Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ko amashuri asanzwe yigisha mu Cyongereza cyangwa Igifaransa azakomeza kwigisha amasomo muri izo ndimi.
Mu muhango wo gutangiza umwaka w’amashuri 2019/2020 muri INES-Ruhengeri wabaye mu mpera z’icyumweru gishize, habayeho umwanya wo guhemba abanyeshuri bagize amanota menshi mu mwaka w’amashuri urangiye, abakobwa biharira ibihembo hafi ya byose.
Abahagarariye amashuri abanza yigenga bishimiye imyanzuro yavuye mu biganiro byahuje Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) n’amashuri abanza yigenga. Ni ibiganiro byabereye mu mujyi wa Kigali kuri uyu wa mbere tariki 02 Ukuboza 2019.
Abaturage bo mu Murenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu barishimira kwegerezwa uburezi bw’amashuri y’inshuke n’amashuri abanza hagamijwe kurwanya ingendo abana bakora bagana ishuri no kurwanya ubuzererezi mu bana.
Ku wa gatatu mu gitondo cy’ubukonje, umwana w’imyaka 10 witwa Hirwa Jovian wiga ku ishuri ribanza rya Dove International School ryo mu karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, arahuze cyane kuri mudasobwa ngendanwa akora ubushakashatsi kugira ngo asubize umukoro yahawe mu isomo ry’ubutabire rya ‘Acids and bases’.
Minisiteri y’Uburezi(MINEDUC) hamwe n’imiryango Mastercard Foundation na VVOB w’Ababiligi, basabye abarimu kurushaho gutanga uburezi bufite ireme.
Urubyiruko rw’i Nyaruguru rwiyise Ibifaru, rurifuza ishuri ry’imyuga ryakwigirwamo na bagenzi babo bacikirije amashuri kuko ibindi bibazo bibangamiye imibereho myiza rwamaze kubihashya.
Mu myaka itatu ishize u Rwanda rwungutse abanyamwuga 80 bakora umuziki basohotse mu ishuri ry’umuziki rya Nyundo. Muri iyi myaka, nibwo hatangiye kumvikana injyana nshya, amajwi mashya, imiririmbire mishya n’ibitaramo bishya bisusurutswa n’aba banyamuziki baje ku isoko bafite inyota yo gutanga ibyo bakuye mu ishuri.
Mu Karere ka Musanze, umuryango utari uwa Leta witwa FXB Rwanda ukurikirana ishyirwa mu bikorwa rya gahunda y’ingo mbonezamikurire y’abana bato (Early Childhood Development- ECD) uratangaza ko ingo mbonezamikurire y’abana bato zitanga umusaruro.
Uzamukunda Anne-Marie, ni umwe mu babyeyi b’abana 336,210 kuri ubu barererwa mu ngo mbonezamikurire z’abana bato (ECDs), bakomoka ahanini mu miryango itishoboye.
Muri kaminuza y’amahoteli, ikoranabuhanga n’ubukerarugendo (UTB) ku Kicukiro, umunyeshuri wese winjiramo abanza gukoza ikarita ku kuma kari ku rukuta, agahita abona ifoto ye n’andi makuru amuranga ku rundi rukuta rw’imbere ye.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yatangaje ko mu Rwanda kimwe no mu bindi bihugu bya Afurika, iterambere ry’ubukungu rigendera ku guhuza ikoranabuhanga n’inganda, no guhuza ubumenyi n’umusaruro.
Umuryango Plan International Rwanda wubakiye ibyumba by’amashuri y’incuke abana bo mu murenge wa Kamabuye mu karere ka Bugesera, bituma baruhuka kwigira munsi y’ibiti hatabafashaga kwiga no kwitabwaho nk’uko bikwiye.
Brillant Rugwiro Musoni urangije amashuri abanza ku ishurirya ‘New Vision Primary School’ mu karere ka Huye, ni we uzarihirwa ibisabwa byose mu gutangira amashuri yisumbuye, kuko yatsinze amarushanwa y’icyongereza.
