Ubuyobozi bw’Inama Nkuru y’Amashuri Makuru na Kaminuza (HEC), bwatangaje ko bukomeje kugenzura niba ibyasabwe amashuri makuru na za Kaminuza byubahirizwa.
Ababyeyi barereraga mu ishuri Bonaventure Rehoboth Peace School riherereye mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Kinyinya, babuze amerekezo y’abana babo nyuma y’ifungwa ryaryo.
Minisitiri w’uburezi, Dr Eugène Mutimura, yanenze bamwe mu bashinzwe uburezi bo mu Karere ka Huye batita ku nshingano zabo, abasaba kwisubiraho cyangwa se akazabafatira ibyemezo.
Kuri uyu wa 25 Mutarama 2018, Kaminuza y’abalayiki b’Abadivantiste (UNILAK) yahaye imyamyabumenyi abanyeshuri 925.
Perezida Kagame yahaye imbabazi abana 18 bari bafungiye muri Gereza y’abana ya Nyagatare, nyuma yo kwitwara neza mu bizami bya Leta biheruka.
Mugwaneza Arthur ni umwe mu bahamya ko umwana wananiranye ashobora kwisubiraho agasubiza ubuzima bwe ku murongo kugeza n’aho atsinda neza.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi ushinzwe Amashuri abanza n’ayisumbuye, Munyakazi Isaak, yatangaje ko abanyeshuri batsinze ibizamini bisoza amashuri abanza, n’icyiciro rusange cy’ayisumbuye bamaze guhabwa amashuri bazigamo.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi (REB) kiratangaza ko uburyo busanzwe bukoreshwa mu kureba amanota y’ibizami bya Leta butahindutse, aho umuntu ashobora gukoresha ubutumwa bugufi cyangwa agasura urubuga rwa REB akareba amanota y’umwana.
Minisiteri y’Uburezi MINEDUC, iratangaza ko amanota y’abanyeshuri bakoze ibizami bya Leta bisoza amashuri abanza, ndetse n’abakoze ibizami bisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, azasohoka kuri uyu wa kabiri tariki ya 9 Mutarama 2018.
Ubucucike mu mashuri abana buri mu bwatumye abanyeshuri bagera ku 21 bava mu ishuri, nk’uko bitangazwa na Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC).
Guhera mu mwaka wa 2018 Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA) kizatangira kubaka amashuri y’imyuga agezweho mu gihugu.
Abanyeshuri bo mu Kagari ka Kigenge mu murenge wa Nzahaha barishimira ko batazongera gukora urugendo rurerue n’amaguru bajya kwiga.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), Isaac Munyakazi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye yagaragaje ingengabihe y’umwaka w’amashuri wa 2018.
Ubuyobozi bwa Kaminuza ya Kibungo izwi nka UNIK, iherereye mu Karere ka Ngoma butangaza ko uko imyaka igenda ishira abanyeshuri bayigamo bagenda bagabanuka.
Abanyeshuri biga Farumasi muri Kaminuza y’u Rwanda bavuga ko bagorwa no kubona aho bimenyerereza umwuga kuko nta nganda zikora imiti zihari.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) ivuga ko umubare w’abanyeshuri ugenda wiyongera uko imyaka igenda ishira, kubera ingamba zitandukanye guverinoma igenda ishyiraho.
Ubuyobozi bw’ishuri ribanza rya New Vision ry’i Huye bwiyemeje gushyiraho umuganga uzajya avurira abana ku ishuri, kuko ngo hari abana barwara ntibitabweho batashye.
Kaminuza y’Abadivantiste y’Afurika yo hagati (The Adventist University of Central Africa/ AUCA) yadohoye amabwiriza akarishye y’imyambire ku bakobwa ariko basabwa kwambara bakikwiza.
Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi,umubare wa Kaminuza, wavuye kuri kaminuza imwe, ubu zigeze kuri 32. Izo kaminuza zikaba zaragize uruhare rukomeye mu kuzamura umubare w’Abanyarwanda bakandagiye muri Kaminuza.
Umuyobozi wa Christian University of Rwanda (CUR), DR. Habumuremye Damien, aravuga ko gufungwa kwa za kaminuza,kwabayeho mu minsi ishize, ba nyirazo ari bo babifitemo uruhare.
Abanyeshuri 126 basoje amasomo yabo mu bijyanye n’imyubakire mu ishuri rya St Joseph i Nyamirambo baravuga ko biteguye guteza imbere umwuga w’ubwubatsi ukigaragaramo akajagari.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Uwihanganye Jean de Dieu yasabye Akarere ka Ngoma kwita ku bikorwa byo kubaka ibyumba by’amashuri abana bazigiramo umwaka utaha.
Ubuyobozi bw’ishuri ribanza rya Kiboga buvuga ko mu bana 100 baharangiza, 70 gusa aribo bakomeza mu yisumbuye nabo ntibayarangize bose kuko baba bajya kwiga kure.
Ishuri ry’abakobwa rya Gashora Girls Academy ryihariye ibihembo mu biganiro mpaka byari bihuje abanyeshuri byaberaga muri Uganda.
Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi yizeje Kaminuza y’u Rwanda inkunga ya Guverinoma kugira ngo ireme ry’uburezi rigerweho mu mashuri yose mu Rwanda.
Abanyeshuri bigaga mu mashami atanu yari yarahagaritswe muri INES –Ruhengeri bagarutse kwiga nyuma y’uko ayo mashami yose yongeye gufungurwa.
Ubushakashatsi bw’Umuryango "Save the Children" ukorera mu Rwanda, bugaragaza ko abana 13% basoza amashuri abanza batazi gusoma ikinyarwanda.
Abayobozi batandukanye bo mu Ntara y’Amajyepfo barahamagarira ababyeyi n’abarezi kwita ku burere bw’abana kugira ngo boye gukomeza guta ishuri.
Ababyeyi bo mu Karere ka Bugesera baravuga ko nta mashuri y’incuke ahagije bafite bigatuma babura aho bajyana abana babo.
Uburyo bushya bwo kwigisha abanyeshuri bo mu mashuri abanza hakoreshejwe indirimbo bwiswe ‘World Voice’ ngo buzabafasha gutsinda neza kuko butuma bafata vuba amasomo.