• WDA niyo muterankunga mukuru w

    Gatsibo: Urubyiruko ruritabira ku bwinshi amasomo y’imyuga

    Rumwe mu rubyiruko rwo mu mirenge itandukanye igize Akarere ka Gatsibo rwemeza ko kwitabira amasomo y’imyuga bizarufasha kwiteza imbere mu buryo butandukanye, kandi ko mu gihe ruzaba rurangije aya masomo ruzaba rutandukanye n’ubushomeri burundu kuko ruzahita rutangira kubyaza umusaruro ubumenyi rukuye mu bigo by’imyuga.



  • Icyumba kigishirizwamo amashanyarazi.

    Ngororero: Babonye amashuri ry’imyuga afite ibikoresho bigezweho

    Nyuma y’igihe kirekire abakeneye kwiga imyuga mu karere ka Ngororero bajya kuyigira ahandi naho abadafite amikoro bakayiga ku buryo bwa gakondo, mu mwaka wa 2014 habonetse amashuri abiri anafite ibikoresho bigezweho.



  • Ishuri ry

    Nyaruguru: Amashuri y’inshuke aracyari make

    Bamwe mu babyeyi bo mu karere ka Nyaruguru bavuga ko kuba muri aka karere nta mashuri y’inshuke ahagije ahari ngo bituma abana bagejeje igihe cyo kwiga babura icyo bakora bakirirwa bazerera.



  • Murama: Ishuri ryahoze ricumbikira abanyeshuri rirasabirwa guhindurwa iryimyuga ngo rifashe urubyiruko

    Abatuye umurenge wa Murama ho mu karere ka Ngoma,barasaba ko ishuri ryahoze ricumbikira abanyeshuri rya ES.Rukira,ryahindurwa ishuri ry’imyuga kuko inyubako ziri shuri ziri kononekara kubera amashuri atagikoreshwa yose kandi yaratwaye ingufu ababyeyi na leta yubakwa.



  • Ababyeyi n

    Ruhango: Ihuriro ry’abanyeshuri ryitezweho kuzamura ireme ry’uburezi

    Ubuyobozi bw’Ishuri ribanza rya Centre Scolaire Turere ibibondo riri mu mujyi wa Ruhango ryashinze ihuriro ry’abanyeshuri bagiye bahiga ariko ubu biga ku bindi bigo rigamije gukomeza guhuriza hamwe uru rubyiruko, ari nako bagaruka kwita kuri barumuna babo hagamijwe guteza imbere ireme ry’uburezi.



  • Namanya yemeza ko bazakora ubushakashatsi ku mbogamizi zituma imiyoborere myiza itagerwaho.

    Nyagatare: Urubyiruko rufite inshingano yo kwimakaza imiyoborere myiza

    Urubyiruko nk’imbaraga z’igihugu n’abayobozi b’ejo rufite uruhare mu kwimakaza no guteza imbere amahame y’imiyoborere myiza, bityo bakore ubushakashatsi bugamije kongera umusaruro n’imibereho myiza y’umunyarwanda.



  • Aba banyeshuri bavuga ko bahakuye ubumenyi buzabafasha kwihangira imirimo.

    Abarangije muri KCCEM biyemeje kwihangira imirimo

    Abanyeshuri barangije amasomo mu ishuri rikuru ryigisha ibijyanye no kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima no kurengera ibidukikije rya KItabi (KCCEM), baremeza ko ubumenyi bahakuye butazabafasha gukora neza imirimo gusa ahubwo ko bahakuye n’imishinga yo kurengera urusobe rw’ibinyabuzima izatanga n’akazi.



  • Aba bana banigishijwe indangagaciro na Kirazira by

    Ngoma: Gahunda yo gukundisha abana imyuga yageze ku ntego

    Ubuyobozi bw’ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’Iburasirazuba IPRC-EAST buratangaza ko gahunda yo gukundisha abana umwuga yageze ku ntego zayo.



