Ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kanombe ni icya gatatu muri Afurika kiganwa n’abagenzi benshi kubera inama zikomeye zibera mu Rwanda.
Abantu batandukanye bajya gusengera ku musozi wa Kanyarira batangaza ko banejejejwe no kuba barubakiwe ikiraro kibafasha kugera kuri uwo musozi.
Mu mujyi wa Kigali harubakwa imihanda y’amabuye yitwa "Cobblestone", hagamijwe kurengera ibidukikije, guteza imbere ibikorerwa mu gihugu no kubaka ibirama.
Abagize impuzamakoperative “Duhaguruke/ Kora” ikorera mu Mujyi wa Musanze, barashinja ubuyobozi bwabo kurigisa umutungo wa miliyoni 30.
Abaturage bo mu murenge wa Gishari muri Rwamagana batangaza ko Ekocenter bubakiwe na Coca Cola imaze kubagezaho iterambere.
Biteganyijwe ko uruganda rutunga ibikomoka kuri avoka, rwo mu Karere ka Huye, ruzaba rukora bitarenze umwaka wa 2019.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buratinyura abagore bafite ibitekerezo by’imishinga kugana banki n’ibigo by’imari,kuko babihugurirwa ariko ntibabyitabire.
Abagore 300 bo mu Karere ka Musanze, bacuruzaga mu kajagari,bazwi ku izina rya “Abazunguzayi” bemerewe inkunga ya miliyoni 6 ngo biteze imbere.
Abaturage bakoze imihanda muri gahunda ya VUP mu murenge wa Mukindo, akarere ka Gisagara baravuga ko bugarijwe n’ubukene kubera kudahembwa.
Abaturage bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, baravuga ko imodoka baheruka guhabwa n’umukuru w’igihugu yabakijije imvune bagiraga.
Akarere ka Gasabo ni ko kahize utundi mu kwesa imihigo ya 2015/2016, aho kagize amanota 81.6%.
Abatuye umurenge wa Shyira mu karere ka Nyabihu bavuga ko umuhanda Nyakinama-Vunga bakorewe, waborohereje ingendo, kuko ibiciro byamanutse.
Mu Karere ka Nyanza hatashywe ikiraro gihuza Umurenge wa Nyagisozi n’uwa Cyabakamyi, kikazoroshya ubuhahirane hagati y’abayituye.
Abanyamuryango ba Koperative CORIMU ihinga umuceri mu murenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi, barinubira ibyemezo bifatwa na Komite nyobozi, itabagishije inama.
Abaturage 318 bibumbiye mu makoperative akora isuku mu mihanda iri muri Rulindo batangaza ko bamaze amezi atanu badahembwa kandi bakora.
Inama y’igihugu y’abafite ubumuga (NCPD) iratangaza ko kugira ubumuga bitavuze kugira ubukene, kuko hari bamwe mu bafite ubumuga bibeshejeho neza.
Bamwe mu bagore bo mu karere ka Ruhango, baravuga ko gutinda kwishyurwa mu biraka bahabwa, bituma ingo zabo zisenyuka.
Ikigo gishinzwe guteza imbere ibikorwa by’iterambere mu nzego z’ibanze LODA, gitangaza ko ibikorwa giteramo inkunga Akarere bigeze ku kigero gishimishije.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko umunyamuryango nyawe akwiye kurangwa n’ubunyangamugayo,kandi akubaha gahunda leta igenera abaturage.
Abagize koperative Isano ikorera uburobyi mu kiyaga cya Cyohoha ya ruguru mu Karere ka Bugesera bashyizeho gahunda ya “Girinka” murobyi izabunganira.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buratangaza ko umuhanda uhuza Akarere ka Huye n’aka Nyaruguru ukozwe byatuma Kibeho itera imbere ndetse igasurwa kurushaho.
Abatuye mu Murenge wa Gasange mu Karere ka Gatsibo, bibaza impamvu badahabwa w’amashanyarazi, kuko nta n’ipoto ishinze mu murenge wabo.
Uwiringiyimana Dorcella wo mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, aravuga ko kwiga akuze byamufashije gutangira kwiteza imbere.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu Bugesera rwihangiye imirimo, bavuga ko bagenzi babo babuze akazi babyitera kuko usanga barangwa n’ubunebwe.
Bamwe mu baturage bakennye cyane bo mu Karere ka Kamonyi barifuza ko ababegera bakabaha ibitekerezo byatuma bagera ku mishanga yo kwiteza imbere.
Urubyiruko n’abagore bo mu turere abenshi bavuga ko batazi ntibanasobanukirwe n’imikorere y’Ikigego cy’imari (BDF), mu gihe cyari cyashyiriweho kubafasha guteza imbere imishinga yabo.
Abakuriye urubyiruko baravuga ko kuba urwinshi muri rwo rudatinyuka kwaka inguzanyo zo gukora imishinga, bituma rudindira kandi rwagakwiriye kuzamukira ku mahirwe rwashyiriweho.
Abubakiwe mu mudugudu wa Kabyaza umwe muri irindwi y’icyitegererezo yubatse i Nyabihu muri 2015-2016, bashima Leta yabagejeje ku byo batari kuzigezaho.
Akarere ka Ngororero katangiye gahunda yo guhuza abakora imyuga imwe mu muganda kugira ngo bizamure agaciro k’ibikorwa bikorerwa mu muganda.
Abatuye nabi mu Karere ka Nyamagabe bagiye gutuzwa mu midugudu y’ikitegererezo, bagezweho n’ibikorwaremezo, muri gahunda igamije kunoza imiturire.