Abahawe imirimo muri VUP bo mu Murenge wa Mukindo mu arere ka Gisagara, barakora baharanira kwiteza imbere babikesha amafaranga bakuramo.
Abatuye mu karere ka Gakenke barimo gukora imihanda barishimira ko imirimo bakora ibikabafasha kwiteza imbere.
Abatuye mu kagari ka Nyagahina, mu murenge wa Cyanika, muri Burera, binubira uburyo abiyamamariza ubuyobozi babasezeranya kubagezaho amashanyarazi ariko ntibabikore.
Urubyiruko rwo mu Murenge wa Musha mu Karere ka Gisagara, ruvuga ko ntawe ukishyingira atarageza imyaka kuko basigaye bafite imirmo ibinjiriza.
Imodoka Perezida yahaye abatuye Umurenge wa Bweyeye mu Karere ka Rusizi kugira ngo ibafashe mu kwiteza imbere yarapfuye ntigikora.
Kuva muri 2013 abaturage bavuga ko barenga 100 bambuwe na rwiyemezamirimo ubu bakaba babyukira ku murenge basaba kwishyurizwa.
Inararibonye mu gukurikirana imishinga mu bigo by’imari, n’abagore bahereye ku gishoro gitoya bavuga ko ari yo nzira y’iterambere ry’umugore.
Koperative y’abahinzi, IABM, ihinga mu gishanga cya Makera mu Karere ka Muhanga iravuga ko ihangayikishijwe n’amatungo ndetse n’abajura bayangiriza ibigori.
Inzego z’urubyiruko mu Karere ka Muhanga zivuga ko rukigorwa no gutegura imishinga iciriritse kugira ngo rubashe kwiteza imbere.
Bamwe mu rubyiruko ruhagarariye abandi mu karere ka Nyaruguru bavuga ko ibikorwa biteza imbere urubyiruko bidindizwa no kutagira ingengo y’imari.
Nubwo bamwe mu babumbyi bateye intambwe yo kubumba ibikoresho bifite agaciro, bavuga ko nta soko rihamye bafite.
Amwe mu makoperative Umurenge Sacco yo mu karere ka Rutsiro aranengwa kudahera igihe abakuze amafaranga y’ingoboka ya VUP bagenerwa.
Urubyiruko rwo mu mirenge itandukanye igize Akarere ka Gatsibo rurangije amashuri yisumbuye, rurakangurirwa kudatega amaso kuri Leta ahubwo rukihangira imirimo.
Abahabwa amafaranga y’ingoboka b’i Gishamvu mu Karere ka Huye biyemeje kwigomwa 70% buri kwezi none biyubakiye inzu y’ubucuruzi ibinjiriza ibihumbi 250 ku kwezi.
Imiyoborere myiza yatumye bamwe mu baturage mu Karere ka Nyamagabe basezera ubukene, bigishwa guhinga no korora kijyambere, bagezwaho n’ibikorwaremo.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda ivuga ko ubudozi ari urwego rugomba kwitabwaho kuko rukenerwa na benshi ari yo mpamvu hagiye kujyaho ishuri rizabwigisha.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo n’abafatanyabikorwa bakoze isuzuma ry’aho igihembwe gishize kigeze gishyirwa mu bikorwa, bunategura igihembwe gikurikiyeho cy’imihigo y’uyu mwaka.
Bamwe mu bagore baboha ibiseke mu Ntara y’Iburasirazuba ngo ntibabona isoko ryabyo nubwo bashishikarijwe kubiboha ngo biteze imbere.
Bamwe mu bize imyuga bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko imbere habo ari heza kuko batagitegereje ubatamika.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Gisozi buravuga ko umuhanda Gisozi-Jabana uzajyamo kaburimbo muri uyu mwaka uzabongerera iterambere.
Hakizimana Jean Damascene wo mu Murenge wa Rwimiyaga mu Karere ka Nyagatare avuga ko amaze kwiteza imbere abikesha kuvoma no kugurisha amazi.
Abagize amakoperative mu Ntara y’Iburengerazuba barasabwa gutangira umwaka wa 2016 birinda ingeso y’amacakubiri, kunyereza umutungo no kuwikubira.
Bamwe mu basigajwe inyuma n’amateka bo mu Murenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi bavuga ko batujwe batandukanye byabafasha gutera imbere.
Abacuruzi bakorera mu isoko rikuru rya Kibungo bacururizaga hanze y’isoko nyuma yo gushyirwa ahubakiye barashima ko bakize izuba n’imvura.
Abagore bo mu Ntara y’Uburasirazuba bavuga ko bagenda bagera ku iterambere nyuma y’aho bahinduriye imyumvire bagakora n’imirimo yafatwaga nk’iy’abagabo.
Umuryango w’abamugariye ku rugamba n’abandi bafite ubumuga (RECOPDO), usaba abanyamuryango n’inzego zose guharanira kwigenga kw’abafite ubumuga.
Abarema isoko rya Gakenke riherereye mu murenge wa Gakenke akarere ka Gakenke, barishimira ko barimo gukorerwa umuhanda kuko batazongera kunyerera.
Bamwe mu rubyiruko rukorera imbabura mu murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze, bahangayikishijwe no kwirukanwa aho bakorera badafite amerekezo.
Béatrice Mukasarambu, umupfakazi w’abana batatu, avuga ko yifuza uwamuha igishoro agashaka imibereho kuko yakeneshejwe no kuvuza umugabo we bikarangira anapfuye.
Umwaka wa 2015 urangiye habaye impinduka zijyanye n’ubukungu mu Rwanda, ariko impuguke zekemeza ko hari icyizere ko butazahungabana cyane.