  • Imyumvire y

    Gakenke: Imyumvire y’ababyeyi niyo ituma batajyana abana ku ishuri

    Bamwe mu babyeyi batuye mu karere ka Gakenke bemeza ko hari bagenzi babo bakora imirimo y’ubuhinzi bityo bakumva ko n’abana babo bakuze aribyo bakora ntacyo byaba bitwaye bigatuma batabajyana ku ishuri.



  • Ntahonkiriye ubu arangije umwaka wa mbere kandi yatangiye gushyira mu bikorwa ibyo yiga.

    Hindiro: Ku myaka 47 yasubiye mu ishuri ngo yiteze imbere

    Ntahonkiriye Epimaque wo mu Murenge wa Hindiro mu Karere ka Ngororero avuga ko yafashe icyemezo cyo gusubira mu ishuri nyuma yo gusanga kutiga byaradindije iterambere ry’urugo rwe, kandi akaba afite ubutaka butoya bwo guhinga.



  • Aba banyeshuri basobanuriwe ko imyuga n

    Abafashwa n’imbuto foundation beretswe impamvu hashyizwe ingufu mu mashuri y’imyuga

    Abana biga mu mashuri yisumbuye barihirwa n’Imbuto Foundation basuye ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro (IPRC-South) tariki ya 07/12/2014, mu rwego rwo kubereka agaciro n’impamvu Leta y’u Rwanda ishyira ingufu mu kwigisha amasomo y’ubumenyingiro.



  • Bahuguwe ku mikorere y

    Her2Voice irashaka abakobwa benshi muri siyansi, tekiniki n’ikoraranabuhanga

    Umuryango w’abanyarwandakazi b’impuguke mu by’ubumenyi n’ikoranabuhanga witwa Her2voice uri gukangurira abakobwa bakiri mu mashuri gutinyuka kwiga amasomo ya siyansi, ikoranabuhanga, imyuga, ubumenyingiro n’imibare; ubusanzwe yafatwaga nk’ayigwa n’abantu b’igitsina gabo.



  • Abayobozi batandukanye bavuga kumikorere yicyiciro cya 3 cya kaminuza y

    Rusizi: Kaminuza y’u Rwanda izanye icyiciro cya gatatu cya kaminuza i Rusizi

    Abaturage batuye akarere ka Rusizi n’ubuyobozi bw’Akarere basanga ko kuba Hagiye gutangizwa Ishami ry’icyiciro cya gatatu rya Kaminuza y’u Rwanda Mu ntangiro za 2015 ari amahirwe kuribo yaba mu iterambere ry’aka Karere kimwe no guhendukirwa ku bifuzaga gukomeza amasomo yabo dore ko bakoraga ingendo bagana hirya no hino (…)



  • Abafatanyabikorwa b

    Mount Kenya University igiye gufungura ishami mu Karere ka Ngororero

    Mu ntangiro z’umwaka utaha wa 2015 Kaminuza ya Mount Kenya University izafungura ishami rizigisha ibijyanye n’ishoramari hamwe n’uburezi mu karere ka Ngororero.



  • Iki ni kimwe mu bihangano aba banyeshuri bakoze.

    Ruhango: Ubumenyi bungutse ngo bazabusangiza abandi

    Urubyiruko rumaze umwaka rwiga ubugeni n’ubukorikori mu ishuri rya Coin d’Art mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, ruravuga ko ubumenyi ruhakuye rugiye kubukoresha rwiteza imbere ndetse rukanafasha bagenzi barwo.



  • Aha ni mu mujyi wa Nyanza ubwo abanyeshuri bo mu bigo bitandukanye byaho bakoraga siporo ihuriweho n

    Nyanza: Abarimu n’abayobozi b’amashuri batyaje ubwenge ku kamaro ka siporo

    Abarimu n’abayobozi bo mu bigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye byo mu Karere ka Nyanza baributswa ko siporo mu bana bakiri bato ifite akamaro ndetse bagasabwa kuyishyiramo ingufu kimwe n’andi masomo yose.



