ya SACCO Kamabuye bakoramo.
Abantu 60 barohamye mu mugezi wa Nyagisenyi uri mu murenge wa Rweru muri Bugesera, bose barohorwa mu mazi ari bazima.
Umunyeshuri witwa Iradukunda Emmanuel wo mu Murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera, yakoreye ikizami cya leta cy’Icyongereza mu bitaro by’Ikigo Nderabuzima cya Mayange.
Abaturage batandukanye bo mu Karere ka Bugesera bavuga ko babangamiwe na bagenzi babo baboneshereza imyaka ariko ubuyobozi ntibubahane.
Abadepite bagize komisiyo y’ubuhinzi n’ubworozi n’ibidukikije barasaba Akarere ka Bugesera gufatanya n’amakoperative acunga amakusanyirizo y’amata hagashakwa isoko rihoraho ry’amata apfubusa.
Umugabo, uri mu kigero cy’imyaka 30, yafatiwe mu murenge wa Rilima muri Bugesera nyuma yo gukekwaho ko akwirakwiza amafaranga y’amiganano.
Hatangiye imirimo y’ibanze yo kubaka ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Bugesera kuburyo igice cya mbere kizuzura mu mpera za 2018.
Mu gishanga cya Gashora ho mu karere ka Bugesera harimo kubakwa uruganda rw’amazi rwa Kanyonyombya, rugamije gukemura ikibazo cy’amazi cyugarije abaturage.
Abantu bataramenyekana batemye inka umunani z’uwitwa Uwifashije Augustin utuye mu murenge wa Rilima mu Karere ka Bugesera.
Umugore ukekwaho guta uruhinja mu musarani ari mu maboko ya Polisi mu Bugesera nyuma yo kumubona atagitwite kandi yari asanzwe atwite.
Abakozi babiri ba Banki y’abaturage (BPR) ishami rya Batima riri mu Murenge wa Rweru mu Bugesera, barakekwaho gutorokana miliyoni zisaga 14RWf.
Abagabo batanu bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamata iri mu Karere ka Bugesera, bakekwaho ubujura bw’inka.
Abaturage bo mu mudugudu wa Rwanza, mu murenge wa Nyamata, muri Bugesera, batoraguye uruhinja mu musarane uri gucukurwa babura uwarutayemo.
Bamwe mubanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya batujwe mu Bugesera mu murenge wa Mayange baranengwa kutabyaza umusaruro amasambu bahawe.
Imvura igwa hirya no hino mu gihugu yatumye uruzi rw’akagera rwuzura, amazi arengera imyaka ihinze mu gishanga cya Gashora.
Minisiteri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga iri gusangiza ibihugu 14 by’Afurika ibyiza bya gahunda ya Youth Connekt yafashije urubyiruko rw’u Rwanda kwihangira imirimo.
Abatuye mu Kagari ka Nyakayaga mu Murenge wa Kamabuye,Akarere ka Bugesera, bavuga ko ibimina bibafasha kuzigama amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza.
Abatuye akarere ka Bugesera bavuga ko bafungiwe amazi imyaka itanu kubera umwenda wa miliyoni 13 frw bafitiye Ikigo gishinzwe amazi, isuku n’isukura (WASAC).
Umugore n’umugabo bo mu Bugesera, bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamata bakekwaho kuroga inka enye zirimo izihaka eshatu n’ikimasa.
Abahinzi ba kawa bo mu Bugesera barasaba ko igiciro cyayo cyazamurwa kuko icyo basanzwe bahabwa kibahombya kandi baba barashoye menshi.
Bamwe mu batuye umurenge wa Musenyi mu karere ka Bugesera, bagisangirira ku muheha umwe, bagaragaza ko nta ngaruka babibonamo.
Abari abacuruzi b’inyongeramusaruro n’imbuto mu karere ka Bugesera, bafite impungenge zo guhomba, kuko ubucuruzi bakoraga bwahawe inkeregutabara, bagifite ibicuruzwa.
Abaturage bo mu murenge wa Nyamata, mu Karere ka Bugesera, batoraguye umwana w’umukobwa w’amezi abiri ku nzira babura uwamubyaye akamuhata.