Leta y’u Rwanda yakiriye miliyoni 95 z’amadolari y’Amerika nk’inguzanyo ya Banki y’Isi yo kubaka ibikorwaremezo mu mijyi itandatu yunganira Kigali.
Sacco Tea Shagasha y’abahinzi b’icyayi bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke ibarizwa mu Murenge wa Giheke yabaye ikinze nyuma yo guhomba miliyoni 20.
Bamwe mu bagore bo mu Karere ka Rusizi baravuga ko bamaze gutera imbere babikesha ingorofani bifashisha batwara imizigo muri Congo.
Abadozi bo mu Ntara y’Iburasirazuba basanga kwishyira hamwe kwabo bizatuma batera imbere ndetse n’umwuga wabo ukarushaho kugira agaciro.
Mu kiganiro cy’amasaha atatu Perezida Kagame yagiranye n’abavuga rikijyana mu Karere ka Rubavu, yongeye kunenga abayobozi badindiza gahunda z’iterambere.
Perezida Kagame asaba Abanyarwanda kwirinda ibibatandukanya, ahubwo bagashyira hamwe bakoresheje aho baturuka nibyo batekereza.
Ishami ry’ikigega nyafurika gishinzwe iterambere, FAGACE ryafunguwe i Kigali (mu nyubako ya RSSB) mu rwego rwo kujya gitanga inguzanyo ku bafite imishinga y’iterambere.
Abaturage bo mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga bavuga ko kutagira ibikorwa remezo nk’imihanda n’amashanyarazi bibangamiye iterambere ryabo.
Umugore witwa Nyenyeri Evangeline utuye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza yarangije amashuri yisumbuye, yihangira umurimo wo kogosha.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) kivuga ko ikoranabuhanga riza imbere mu byazamutse nk’uko umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP) w’umwaka wa 2015 ubigaragaza.
Abagore 32 bibumbiye muri “Koperative Ingoro Ihuje Ababyeyi” bo mu Karere ka Huye, biyemeje kubumba amatafari mu buryo bw’umwuga, birabatunga.
Akarere ka Gakenke kavuga ko kifuza ko abafatanyabikorwa bagafasha kugaragaza ibyuho mu mihigo kihaye, aho kwirebera izindi gahunda zabo gusa.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye abitabiriye inama Nyafurika yiga ku bukungu, guhindura imitekerereze y’abantu n’uburyo umutungo ukoreshwa.
Umugabo witwa Ntawizera Claude wo mu Karere ka Burera atangaza ko agiye kwiyuzuriza inzu y’ibyumba bitatu n’uruganiririro, abikesha akazi ke ko gutwara imizigo ku ngorofani.
Mu irushanwa ngarukamwaka ry’abanyeshuri biga ubumeyi (Sciences), aberekanye imishinga bakoze bifuza ko yazaterwa inkunga igashyirwa mu bikorwa kuko yagirira abantu akamaro.
Akarere ka Gakenke katangije umushinga bise “Kunoza irembo ry’injira iwacu”, ugamije kwerekana ibyiza by’akarere ariko ukanafasha abaturage kwiteza imbere.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Francois Kanimba, yatangije ku mugaragaro uruganda rw’ibirayi mu Karere ka Nyabihu, rwitezweho kongera agaciro k’umusaruro wabyo.
Abaturage b’imirenge ya Cyahinda na Munini yo mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko iteme ryo mu kirere ribahuza yohoheje ubuhahirane.
Abatuye mu Murenge wa Mugano basabye ubuyobozi bushya bw’Akarere ka Nyamagabe kubaha umuhanda n’amashyanyarazi bakava mu bwigunge.
Abashoferi n’abagenzi bategera imodoka muri gare ya Rwamagana bari mu rujijo baterwa no kuba itubakwa kandi yaragombaga gutangirana na 2016.
Abagore bari bazwi nk’abanyagataro bize gutunganya imisatsi, kwizigama no gukora imishinga, bibafasha kugira imibereho myiza.
Kwiga ikoranabuhanga byafashije bamwe mu rubyiruko rw’Akarere ka Nyamagabe kuva mu bushomeri, kuko bakoresheje ubumenyi bize mu gushaka amafaranga yo kwibeshaho.
Rulinda Dieudonné wiyita “Ru Bless” avuga ko imyaka itandatu yamaze muri Canada yamupfiriye ubusa kuko yagarutse mu Rwanda yarasigaye mu iterambere.
Abatuye mu Mudugudu wa Mushimba, mu Murenge wa Gacurabwenge, mu Karere ka Kamonyi bashoboye kwigurira mitiweli 100%, kubera amakoperative bibumbiyemo.
Abacukuzi b’amabuye y’agaciro bavuga ko bafite ikibazo cyo kongera igishoro kuko nta banki yemera kubaha inguzanyo.
Abacururiza mu Mujyi wa Byumba basanga kuvugurura inyubako z’ubucuruzi zikongerwaho izindi nzu hejuru bizabafasha kwagura ubucuruzi bwabo no kubateza imbere.
Abatuye mu Murenge wa Kilimbi muri Nyamasheke, amashanyarazi bahawe nta ngufu afite ku buryo bayakoresha mu bindi bitari ugucana gusa.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu Karere ka Gakenke bakora akazi ko guhonda amabuye bavuga ko byabahinduriye ubuzima bikanabakura mu bushomeri.
Abasigajwe inyuma n’amateka mu Murenge wa Kabagali mu Karere ka Ruhango, barishimira amatungo bagabiwe, kuko yatumye babasha kunga ubumwe bakaniteza imbere.
Abahawe imirimo muri VUP bo mu Murenge wa Mukindo mu arere ka Gisagara, barakora baharanira kwiteza imbere babikesha amafaranga bakuramo.