Nteziyaremye Célestin wo mu Karere ka Musanze avuga ko inka yagabiwe igiye kongera kumusubiza ku mata yaherukaga akiri uruhinja.
Urubyiruko rwo mu karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru rurasabwa guhanga umurimo rukurikije ibibazo sosiyete nyarwanda ifite.
Bamwe mubitabira ibikorwa by’ubumenyi ngiro mu karere ka Rusizi baravuga ko byabateje imbere ugereranyije n’aho bari bari.
Mu karere ka Nyabihu abaturage bo mu murenge wa Rambura batashye ikiraro kinyura mu kirere kizoroshya ubuhahirane n’imigenderanire hagati yabo.
Banki nyafurika yunganira ubucuruzi (AFREXIMBANK) yemereye u Rwanda miliyoni 225 z’amadolari y’Amerika (arenga miliyari 180RWf) yo kubyaza nyiramugengeri amashanyarazi.
Bamwe mu bigiye imyuga muri gahunda ya NEP Kora Wigire bo muri Kamonyi, barashima ko yabahaye icyerekezo gituma batazigera Babura umurimo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero n’abafatanyabikorwa bako bagiye kubaka umudugudu w’icyitegererezo uzaba uhiga iyindi mu karere, uzatuzwamo abantu 100.
Nshunguyinka Annanie w’i Nyange muri Ngororero yahanze umuhanda wa miliyoni eshanu, uhuza utugari tubiri, agamije kugira igikorwa gifitiye akamaro abaturage asiga.
Hatangiye imirimo y’ibanze yo kubaka ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Bugesera kuburyo igice cya mbere kizuzura mu mpera za 2018.
Igihugu cy’u Rwanda na Congo byashyize umukono ku masezerano ya COMESA, akuraho amahoro ku bicuruzwa 168, kubacuruzi batarenza ibihumbi bibiri by’amadolari.
Banki yo muri Maroc yitwa Attijariwafa yashyize umukono ku masezerano yo kugura banki nyarwanda yitwa COGEBANQUE.
Abaturage bo mu murenge wa Mageragere muri Nyarugenge bibaza impamvu bagicana agatadowa kandi bamaze imyaka itatu baratanze amafaranga yo kwizanira amashanyarazi.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Rusizi ruvuga ko nubwo mu karere kabo hari amahirwe nta bushobozi rufite bwo kuyabyaza umusaruro.
Ambasadeli Arnout Pauwels uhagarariye Ububiligi mu Rwanda, yatangaje ko ntacyahagarika ubutwererane hagati y’ibihugu byombi.
Nyuma yo kurangiza kwishyura imodoka bari bamaranye imyaka itanu, abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge yose y’igihugu bagiye guhabwa imodoka nshya.
Ubuyobozi bw’umupaka wa Rusumo uhuza u Rwanda na Tanzaniya, buhamya ko kubaka One Stop Border Post byongereye urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu.
Urubyiruko rwiga imyuga rwakunze kubangamirwa no kubura igishoro cyo gutangira gushyira mu bikorwa ibyo rwize, mu gihe rushoje amasomo.
Abacururiza ahadasakaye mu isoko rya Rugarama mu karere ka Burera bavuga ko bahangayikishijwe n’igihombo baterwa no kunyagirwa ndetse no kwibwa.
Minisiteri y’Umurimo n’abakozi ba Leta (MIFOTRA), ivuga ko ibiganiro hagati y’abakozi n’abakoresha, aribwo buryo bwo kubona umusaruro mwiza mu kazi.
Leta y’u Rwanda igiye gushora miliyari 170RWf mu iyubakwa ry’imidugudu 30 y’icyitegererezo izakwizwa mu turere twose tw’igihugu.
Abaturage bo mu Murenge wa Mugano mu Karere ka Nyamagabe, barasaba kubakirwa isoko hafi y’aho batuye.
Ibigo by’imari iciriritse bya SACCO n’Ikigega cy’ingwate (BDF) ntibavuga rumwe ku itangwa ry’inguzanyo y’ibikoresho, ihabwa urubyiruko rwigishijwe imyuga ngo rwiteze imbere.
Nyirampeta Tarisisiya avuga ko n’ubwo ari umumotari, abangamiwe no kuba akora akazi ari uko yatiye moto yo gukoresha.
Abagize Koperative ”Nawe arashoboye” yo mu Murenge wa Remera Akarere ka Ngoma, bahangayikishijwe no kubura aho bagurisha uduseke baboha.
Abaturage bo mu Gashyushya mu Murenge wa Jali muri Gasabo bubakiwe isoko ahantu bari basanzwe bariremera ntibarigarukamo.
Semasaka Jean Marie Vianney utuye mu Murenge wa Remera Akarere ka Ngoma, avuga ko n’ubwo afite ubumuga bw’akaguru, bitamubujije gukora ngo yiteze imbere.
Abahejejwe inyuma n’amateka bo mu murenge wa Nyabitekeri, Akarere ka Nyamasheke barashima ko bahinduye ubuzima bivuye ku mazu bubakiwe, bakanorozwa.
Minisitiri w’intebe Anastase Murekezi aributsa abatuye akarere ka Gisagara, kuzafata neza imbuto y’imyumbati bahawe kuko ifatiye runini abanyarwanda.
Jeannette Kagame Madamu wa Perezida wa Repurika, yavuze ko ubufatanye bwiza mu iterambere, ari ubudaheza umugore n’umukobwa.
Bamwe mu batuye akarere ka Rusizi, bavuga ko babangamiwe n’amafaranga bavuga ko bacibwa n’ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB), batambutsa amatungo yabo muri Nyungwe.