  • Gasherebuka asanga iri shuri rikuru rizahindura byinshi mu burezi.

    Nyabihu: Ishuri ry’imyuga bemerewe na Perezida rizaba igisubizo ku byifuzo byabo

    Nyuma y’uruzinduko rwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yagiriye mu karere ka Nyabihu mu kwezi kwa Kamena uyu mwaka wa 2014 akabemerera ishuri rikuru ry’imyuga, abaturage baravuga ko ari igisubizo ku buyobozi n’ababyeyi bahoranaga ikifuzo cy’uko muri aka karere hakubakwa kaminuza cyangwa ishuri rikuru.



  • Mu mashuri amwe n

    Kayonza: GS Rwimishinya ngo ntiyigeze igira imbogamizi mu kugaburira abana

    N’ubwo ku mashuri amwe n’amwe gahunda yo kugaburira abana ku mashuri igenda ihura n’imbogamizi zituma ishyirwa mu bikorwa rya yo rigorana, ubuyobozi bw’ishuri rya Rwimishinya ryo mu murenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza buvuga ko butigeze buhura n’ikibazo kuri iyo gahunda.



  • Ministiri w

    Korea y’Epfo yatanze inguzanyo ya miliyoni 51$ zo gufasha kaminuza y’u Rwanda

    U Rwanda rwakiriye inguzanyo ingana na miliyoni 51$ z’amadolari y’Amerika yatanzwe n’igihugu cya Korea y’epfo (akabakaba miliyari 36 z’amafaranga y’u Rwanda), agamije kubaka ibikorwaremezo bitandukanye by’uburezi muri Kaminuza y’u Rwanda (UR).



  • Imwe mu myuga yigishirizwa mu ishuri IPRC-South.

    IPRC-South igiye guhugura ababishaka ku buntu

    Guhera mu mpera z’uku kwezi za Ugushyingo 2014, ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro IPRC-South riri mu karere ka Huye rizatangira guhugura abantu mu myuga itandukanye mu gihe cy’amezi atatu kandi nta mafaranga bazatanga.



  • Abana basobanuriwe zimwe mu mashini za IPRC East zifashishwa mu kwigisha imyuga n

    IPRC East yatangije gahunda yo gukundisha abana umwuga bakiri bato

    Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC East ) ryatangije ku mugaragaro gahunda yiswe urubuga rw’abana (Space for Children ) aho abana biga amashuri abanza mu biruhuko bazajya bahabwa amasomo ku myuga itandukanye.



  • Rusizi: Abana 200 bagarutse mu ishuri kubera kugaburirwa

    Uburyo bwo kwita ku bana bagaburirwa ku bigo by’amashuri bigaho bwatumye muri uyu mwaka w’amashuri urangiye abana bagera kuri 200 bo ku ishuri ribanza rya Mihabura riri mu Kagari ka Nyange, mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi bagaruka mu ishuri, mu gihe abagera kuri uwo mubare buri mwaka bataga ishuri bakajya kwirirwa (…)



  • Ian ngo aje gufatanya n

    Nyamasheke: Nje gufatanya n’abandi guteza imbere iri shuri- Ian Higginbotham

    Umuyobozi w’ikirenga w’ishuri rikuru rya Kibogora (KP), Ian Higginbotham aratangaza ko aje gutanga umusanzu mu gutuma iri shuri ritanga abanyeshuri b’intangarugero. Ibi yabitangaje kuwa gatandatu tariki ya 08/11/2014 ubwo yimikwaga ku mugaragaro nk’umuyobozi w’ikirenga (chancellor) wa KP.