Uwineza (izina yahawe) w’imyaka 17 y’amavuko, arimo gukora ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza byatangiye ku wa mbere tariki 04 Ugushyingo 2019. Arabikora ari kumwe n’uruhinja rwe rw’ibyumweru bibiri kandi ngo yiteguye kubirangiza akazakomeza amashuri yisumbuye.
Abana bafungiye muri Gereza y’abana ya Nyagatare bakora ibizamini bisoza amashuri abanza bavuga ko bazatsinda n’ubwo biga bafite ibibazo bibaca intege.
Mu bizamini bya Leta bisoza amashuri abanza byatangiye kuri uyu wa mbere tariki ya 04 Ugushyingo 2019, hagaragayemo imbogamizi z’uko hari abana biyandikishije ku kigo bakajya gukorera ku kindi.
Bamwe mu banyeshuri batangiye gukora ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza bemeza ko bazabitsinda neza kuko ikizamini bahereyeho bivugira ko kitabagoye, cyane ko biteguye neza.
Mu gihe hasigaye igihe gito ngo abana bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye basoze umwaka w’amashuri wa 2019, hari abifuza kuzaganirizwa n’ababyeyi ku myifatire.
Abanyeshuri barangije mu ishuri rya E.S.KANOMBE/ EFOTEC baragaragaza imbogamizi ku mafaranga bacibwa iyo bagiye gutora impamyabumenyi zabo, kuko bacibwa amande y’ibihumbi bitanu buri mwaka wa nyuma y’uwo zisohoreweho, n’ubwo ubuyobozi bwabo bubihakana bukavuga ko nta faranga na rimwe baca.
Ubuyobozi bw’ikigo cyita ku bafite ubumuga, HVP Gatagara, buvuga ko inkunga Leta igenera abanyeshuri bafite ubumuga yakongerwa.
Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko Muhizi Kageruka Benjamin yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Agateganyo w’Inama y’Igihugu y’Amashuri Makuru (HEC) guhera kuri uyu wa mbere tariki 14 Ukwakira 2019.
Ikigo cy’igihugu cyita ku burezi (REB) gitangaza ko abana bazakora ibizamini bya Leta mu byiciro byose biyongereye, nk’abo mu mashuri abanza bakaba bariyongereyeho 12% ugereranyije n’abakoze umwaka ushize.
Abatangizi muri IPRC-Huye barasabwa guhanga udushya bacyiga Abanyeshuri b’ababatangizi mu wa mbere muri IPRC-Huye barasabwa gutangira amasomo banibaza ku byo bazahanga byazabateza imbere bikanagirira u Rwanda akamaro.
Corneille Musabyimana, umwarimu w’ubugenge (Physics) mu rwunge rw’amashuri Mère du Verbe ruherereye i Kibeho mu Karere ka Nyaruguru, yakoze indege ya kajugujugu mu bipapuro, nk’imfashanyigisho mu isomo rye.
Abanyeshuri biga mu ishuri ryisumbuye rya Ecole des Sciences de Musanze batangiye kwifashisha Laboratwari zo muri Kaminuza y’ubumenyi ngiro ya INES-Ruhengeri mu rwego rwo gukarishya ubumenyi bubategura kuzasoza amashuri yisumbuye bitwaye neza.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi Dr. Munyakazi Isaac yaburiye abafite ibigo by’amashuri bitubahiriza gahunda byasabwe kwigishamo, ko bishobora gusubiza ibyangombwa byahawe.
Abayobozi mu Kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi REB baratangaza ko batunguwe n’ubumenyi buke n’imyigishirize iri hasi bihabwa abanyeshuri mu mashuri menshi yo mu karere ka Gicumbi.
Ku ishuri rya Kabusanza (GS Kabusanza), riherereye mu murenge wa Simbi mu karere ka Huye, abana 170 biga mu mwaka wa kane A na B bigira mu mashuri y’ibirangarizwa atagira inzugi n’amadirishya.
Minisiteri y’Uburezi irateganya kuzenguruka mu mashuri 900 mu minsi 10 itanga inama ku bibazo bibangamiye ireme ry’uburezi.