  • Abize imyuga muri za EAV bagomba gukomereza amashuri muri IPRC

    Théodore Habimana, umuyobozi ushinzwe amahugurwa mu kigo k’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyi ngiro (WDA), avuga ko abize iby’ubuhinzi ubworozi n’amashyamba (EAV) mu mashuri yisumbuye, bagomba gukomereza amasomo yabo muri IPRC kugira ngo bongere ubumenyi mu myuga baba bize, bityo babashe gufasha Abaturarwanda.



  • Aboherejwe kwiga muri za IPRC barasaba ko bakoherezwa muri iri i Huye yegereye aho bari barakodesheje amacumbi.

    Abarangije muri za EAV barinubira koherezwa kwiga muri IPRC kandi baremerewe kwiga muri UR

    Bamwe mu banyeshuri barangije mu mashami y’ubuhinzi, ubworozi n’amashyamba mu mashuri yisumbuye (EAV), bakaba bari bemerewe gukomereza amashuri yabo muri Kaminuza y’u Rwanda, tariki 06/11/2014 bamenyeshejwe ko imyanya yabo iteganyijwe mu mashuri y’imyuga ari yo IPRC.



  • Regula avuga ko ari byiza gushyigikira uburezi kuko ari umusingi w

    Muhanga: Fondation Margrit Fuchs yemeye kubakira abaturage ishuri

    Nyuma y’aho abana bo mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga bakomeje kwinubira kwigira kure aho benshi muri bo bajyaga basiba cyangwa bakazinukwa ishuri burundu, ku bufatanye na Fondation Margrit Fuchs, ibinyujije mu kigo cya Bureau Social de Dévéloppement, yiyemeje kubaka ishuri ry’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 rifite (…)



  • Minisitiri w

    Abize i Rukara n’i Kavumu bemerewe kongera ubumenyi ari uko bamaze imyaka ibiri bigisha

    Umuyobozi mukuru wa Kaminuza y’u Rwanda, ishami ry’inderabarezi, Prof. George Njoroge avuga ko abanyeshuri biga n’abarangije mu mashuri y’inderabarezi ya Rukara (Rukara College of Education) na Kavumu (Kavumu College of Education) bemerewe kongera ubumenyi bashaka impamyabumenyi yisumbuye ku yo bahabwa n’ayo mashuri, ariko (…)



  • Kwiga gukora inkweto nta pfunwe bimutera n

    Nyagatare: Yemeza ko nta mwuga wagenewe abahungu gusa

    Mu gihe hari bamwe mu bakobwa usanga banenga imyuga imwe n’imwe bavuga ko yagenewe abahungu gusa, umukobwa urimo kuyiga mu karere ka Nyagatare bashishikariza bagenzi babo kwitabira imyuga kuko kubaka urugo bitakireba umugabo gusa.



  • Minisitiri Lwakabamba yavuze ko bishoboka ko abanyeshuri bigaga ishuri rikuru rya Kavumu bakwimurirwa i Rukara mu kwezi kwa 12.

    Rukara na Kavumu College of Education zizahurizwa hamwe mu kwezi k’Ukuboza

    Abanyeshuri bigaga mu ishuri rya Kavumu College of Education mu kwezi kwa 12/2014 bazimurirwa mu ishuri rya Rukara College of Education. Aya mashuri makuru yombi yari asanzwe ari amashuri nderabarezi atandukanye, kuyahuriza hamwe bikaba biri mu rwego rwo gushyira mu bikorwa icyemezo guverinoma y’u Rwanda yafashe mu mwaka wa (…)



  • Bamwe mu bana bata amashuri bakajya gukoreshwa mu mirimo inyuranye.

    Ngororero: Abana 290 ntibakoze ikizamini gisoza amashuri abanza kubera kuva mu ishuri

    Abanyeshuri 290 bo mu karere ka Ngororero bari mu bagombaga gukora ikizamini gisoza amashuri abanza ariko ntibagikoze kuko bataye ishuri bakajya ahandi hantu hatandukanye.



Izindi nkuru: